• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba

Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba

Ubwanditsi 05 Jan 2016 Mu Mahanga

Komisiyo y’igihugu y’amatora iratangaza ko Abanyarwanda bose bafite imyka y’ubukure bifuza kuyobora Uturere 30 tw’igihugu batangira gutanga ibyangombwa basaba kwiyamamaza guhera kuri uyu wa kabiri tariki 05 Mutarama 2016. Ubu Uturere tuyobowe n’abayobozi b’inzibacyuho.

Komisiyo y’igihugu y’amatora iratangaza ko Abanyarwanda bose bafite imyka y’ubukure bifuza kuyobora Uturere 30 tw’igihugu batangira gutanga ibyangombwa basaba kwiyamamaza guhera kuri uyu wa kabiri tariki 05 Mutarama 2016. Ubu Uturere tuyobowe n’abayobozi b’inzibacyuho.

Komisiyo y’igihugu y’Amatora iratangaza ko aya matora y’inzego z’ibanze, guhera ku rwego rw’umudugudu kugera ku karere n’umujyi wa Kigali azamara amezi agera kuri abiri.

Charles Munyaneza, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’amatora yavugiye kuri Televiziyo y’u Rwanda ko batangiye kuyategura akaba ageze kure.

Amatora ya mbere akazaba tariki 08 Gashyantare 2016, Amatora ya Komite Nyobozi z’Imidugudu n’abahagarariye Imidugudu mu Nama Njyanama z’Utugari; kuri uwo munsi kandi hazatorwa Abajyanama b’Abagore bangana na 30% by’abagomba kugira Inama Njyanama z’Utugari; Hatorwe Komite Nyobozi z’Inama y’Igihugu y’Abagore ku Midugudu n’Utugari; Hatorwe Komite Nyobozi z’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko ku Tugari; Hatorwe kandi Komite Nyobozi y’Inama y’Igihugu y’Abafite ubumuga ku Tugari.

Munyanzeza ati “Ayo matora azaba areba abaturage bose muri rusange bagejeje imyaka 18,…bari kuri Lisiti y’itora, ni ya matora akorwa abaturage bajya inyuma y’uwo bihitiyemo,…Amatora ni uburyo abaturage banyuramo bihitiramo ababayobora, n’uburyo bayoborwa, ni uburyo bwo guhitamo, akaba inzira ituma igihugu kigera ku miyoborere myiza na Demokarasi.”

Uyu munyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’amatora agasaba abaturage guha agaciro aya matora, kuko abayobozi bazatorwa bafite ibintu byinshi bazakora biganisha igihugu mu majyambere, imiyoborere myiza na Demokarasi.

Ati “Bazayitabire batore, kandi bazatore abayobozi bafite cyangwa bazafasha mu cyerekezo igihugu kirimo, kugira ngo dukomeze iterambere.”

Avuga ku kwakira ubusabe bw’abifuza gutorerwa kuyobora Uturere mu matora mu matora azaba ku itariki 22 Gashyantare, Charles Munyanzeza yavuze ko bizakorwa hagati y’itariki 05-15 Mutarama 2016, Abakandida bakazajya bakirwa n’abakozi ba Komisiyo y’igihugu y’amatora ku Karere.

Itegeko kuri aya matora y’abayobora Uturere riteganya ko batorwa n’abaturage binyuze mu matora ahera ku rwego rw’utugari, kandi utorerwa kuyobora mu Karere runaka agomba kuba agakomokamo.

-1630.jpg

Cherles Munyaneaza Umunyamabanga nshingwa bikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora

Kubera imyiteguro y’aya matora y’inzego z’ibanze, mu rwego rw’inzibacyuho ubu uturere turayoborwa n’abayobozi twari dusanganywe.

Kangwagye wayoboraga Rulindo na Karekezi wayoboraga Gisagara, nibo ba ‘mayor’ bonyine batowe mu 2006 basoje Manda zabo ebyiri, abandi bareguye, bamwe barafungwa, abandi ntibongera kugirirwa icyizere n’abaturage kuri Manda ya kabiri.

RUSHYASHYA

2016-01-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

Ubwanditsi 04 Feb 2025
Ibibazo by’Uburezi mu Rwanda

Ibibazo by’Uburezi mu Rwanda

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Ubwanditsi 06 Jul 2019
Ubutabera mpuzamahanga bwateye utwatsi ubusabe bw’abunganizi ba Kabuga Felisiyani basabaga ko urubanza rw’umukiliya wabo rukurwaho kuko ngo nta mbaraga agifite zo kuburana.

Ubutabera mpuzamahanga bwateye utwatsi ubusabe bw’abunganizi ba Kabuga Felisiyani basabaga ko urubanza rw’umukiliya wabo rukurwaho kuko ngo nta mbaraga agifite zo kuburana.

Ubwanditsi 02 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023 ishinja FERWAFA imitegurire idahwitse
Amakuru

Rayon Sports yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023 ishinja FERWAFA imitegurire idahwitse

Ubwanditsi 08 Mar 2023
Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims
Amakuru

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Ubwanditsi 26 Mar 2025
Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana
Mu Mahanga

Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Ubwanditsi 04 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru