• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Za Minisiteri na Polisi y’u Rwanda mu isuzuma rya za Isange One Stop Center mu gihugu.

Za Minisiteri na Polisi y’u Rwanda mu isuzuma rya za Isange One Stop Center mu gihugu.

Ubwanditsi 06 Jan 2016 Mu Mahanga

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, iy’Ubuzima ,iy’Ubutabera ndetse na Polisi y’u Rwanda bakoze ingendo mu bice byose by’igihugu zikaba zari zigamije kureba imikorere y’ibigo bya Isange One Stop Center muri gahunda yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Iyi kipe y’ubugenzuzi ikaba yatangiye ingendo zayo kuru uyu wa gatatu taliki 6 Mutarama 2016, aho izamara ibyumweru bibiri isura ibigo 16 bya Isange biherereye mu bitaro by’uturere dutandukanye.

Ibikorwa birwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana byatangiye mu ntangiriro z’umwaka ushize mu karere ka Nyagatare, aho ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zifite aho zihuriye n’iki kibazo batangaga serivisi zitandukanye harimo kuvura abahohotewe ku buntu, kubaha ubujyanama no kubunganira mu mategeko tutibagiwe no gukora ubukangurambaga burirwanya.

Nk’uko umuhuzabikorwa wa za Isange One Stop Center, Supt Shafiga Murebwayire abitangaza, iyi kipe y’ubugenzuzi izareba uruhare ibi bigo bigira ku mibereho y’ababituriye hanyuma igaragaze n’ingorane bihura nabyo mu mikorere yabyo ya buri munsi.

Yagize ati:”Ibi bizadufasha kugaragaza ibimaze kugerwaho n’ibi bigo, tugaragaza imbogamizi n’ibindi byose bibangamira ishyirwa mu bikorwa ry’intego na gahunda z’Isange One Stop Center, by’umwihariko tugafatira ingamba nshya igihe; muri rusange ikigenderewe ni uguha imbaraga nshya imikorere y’ibi bigo no gukosora ibyabangamiye ishyirwa mu bikorwa ry’intego zacu.”

Yavuze ko kandi hazagaragazwa ibikorwa by’ibi bigo n’inzego z’abagenerwabikorwa babyo, serivisi bitanga ndetse n’isomo rizavamo nabyo bizifashishwa mu gufata ibyemezo no gutegura ahazaza h’ibi bigo.
Mu Ntara y’Iburasirazuba, ibigo bya Isange biri mu turere twa Nyagatare, Ngoma, Rwamagana, Kayonza na Gatsibo; mu Majyepfo biri mu turere twa Huye, Nyamagabe, Kamonyi, Gisagara na Ruhango ; Iburengerazuba biri mu turere twa Rubavu, Ngororero, Nyabihu na Karongi mu gihe mu Majyaruguru biri muri Musanze na Rulindo.

Ikigo cya mbere cya Isange cyashinzwe muri Nyakanga 2009 ku bitaro bikuru bya Polisi ku Kacyiru ikaba yaratangiye ifasha abahohotewe mu buryo butandukanye ibaha ubujyanama, ubuvuzi ndetse n’ubwunganizi mu mategeko. Isange kandi ifasha abafashwe ku ngufu kubarinda kwanduzwa indwara n’ababahohoteye ndetse n’agakoko gatera Sida iyo bikorewe ku gihe.

RNP

2016-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside  yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Ikibazo cy’abana bo mu mihanda cyagarutsweho mu mwiherero i Gabiro

Ikibazo cy’abana bo mu mihanda cyagarutsweho mu mwiherero i Gabiro

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Intwali : Amashirakinyoma ku rupfu rwa General Fred Rwigema

Intwali : Amashirakinyoma ku rupfu rwa General Fred Rwigema

Ubwanditsi 29 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu bitanu wasigarana ku mukino APR FC yatsinzemo Rayon Sports
IMIKINO

Ibintu bitanu wasigarana ku mukino APR FC yatsinzemo Rayon Sports

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia
Mu Mahanga

Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri
Mu Rwanda

Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri

Ubwanditsi 05 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru