• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Tunisie ibaye ikipe ya gatatu isezerewe nyuma ya Cameroni n’u Rwanda

Tunisie ibaye ikipe ya gatatu isezerewe nyuma ya Cameroni n’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Jan 2016 IMIKINO

Les Aigles du Mali, ikipe y’igihugu ya Mali ibonye tike ya ½ nyuma yo gusezerera Tunisia ku bitego 2-1 mu mukino wa ¼ wa CHAN wabereye kuri stade Regionale i Nyamirambo kuri iki Cyumweru.
-1965.jpg

Abarabu bafite igikombe cy’iri rushanwa cyo mu 2011 begukanye ubwo bitabiraga iri rushanwa ku nshuro imwe rukumbi bariherukagamo, babonye igitego cya mbere ku munota wa 14 w’umukino gitsinzswe na Mohamed Ali Monser ku mupira yahawe na Mohamed Amine Ben Amor.

Mu gice cya kabiri Mali yokeje igitutu Tunisia, ibona uburyo butandukanye bwo kwishyura igitego ariko amahirwe Koita wa Mali yabonye imbere y’izamu rya Tunisia ubugira kabiri, ananirwa kuyabyza umusaruro.

Mali yakomeje kwiharira iminota 20 ibanze y’igice cya kabiri, ikoresheje impande zayo zari ziyobowe na N’Guessan Kouame, Abdoulaye Diarra ndetse na Mamadou Coulibary na Sekou Koita bashakaga ibitego ku ruhande rwa Les Aigles du Mali.
Ku munota wa 69, ku mupira wahinduwe na Mamadou Coulibary mu rubuga rw’amahina rwa Tunisia, Zied Boughattas yawukoze maze Mali ibone penaliti yinjijwe neza na Aliou Dieng, banganya igitego 1-1.

Abdoulaye Diarra yashoboraga kubonera Mali igitego cya kabiri ku munota wa 74, ariko ishoti yateye irica hejuru y’izamu rya Rami Jerdi, umuzamu wa Tunisia mu gihe kurundi ruhand Essifi Hichemna we yananiwe kubyaza umusaruro uburyo Tunisia yaboonye imbere y’izamu rya Djigui Diarra.

Abdoulaye Diarra yaje kwikosora ku nshuro yakuriye ubwo ku munota wa 81 w’umukino ku mupira wari uvuye kuri Mamadou Coulibary yateye ishoti ryoroheje maze Rami Jeridi ananirwa kuruhagarika, umupira ujya mu ncundura, Mali iyobora umukino n’ibitego 2-1.

Tunisia yakinnye ishaka kwishyura, yaranzwe no gukora amakosa menshi ndetse byari kuyiviramo gutsindwa igitego cya gatatu ku munota wa 82 ariko Jeridi akuramo n’ibpfunsi umupira wari utewe na Sekou Koita kuri coup-franc.

Tunisia yongeye kurokorwa na Jeridi ku munota wa 87 kuri coup-franc yatewe na Lassana Samake ariko kubw’amahirwe uyu munyezamu akozaho ikirenge, umupira ugana muri koruneli.

Ku guhererekanya kwiza hagati ya Akaichi na Essifi, Tunisia yashoboraga kwishyura mu minota y’inyongera, ariko umupira wa Ben Amor ufatwa neza na Djigui Diarra, Tunisia isezererwa itageze muri 1/2.

Uyu mukino, ugiye gukurikirwa n’uhuza Guinea na Zambia kuri stade Umuganda mu karere ka Rubavu, saa

ubu zikaba zigeze kuma penariti turabangezaho ikitsinze mukanya.

M.Fils

2016-01-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu  rizwi nka Rwandan Epic

Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic

Ubwanditsi 30 Nov 2025
Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Ubwanditsi 29 Sep 2021
Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer  Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 28 Jul 2024
Kiyovu na Rayon Sports mu makipe yitwaye neza, APR FC na Police FC babuze amanota 3 y’u munsi wa 6 wa Shampiyona y’u Rwanda

Kiyovu na Rayon Sports mu makipe yitwaye neza, APR FC na Police FC babuze amanota 3 y’u munsi wa 6 wa Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine
INKURU NYAMUKURU

Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine

Ubwanditsi 17 Aug 2018
Ndayishimiye yisamye yasandaye?
Amakuru

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ubwanditsi 03 Mar 2025
Umwongerezakazi Uwamahoro Violette yafatiwe mu Rwanda akekwaho ubugizi bwa nabi
ITOHOZA

Umwongerezakazi Uwamahoro Violette yafatiwe mu Rwanda akekwaho ubugizi bwa nabi

Ubwanditsi 03 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru