• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»RHA irisegura kubo itarishyura muri Ndera

RHA irisegura kubo itarishyura muri Ndera

Editorial 13 Feb 2016 Mu Mahanga

Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imiturire (RHA) kirisegura ku baturage bo mu murenge wa Ndera cyabariye ariko bakaba batarishyurwa ngo bimuke.

Mu kiganiro ubuyobozi bw’icyo kigo bwagiranye n’abanyamakuru uyu munsi umuyobozi mukuru wa RHA, Eng. Didier Sagashya, yavuze yuko abo baturage ba Ndera batinze kwishyurwa ku mpamvu zidaturutse ku bushake buke ngo ahubwo byatewe n’uko amafaranga yo kubishyura ataraboneka !

Abo baturage babariwe imitungo yabo na RHA bakaba bari kuba barishyuwe ni abo mu kagari ka Kibenga, umudugudu wa Runyonza. Sagashya akavuga yuko amafaranga yagombaga kwishyurwa yabaye menshi kurusha ayari ateganijwe.

Ngo ibi bikaba ahanini byaratewe n’imyiteguro y’igikombe cya CHAN aho amafaranga yari mu ngengo y’imari y’icyo kigo yakoreshejwe kuvugurura ibibuga by’umupira bituma amafaranga miliyari ebyiri zari zikenewe kwishyura abaturage ba Ndera na Busanza aburiraramo. Ngo ivugururwa rya za stade ryatwaye amafaranga miliyari 14, amwe muri ayo mafaranga ngo akaba akishyurwa.

Muri Busanza na Radari abaturage ntabwo bemerewe kubaka kuko hagomba kwagurirwa ikibuga cy’indege nabo bakaba binuba bavuga yuko bakwishyurwa cyangwa bakarekwa bakikomereza ibikorwa byabo, harimo no kubaka cyangwa kuvugurura amazu yabo. Sagatwa akavuga yuko abaturage basobanuriwe bihagije yuko aho hantu hagomba kuzagurirwa ikibuga cy’indege, kubareka rero ngo bakomeze kubaka byazateza ikibazo gikomeye mu kubishyura.

Abo baturage ba Ndera babariwe, bakabwirwa yuko bagomba kwimuka ariko ntibishyurwe, bavuga yuko RHA yabatwaye ibyangombwa by’ubutaka bwabo ubu bakaba nta kintu bashobora gukora nko kuba bakoresha ubwo butaka gusaba inguzanyo muri za banki. Bakanavuga kandi yuko ibi byabateje igihombo gikomeye ngo kuko nta muntu ushobora kuza gupanga mu mazu bazi yuko azasenywa, ngo n’abari bayapanzemo bakaba barayavuyemo !

Sagashya akavuga yuko amafaranga yo kwishyura abo baturage ba Ndera azashyirwa mu ngengo y’imari itaha ngo ariko bitarenze ukwezi gutaha abo baturage bazaba baramenyeshejwe uko ibintu bihagaze, niba bazishyurwa cyangwa batazishyurwa. Ngo biramutse bibaye yuko batazishyurwa abo baturage bagasubirana uburenganzira ku butaka bwabo.

Sagashya avuga yuko aho hantu RHA ishaka kwimura abantu muri ako gace ka Ndera hateganyijwe kubakwa amazu 4000. Nubwo hari abo batarishyurwa ariko ababariwe mbere barangije kwishyurwa barimuka, aho bari batuye hasigara ari amatongo. Abaturage muri ako gace ka Ndera bakavuga yuko aho hantu abantu bimutse ubu habaye indiri y’amabandi, arimo babandi batemaguye abantu mu ijoro ry’umunsi w’intwari.

-2054.jpg

Umuyobozi Mukuru wa RHA, Eng. Didier Sagashya

Kuri icyo kibazo cy’ayo mabandi umuyobozi wa Rwanda Housing Authority akavuga yuko nibasanga kubaka aho hantu bitashoboka vuba ikigo ayoboye kizaba kihatije abantu bikoreremo ibikorwa byabo, hareke kuba amatongo acumbikira amabandi !

Ibisobanuro ariko uko byamera kose abo baturage bakabaye barishyuwe bakaba batarishyurwa barababaye cyane, kandi n’ubwo bananyurwa n’ibyo bisobanuro bitangwa ariko ntabwo bishobora kubavura akababaro bafite katewe n’igihombo icyo gikorwa cyo kubarirwa ngo bagende cyabashoyemo.

Kayumba Casmiry

2016-02-13
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Editorial 28 Oct 2016
Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Editorial 27 Oct 2017
Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Editorial 04 Feb 2022
Twitege iki kuri guverinoma nshya ya Perezida Tshisekedi yuzuyemo abanyabyaha ruharwa?

Twitege iki kuri guverinoma nshya ya Perezida Tshisekedi yuzuyemo abanyabyaha ruharwa?

Editorial 24 Mar 2023
Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Editorial 28 Oct 2016
Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Editorial 27 Oct 2017
Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Editorial 04 Feb 2022
Twitege iki kuri guverinoma nshya ya Perezida Tshisekedi yuzuyemo abanyabyaha ruharwa?

Twitege iki kuri guverinoma nshya ya Perezida Tshisekedi yuzuyemo abanyabyaha ruharwa?

Editorial 24 Mar 2023
Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Editorial 28 Oct 2016
Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Editorial 27 Oct 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru