• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2016: RD Congo irakina Guinea muri kimwe cya 2,byinshi utari Uzi kuri uyu mukino

CHAN 2016: RD Congo irakina Guinea muri kimwe cya 2,byinshi utari Uzi kuri uyu mukino

Editorial 03 Feb 2016 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Kongo Kinshasa iracakirana n’iya Guinea mu mukino wa kimwe cya kabiri mu irushanwa nyafurika rihuza abakinnyi abakina imbere mu bihugu byabo CHAN ikomeje kubera mu Rwanda mu mukino byitezwe ko uza kuba ukomeye cyane.

-1994.jpg

Les Leopards, ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Kongo Kinshasa yageze muri ½ isezereye u Rwanda rwakiriye irushanwa nyuma yo kurutsinda ibitego 2-1 mu gihe Guinea yo yasezereye Zambia kuri penaliti 5-4 nyuma yo gukina umukino ukarangira ari ubusa ku busa.

Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ni imwe mu zihabwa amahirwe yo gutwara CHAN 2016 nyuma yo gusezerera u Rwanda rwakiniraga iwarwo ndetse no kwitwara neza mu mikino y’amatsinda.

-1995.jpg

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ntiyigeze isiba muri CHAN na rimwe , ikba ari yo yatwaye CHAN bwa mbere mu mwa wa 2009 ubwo yakinirwga muri Cote d’Ivoire mu mwaka wa 2009 ndetse iviramo muir ¼ mu mwaka wa 2011 n’uwa 2014.

Ku rundi ruhande, ni ubwa mbere Guinea yitabiriye CHAN ndetse ikaba yarahise ibasha kugera muri ½. Iyi kipe ikaba yaraciye mu nzira ikomeye kuko yabashije gutsinda ikanasezerera Nigeria yaje muri CHAN 2016 ihabwa amahirwe menshi yo kuyitwara.

Umutoza w’ikipe ya Guinea Mohammed Kanfory Bangoura, yatangaje ko nta wigeze aha ikipe ye amahirwe yo kugera kure nyamara ngo batunguye benshi babasha kugera muri ½ ndetse yongeraho ko biyemeje gutsinda Kongo bakagera ku mukino wa nyuma.

Yagize ati “ Nabwiye abakinnyi banjye ko badakwiye gukomeza kwishimira iby twagezeho kuko dufite undi mukino w’ishiraniro (na RDC) ihagaze neza cyane. Ndizera ko tuzabaha akazi gakomeye cyane- aho bigeze turashaka kugera ku mukino wa nyuma’’.

Mohammed Bangoura utoza Guinea ari kumwe n’umunyezamu Abdul Aziz Keita wakuyemo penaliti 2 akanatsinda iyahesheje Guinea itike ya 1/2
Uyu mutoza kandi yavuze ko abakinnyi b’ikipe ye batakinnye ku mukino wa Zambiya bari bukine ku wa Kongo ngo kuko bameze neza.

Nta kibazo cy’imvune cyangwa ikindi kivugwa muri iyi kipe y’igihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika.

Umutoza w’Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Florent Ibenge avuga ko nyuma yo gutsinda u Rwanda, yizeye ko gutwara igikombe bishoboka.

Ibenge yavuze ko azi ko umukino wa Guinea uba ukomeye gusa akavuga ko kuba baratsinze u Rwanda nyuma y’aho rwari rwarabatsinze kabiri rwikurikiranya, bibaha icyizere cyo gutsinda Guinea bakagera ku mukino wa nyuma ndetse bakaba banatwara igikombe,

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo irakina umukino wa ½ idafite Heritier Luvumbu umwe mu bakinnyi bagoye cyane Amavubi akaba yaranafashije ikipe y’igihugu cye cyane mu mikino yo mu matsinda.

-1996.jpg

Luvumbu (nomero 8) yari afatiye runini RD Congo ndetse yari ku ruhembe rw’abayifashije gusezerera u Rwanda

Florent Ibenge yavuze ko ari igihombo gikomeye gukina badafite Heritier Luvumbu gusa avuga ko bafite abandi bakinnyi bashoboye kandi bageze ku rwego rwo hejuru dore ko abenshi bakinira Vita Club yageze kure muri CAF Confederations Cup ndetse abandi bakaba baratwaranye na TP Mazembe igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere wayo muri Afurika.

Guinea irakina na Kongo Kinshasa kuri uyu wa gatatu, tariki ya 3 Gashyantare 2016, guhera ku isaha y’I saa kumi kuri Stade Amahoro.

Cote d’Ivoire yo izakina kuri uyu wa kane na Mali mu wundi mukino wa ½ cya CHAN.

M.Fils

2016-02-03
Editorial

IZINDI NKURU

Yvan Buravan yaraye yerekanye Indirimbo shya Malaika

Yvan Buravan yaraye yerekanye Indirimbo shya Malaika

Editorial 09 Jul 2016
Rukundo Abdoul Rahman wakiniraga Amagaju FC yerekeje muri  Rayon Sports ku masezerano y’imyaka 2

Rukundo Abdoul Rahman wakiniraga Amagaju FC yerekeje muri Rayon Sports ku masezerano y’imyaka 2

Editorial 29 Jun 2024
Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Editorial 19 Apr 2021
U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano

U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano

Editorial 25 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora
ITOHOZA

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Editorial 01 Feb 2019
I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022
Amakuru

I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022

Editorial 25 Jul 2022
Umubikira w’i Kabgayi na mugenzi we w’i Janja biciwe muri Yemen
ITOHOZA

Umubikira w’i Kabgayi na mugenzi we w’i Janja biciwe muri Yemen

Editorial 06 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru