• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»90% y’ ibikorwa remezo byo kubaka amastade azaberamo CHAN byararangiye

90% y’ ibikorwa remezo byo kubaka amastade azaberamo CHAN byararangiye

Ubwanditsi 09 Jan 2016 IMIKINO

Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne yatangaje ko CHAN 2016 ubu ibura iminsi umunani ngo itangire ngo imaze gutwara asaga Miliyari 15 650 000 yose yaturutse ku ngengo y’imari ya Leta.

-1702.jpg
Minisitiri Uwacu (hagati), umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’imiturire Sagashya (ibumoso) na Perezida w’akanama gategura CHAN 2016, Nzamwita (iburyo) ubwo batangazaga aho imyiteguro ya CHAN 2016 igeze

Imikino ya nyuma yo guhatanira igikombe cya Afurika gihuza amakipe y’ibihugu y’abakina imbere mu bihugu byabo ‘CHAN’, muri uyu mwaka rizabera mu Rwanda guhera tariki 16 Mutarama – 07 Gashyantare 2016.

Mu gihe habura igihe gito ngo iri rushanwa ritangire, abayobozi mu nzego zitandukanye zimaze igihe zitegura iri rushanwa zagiranye ikiganiro n’abanyamakuru zivuga aho imyiteguro igeze.

Sagashya Didie wari uhagarariye Ikigo cy’igihugu gishinzwe imyubakire “Rwanda Housing Authority”, ari nacyo cyari gishinzwe iyubakwa ry’ibikorwa remezo bizakoreshwa, yavuze ko kugeza ubu Leta y’u Rwanda imazegusohora asaga Miliyoni 18,02 z’Amadolari ya Amerika (asaga Miliyari 13,5 z’amafaranga y’u Rwanda) mu kubaka ibibuha by’imikino n’iby’imyitozo bizakira iyi mikino.

Sagashya yavuze kandi ko nubwo amaze kugenda ari menshi, ngo imibare ishobora kwiyongera kuko imirimo igikomeje.

Muri iki kiganiro n’abanyamakuru kandi, Minisitire Uwacu Julienne yasabye abafana ko ku munsi wo gufungura CHAN bazazinduka, kuko ngo imiryango izafungurwa Saa ine z’igitondo (10h00), hanyuma imiryango izafungwe Saa Saba (13h00).

Ibirori byo gufungura ngo bikazasusurutswa n’abahanzi batandukanye bo mu Rwanda, ndetse n’itorero ry’igihugu ‘URUKEREREZA’ ngo bizatangira ku isaha ya Saa Saba.
Abajijwe intego yahaye ikipe y’igihugu Amavubi izaba ihatana n’andi makipe 15 yaturutse hirya no hino ku mugabane wa Afurika, Minisitiri Uwacu yavuze ko yifuza ko bazagera kure hashoboka.

Yagize ati “CHAN ni irushanwa rihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo. Nta bihangange byadutera ubwoba birimo. Ikipe yacu tuyifitiye ikizere kandi twayisabye ko yahatana kugeza ku mukino wa nyuma.

Itwaye igikombe byaba ari byiza, ariko bitanakunze ntacyo kuko ababurana ari babiri umwe aba yigiza nkana. Gusa intego ni ukugera kure hashoboka.”

Ku rundi ruhande, Nzamwita Vincent Degaule, umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), akaba ari nawe uyoboye akanama k’imbere mu gihugu gategura CHAN, we yavuze ko ngo hari andi mafaranga asaga Miliyari ebyiri (2 000 000 000 frw) amaze gusohoka mu myiteguro itandukanye, nko kwakira amakipe, kuyacumbikira, kuyagaburira, kuyavana no kuyajyana ku bibuga by’imyitozo ndetse no ku mikino.

M.Fils

2016-01-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mukura VS yahawe uburenganzira bwo gukoresha Sitade ya Huye, Marines FC yujuje imikino 7 idatsinda

Mukura VS yahawe uburenganzira bwo gukoresha Sitade ya Huye, Marines FC yujuje imikino 7 idatsinda

Ubwanditsi 10 Nov 2022
Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Ubwanditsi 19 Apr 2023
Hakim Sahabo yatijwe ikipe ya K. Beerschot V.A. avuye muri Standard de Liège zose zo mu Bubiligi

Hakim Sahabo yatijwe ikipe ya K. Beerschot V.A. avuye muri Standard de Liège zose zo mu Bubiligi

Ubwanditsi 10 Jan 2025
Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure

Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure

Ubwanditsi 08 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi burashinja u Bubiligi kuba inyuma y’iyicwa ry’Intwari yabwo
INKURU NYAMUKURU

U Burundi burashinja u Bubiligi kuba inyuma y’iyicwa ry’Intwari yabwo

Ubwanditsi 14 Oct 2018
Uko Umwami Kigeli yameneshejwe nyuma yo kumanura ibendera ry’Ababiligi i Kinshasa , uko yahungiye i Nyamirambo kwa Rukeba n’uko yajyanywe  i Bujumbura kungufu
Mu Mahanga

Uko Umwami Kigeli yameneshejwe nyuma yo kumanura ibendera ry’Ababiligi i Kinshasa , uko yahungiye i Nyamirambo kwa Rukeba n’uko yajyanywe i Bujumbura kungufu

Ubwanditsi 18 Jan 2017
Ikinyoma cya Major Michel Mupende na Uganda ku urupfu rwa Gen.F. Rwigyema, Major Peter Bayingana na C.Bunyenyezi
INKURU NYAMUKURU

Ikinyoma cya Major Michel Mupende na Uganda ku urupfu rwa Gen.F. Rwigyema, Major Peter Bayingana na C.Bunyenyezi

Ubwanditsi 03 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru