• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Ubwanditsi 15 Feb 2018 POLITIKI

Kuri iki gicamunsi  Hailemariam Desalegn wari Minisitiri w’intebe yatangaje ko yeguye ku mirimo ye no ku buyobozi bw’ishyaka EPRDF riri ku butegetsi. 

Yavuze ko nubwo yeguye akomeza kuba Minisitiri w’intebe kugeza asimbuwe mu nzira ya Demokarasi. Desaleign yeguye nyuma y’imyaka irindwi ari Minisitiri w’intebe

Amakuru aravuga ko uyu mugabo w’imyaka 53 yatanze ibaruwa y’ubwegure bwe uyu munsi ku ishyaka riri ku butegetsi yari anabereye umuyobozi. Nyuma yahise ajya kuri Televiziyo y’igihugu atangaza ibyo kwegura kwe.

Hailemariam yavuze ko abayobozi mu ishyaka rye bemeye ubwegure bwe. Ngo ibyo kugenda kwe bizanozwa neza mu inama y’ishyaka vuba.

Kwegura kwe avuga ko biri bworohereze impinduka ziri gukorwa muri Ethiopia. Asaba ko habaho guhererekanya ubutegetsi mu mahoro.

Hailemariam wahoze ari umwalimu muri kaminuza, kuva mu 2014 Guverinoma ye yugarijwe n’ibibazo bikomeye by’imyigaragambyo y’abatavuga rumwe na Leta.

Yavuze ko nubwo yeguye akomeza kuba Minisitiri w’intebe kugeza asimbuwe mu nzira ya Demokarasi asaba abaturage na cyane cyane urubyiruko gushishikarira amahoro n’iterambere by’igihugu.

Byari biteganyijwe ko azasimburwa ku buyobozi bw’ishyaka EPRDF mu mpeshyi y’uyu mwaka ariko ahise yegura mbere.

Yahise ajya kuri Televiziyo y'igihugu atangaza kwegura kwe

Yahise ajya kuri Televiziyo y’igihugu atangaza kwegura kwe

Hailemariam niwe Minisitiri w’intebe wa mbere wa Ethiopia weguye ku mirimo, kwegura kwe ariko ngo byari byitezwe n’ab’imbere mu ishyaka rye.

Uzamusimbura biteganyijwe ko azava mu ishyaka Peoples’ Democratic Organization (OPDO) ishyaka riyobora Leta ya Oromia, leta ituwe kurusha izindi muri Ethiopia.

Desalegn yari Minisitiri w’intebe wa Ethiopia kuva 2012 aho yasimbuye Meles Zenawi witabye Imana.

Ethiopia imaze imyaka ibiri yugarijwe cyane n’imyigaragambyo, imidugararo n’amakimbirane ashingiye ku moko. Abantu ibihumbi bahasize ubuzima abandi ibihumbi amagana bava mu byabo.

Ibi byatumye ishyaka riri ku butegetsi ryemera ko Leta ya Ethiopia yugarijwe no gutembazwa n’izi mvururu ziri imbere cyane muri rubanda.

Ibi bibazo biri guhungabanya ubukungu bwa Ethiopia bwari bumaze igihe buzamuka kandi bwifashe neza.

Inzobere muri Politiki zemeza ko amakimbirane ari imbere muri Ethiopia ashingiye ku miyoborere y’igihugu ishingiye kuri Leta n’amoko azituye.

 

2018-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Ubwanditsi 22 Nov 2024
Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Green Party : Habineza yemejwe nk’Umukandida  Perezida mu matora

Green Party : Habineza yemejwe nk’Umukandida Perezida mu matora

Ubwanditsi 19 Mar 2017
Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka

Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka

Ubwanditsi 28 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Waba ushaka kwigarurira umutima w’umukobwa mukundana ? Kora ibi bintu wirebere ukuntu akwimariramo wese
HIRYA NO HINO

Waba ushaka kwigarurira umutima w’umukobwa mukundana ? Kora ibi bintu wirebere ukuntu akwimariramo wese

Ubwanditsi 25 May 2017
Ubufaransa ntaho buzahungira uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

Ubufaransa ntaho buzahungira uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 30 Oct 2017
Papa  yasabye  imbabazi ku byaha abihayimana bakoreye mu gihugu cya  Chili
Mu Mahanga

Papa  yasabye  imbabazi ku byaha abihayimana bakoreye mu gihugu cya  Chili

Ubwanditsi 17 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru