• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Leta y’Amerika yababajwe n’uko Perezida Kagame agiye kuzongera kwiyamamaza

Leta y’Amerika yababajwe n’uko Perezida Kagame agiye kuzongera kwiyamamaza

Editorial 04 Jan 2016 POLITIKI

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Departement y’Amerika mu ijwi rya Bwana John Kirby, Leta y’Amerika ivuga ko yatabwe mu nama bitavugwa n’ibyatangajwe na Perezida Kagame ko agiye kwiyamamaza ubwa gatatu ngo akomeze ayobore u Rwanda.

Leta y’Amerika isanga ngo Perezida Kagame afata kiriya cyemezo yarirengagije amahirwe amateka yari amuhaye yo guteza imbere no gutsimbataza inzego za demokarasi abaturage b’abanyarwanda barwaniye gushyiraho mu myaka 20 irenga.

Leta y’Amerika ngo yemera ko gusimburana ku butegetsi biciye mu itegeko nshinga ari ngombwa kugira ngo habeho demokarasi ikomeye kandi ingufu zikoreshwa mu guhindura amategeko kugira ngo habeho kuguma ku butegetsi zica intege inzego za demokarasi.

Leta y’Amerika ihangayikishijwe n’amahinduka yakozwe kubera umuntu umwe hakirengagizwa amahame ya demokarasi yo gusimburana ku buyobozi.

Leta y’Amerika ngo mu gihe u Rwanda rurimo rwerekeza mu matora y’inzego z’ibanze muri uyu mwaka wa 2016, aya Perezida wa Repubulika mu 2017, n’ay’abashingamateka mu 2018, irasaba Leta y’u Rwanda ko yakubahiriza uburenganzira bw’abaturage b’u Rwanda bwo kuvuga ibyo batekereza n’ubwo kwishyirahamwe mu mahoro, ibi bikaba ari inkingi mwamba za demokarasi nyayo.

Itangazo risoza rivuga ko Leta y’Amerika itazatezuka gutera inkunga abaturage b’u Rwanda mu kwitabira mu bwisanzure amatora azabaho mu minsi itaha.

Ibi Leta y’Amerika irabivuga mu gihe Perezida Kagame we mu ijambo risoza umwaka yagejeje kubanyarwanda mu mijoro ry’itariki 31-1/01/2016, yagize ati “ Mwansabye kuzakomeza kuyobora igihugu nyuma ya 2017, nkurikije uburemere bwabyo n’imyumvikanire mwabihaye nta kuntu ntabyemera ubwo hasigaye inzira zisanzwe bigomba kunyuramo igihe nikigera.”

Yakomeje agira ati “ Ariko ndibwira ko icyo tugamije atari ugushaka umuyobozi w’igihugu uzakomeza ubuziraherezo kandi nanjye siko mbyifuza. Bitari kera cyane, inshingano z’umwanya wa Perezida zizagera ubwo zahererekanywa ku buryo bizagira akamaro n’impamvu birenze kuba urugero byaba ari kuri twebwe twese cyangwa no ku bandi.”

-1618.jpg

Perezida Barack Obama

Ibi rero bya Leta y’amerika bishobora gufatwa nko kwivanga muri Politiki y’u Rwanda no kuvangira abaturage bakomeje kugaragaza uguhitamo kwabo kw’ejo hazaza.

Umwanditsi wacu

2016-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Editorial 21 Jan 2025
Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo

Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo

Editorial 06 Dec 2016
Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Editorial 08 Mar 2024
Rwanda -Uganda :  Ibidasanzwe Perezida Kagame yagezeho mu miyoborere ye  [ Igice 5 ]

Rwanda -Uganda : Ibidasanzwe Perezida Kagame yagezeho mu miyoborere ye [ Igice 5 ]

Editorial 23 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyaranze itariki ya 28 Mata 1994, ubwo jenoside yakorerwaga Abatutsi yari ikomeje
Mu Rwanda

Ibyaranze itariki ya 28 Mata 1994, ubwo jenoside yakorerwaga Abatutsi yari ikomeje

Editorial 28 Apr 2018
“Clarisse Kayisire wiyise Ariane Mukundente, aho gufasha abe kwivana mu bukene n’ibindi bibazo batewe na Jenoside, atanga akayabo mu gushyigikira abajenosideri.” – Umusomyi wa Rushyashya
Amakuru

“Clarisse Kayisire wiyise Ariane Mukundente, aho gufasha abe kwivana mu bukene n’ibindi bibazo batewe na Jenoside, atanga akayabo mu gushyigikira abajenosideri.” – Umusomyi wa Rushyashya

Editorial 06 Jun 2021
Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata
IMIKINO

Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata

Editorial 01 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru