• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Bubiligi : Abanyarwanda n’abandi banyafurika bamaganye ubucakara bukorerwa Abanyafurika muri Libya

U Bubiligi : Abanyarwanda n’abandi banyafurika bamaganye ubucakara bukorerwa Abanyafurika muri Libya

Ubwanditsi 26 Nov 2017 POLITIKI

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 25 Ugushyingo 2017, Abanyarwanda baba mu gihugu cy’u Bubiligi bifatanyije n’abandi banyafurika bahaba ndetse n’inshuti z’abazungu mu myigaragambyo ikaze yo kwamagana ubucakara bukorerwa Abanyafurika muri Libya.

Ni imyigaragambyo yahuriyemo abantu benshi b’Abanyafurika bakomoka mu bihugu byose n’inshuti z’Abanyaburayi n’ahandi.

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Bubiligi dukesha Umunyarwanda, Rutayisire Boniface ubarizwa muri Diaspora Nyarwanda mu Bubiligi, avuga ko icyahwihwiswaga mbere y’uko iyi myigaragambyo iba, ari uko yashoboraga kuza kuvukamo imvururu kubera ibihe iki gihugu kirimo, ndetse ikaba ari imyigaragambyo yahuriyemo abantu bose harimo n’abasanzwe batavuga rumwe.

Icyaje kugaragara rero ngo n’uko wasangaga ahubwo buri munyafurika yiyumva nk’umuvandimwe w’undi, ahubwo ugasanga bose bafite ubukana bwo kwamagana ubucakara. Rutayisire aragira ati : « Buri wese icyo yavugaga ni uko yumvaga bidahagije ngo yerekane umuriro umuri mu mutima. »

Yakomeje agira ati : « Njye by’umwihariko muri iyi myigaragambyo nahavanye icyizere ko gushyira hamwe kw’Abanyafurika ndetse no kugirirana urukundo rwubaka ubumwe bw’Afurika n’Abanyafurika, igihe bahuje umugambi bishoboka.”

Ibi ngo bikaba bishimangirwa n’uko habaye gushaka gushotora ikivunge cy’abigaragambya ariko ukabona bose (kandi batari baziranye) bafatanye mu nda bagira bati : « Mugume hamwe mwe gutanga icyuho cy’abashotoranyi. »

Rutayisire Boniface

Biravugwa ko iyi myigaragambyo yaje kurangira neza ariko hakaba hari abapolisi benshi n’indege za kajugujugu hejuru ndetse n’ibimodoka birasa amazi mu rwego rwo gutatanya abantu. Bikomeza bivugwa ko ibintu byashatse kumera nabi ariko ubwenge, urukundo, ubumwe, n’ubwitonzi Abanyafurika bagaragaje byatumye birangira neza nta kibazo.

Boniface Rutayisire, Umunyarwanda ubarizwa muri Diaspora Nyarwanda mu Bubiligi
Bwana Rutayisire Boniface yaboneyeho gushimira Leta y’u Rwanda kuba yarafashe iya mbere ikiyemeza gutabara aba Banyafurika bagurishwa bucakara muri Libya ikabwira Abanyafurika ko ibumva ndetse igafata iya mbere mu gukemura icyo kibazo ikiyemeza kwakira abo Banyafurika bari mu kaga muri Libya.

Ati : « Kwihesha agaciro si ibigambo ahubwo ni ibikorwa buri wese yibonera. Uyu muco tuwukomereho kandi tuwuteze imbere. »

Yakomeje ashimira umukuru w’igihugu n’abamufasha bose agira ati : « Murakoze. Murakoze kuko mubereye imfura Abanyarwanda twese kandi mubereye imfura Afurika n’Isi yose n’ikiremwamuntu muri rusange. »Kuwa 22 Ugushyingo 2017 nibwo minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yagize ati : “Amateka y’u Rwanda yatumye Abanyarwanda benshi bamara imyaka myinshi batagira igihugu bita icyabo yatumye rwumva akababaro k’impunzi, abimukira n’abandi batagira ibihugu.”

Yongeyeho ko N’ubwo u Rwanda ari ruto, ruzabona aho rucumbikira bariya Banyafrica bagurishwa mu bucakara muri Libya.

2017-11-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora

USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora

Ubwanditsi 21 May 2018
Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Ubwanditsi 15 Jul 2025
RDC: Ijambo rya Perezida Kabila ryateje impagarara mu banyepolitiki

RDC: Ijambo rya Perezida Kabila ryateje impagarara mu banyepolitiki

Ubwanditsi 16 Nov 2016
Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Ubwanditsi 10 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akabajenosideri kashobotse J. Claude Seyoboka uregwa Jenoside nawe aragezwa mu Rwanda
ITOHOZA

Akabajenosideri kashobotse J. Claude Seyoboka uregwa Jenoside nawe aragezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Nov 2016
“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma
INKURU NYAMUKURU

“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

Ubwanditsi 12 Sep 2019
U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura
Amakuru

U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura

Ubwanditsi 18 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru