• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Tunisie ibaye ikipe ya gatatu isezerewe nyuma ya Cameroni n’u Rwanda

Tunisie ibaye ikipe ya gatatu isezerewe nyuma ya Cameroni n’u Rwanda

Editorial 31 Jan 2016 IMIKINO

Les Aigles du Mali, ikipe y’igihugu ya Mali ibonye tike ya ½ nyuma yo gusezerera Tunisia ku bitego 2-1 mu mukino wa ¼ wa CHAN wabereye kuri stade Regionale i Nyamirambo kuri iki Cyumweru.
-1965.jpg

Abarabu bafite igikombe cy’iri rushanwa cyo mu 2011 begukanye ubwo bitabiraga iri rushanwa ku nshuro imwe rukumbi bariherukagamo, babonye igitego cya mbere ku munota wa 14 w’umukino gitsinzswe na Mohamed Ali Monser ku mupira yahawe na Mohamed Amine Ben Amor.

Mu gice cya kabiri Mali yokeje igitutu Tunisia, ibona uburyo butandukanye bwo kwishyura igitego ariko amahirwe Koita wa Mali yabonye imbere y’izamu rya Tunisia ubugira kabiri, ananirwa kuyabyza umusaruro.

Mali yakomeje kwiharira iminota 20 ibanze y’igice cya kabiri, ikoresheje impande zayo zari ziyobowe na N’Guessan Kouame, Abdoulaye Diarra ndetse na Mamadou Coulibary na Sekou Koita bashakaga ibitego ku ruhande rwa Les Aigles du Mali.
Ku munota wa 69, ku mupira wahinduwe na Mamadou Coulibary mu rubuga rw’amahina rwa Tunisia, Zied Boughattas yawukoze maze Mali ibone penaliti yinjijwe neza na Aliou Dieng, banganya igitego 1-1.

Abdoulaye Diarra yashoboraga kubonera Mali igitego cya kabiri ku munota wa 74, ariko ishoti yateye irica hejuru y’izamu rya Rami Jerdi, umuzamu wa Tunisia mu gihe kurundi ruhand Essifi Hichemna we yananiwe kubyaza umusaruro uburyo Tunisia yaboonye imbere y’izamu rya Djigui Diarra.

Abdoulaye Diarra yaje kwikosora ku nshuro yakuriye ubwo ku munota wa 81 w’umukino ku mupira wari uvuye kuri Mamadou Coulibary yateye ishoti ryoroheje maze Rami Jeridi ananirwa kuruhagarika, umupira ujya mu ncundura, Mali iyobora umukino n’ibitego 2-1.

Tunisia yakinnye ishaka kwishyura, yaranzwe no gukora amakosa menshi ndetse byari kuyiviramo gutsindwa igitego cya gatatu ku munota wa 82 ariko Jeridi akuramo n’ibpfunsi umupira wari utewe na Sekou Koita kuri coup-franc.

Tunisia yongeye kurokorwa na Jeridi ku munota wa 87 kuri coup-franc yatewe na Lassana Samake ariko kubw’amahirwe uyu munyezamu akozaho ikirenge, umupira ugana muri koruneli.

Ku guhererekanya kwiza hagati ya Akaichi na Essifi, Tunisia yashoboraga kwishyura mu minota y’inyongera, ariko umupira wa Ben Amor ufatwa neza na Djigui Diarra, Tunisia isezererwa itageze muri 1/2.

Uyu mukino, ugiye gukurikirwa n’uhuza Guinea na Zambia kuri stade Umuganda mu karere ka Rubavu, saa

ubu zikaba zigeze kuma penariti turabangezaho ikitsinze mukanya.

M.Fils

2016-01-31
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – APR FC yasuye abarwayi barwariye mu bitaro bya CHUK ibategurira amafunguro

Amafoto – APR FC yasuye abarwayi barwariye mu bitaro bya CHUK ibategurira amafunguro

Editorial 23 Jun 2023
Mutsinzi Ange Jimmy yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Clube Desportivo Trofense yo mu cyiciro cya Kabiri mu gihugu cya Portugal, aboneraho gushimira ubuyobozi bwa APR FC

Mutsinzi Ange Jimmy yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Clube Desportivo Trofense yo mu cyiciro cya Kabiri mu gihugu cya Portugal, aboneraho gushimira ubuyobozi bwa APR FC

Editorial 24 Aug 2021
Amafoto – APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2023/2024 habura imikino 3 ngo irangire, kiba icya 5 itwaye yikurikiranya

Amafoto – APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2023/2024 habura imikino 3 ngo irangire, kiba icya 5 itwaye yikurikiranya

Editorial 20 Apr 2024
CECAFA WOMEN2018: Mukeshimana Jeannette yafashije u Rwanda gukura inota kuri Uganda-AMAFOTO

CECAFA WOMEN2018: Mukeshimana Jeannette yafashije u Rwanda gukura inota kuri Uganda-AMAFOTO

Editorial 26 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye  Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa
INKURU NYAMUKURU

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Editorial 20 Jun 2018
Zambia: Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye Inama ya COMESA iheruka kwamburwa u Burundi
HIRYA NO HINO

Zambia: Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye Inama ya COMESA iheruka kwamburwa u Burundi

Editorial 18 Jul 2018
Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi
Amakuru

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Editorial 19 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru