• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»RHA irisegura kubo itarishyura muri Ndera

RHA irisegura kubo itarishyura muri Ndera

Ubwanditsi 13 Feb 2016 Mu Mahanga

Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imiturire (RHA) kirisegura ku baturage bo mu murenge wa Ndera cyabariye ariko bakaba batarishyurwa ngo bimuke.

Mu kiganiro ubuyobozi bw’icyo kigo bwagiranye n’abanyamakuru uyu munsi umuyobozi mukuru wa RHA, Eng. Didier Sagashya, yavuze yuko abo baturage ba Ndera batinze kwishyurwa ku mpamvu zidaturutse ku bushake buke ngo ahubwo byatewe n’uko amafaranga yo kubishyura ataraboneka !

Abo baturage babariwe imitungo yabo na RHA bakaba bari kuba barishyuwe ni abo mu kagari ka Kibenga, umudugudu wa Runyonza. Sagashya akavuga yuko amafaranga yagombaga kwishyurwa yabaye menshi kurusha ayari ateganijwe.

Ngo ibi bikaba ahanini byaratewe n’imyiteguro y’igikombe cya CHAN aho amafaranga yari mu ngengo y’imari y’icyo kigo yakoreshejwe kuvugurura ibibuga by’umupira bituma amafaranga miliyari ebyiri zari zikenewe kwishyura abaturage ba Ndera na Busanza aburiraramo. Ngo ivugururwa rya za stade ryatwaye amafaranga miliyari 14, amwe muri ayo mafaranga ngo akaba akishyurwa.

Muri Busanza na Radari abaturage ntabwo bemerewe kubaka kuko hagomba kwagurirwa ikibuga cy’indege nabo bakaba binuba bavuga yuko bakwishyurwa cyangwa bakarekwa bakikomereza ibikorwa byabo, harimo no kubaka cyangwa kuvugurura amazu yabo. Sagatwa akavuga yuko abaturage basobanuriwe bihagije yuko aho hantu hagomba kuzagurirwa ikibuga cy’indege, kubareka rero ngo bakomeze kubaka byazateza ikibazo gikomeye mu kubishyura.

Abo baturage ba Ndera babariwe, bakabwirwa yuko bagomba kwimuka ariko ntibishyurwe, bavuga yuko RHA yabatwaye ibyangombwa by’ubutaka bwabo ubu bakaba nta kintu bashobora gukora nko kuba bakoresha ubwo butaka gusaba inguzanyo muri za banki. Bakanavuga kandi yuko ibi byabateje igihombo gikomeye ngo kuko nta muntu ushobora kuza gupanga mu mazu bazi yuko azasenywa, ngo n’abari bayapanzemo bakaba barayavuyemo !

Sagashya akavuga yuko amafaranga yo kwishyura abo baturage ba Ndera azashyirwa mu ngengo y’imari itaha ngo ariko bitarenze ukwezi gutaha abo baturage bazaba baramenyeshejwe uko ibintu bihagaze, niba bazishyurwa cyangwa batazishyurwa. Ngo biramutse bibaye yuko batazishyurwa abo baturage bagasubirana uburenganzira ku butaka bwabo.

Sagashya avuga yuko aho hantu RHA ishaka kwimura abantu muri ako gace ka Ndera hateganyijwe kubakwa amazu 4000. Nubwo hari abo batarishyurwa ariko ababariwe mbere barangije kwishyurwa barimuka, aho bari batuye hasigara ari amatongo. Abaturage muri ako gace ka Ndera bakavuga yuko aho hantu abantu bimutse ubu habaye indiri y’amabandi, arimo babandi batemaguye abantu mu ijoro ry’umunsi w’intwari.

-2054.jpg

Umuyobozi Mukuru wa RHA, Eng. Didier Sagashya

Kuri icyo kibazo cy’ayo mabandi umuyobozi wa Rwanda Housing Authority akavuga yuko nibasanga kubaka aho hantu bitashoboka vuba ikigo ayoboye kizaba kihatije abantu bikoreremo ibikorwa byabo, hareke kuba amatongo acumbikira amabandi !

Ibisobanuro ariko uko byamera kose abo baturage bakabaye barishyuwe bakaba batarishyurwa barababaye cyane, kandi n’ubwo bananyurwa n’ibyo bisobanuro bitangwa ariko ntabwo bishobora kubavura akababaro bafite katewe n’igihombo icyo gikorwa cyo kubarirwa ngo bagende cyabashoyemo.

Kayumba Casmiry

2016-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Ubwanditsi 05 Oct 2024
Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Minisitiri Busingye yafunguye ku mugaragaro inama y’Umushyikirano w’Abanyamakuru

Minisitiri Busingye yafunguye ku mugaragaro inama y’Umushyikirano w’Abanyamakuru

Ubwanditsi 07 Nov 2016
TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI

TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI

Ubwanditsi 15 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abo muri “opozisiyo” baharanira kuyobora u Rwanda nabo ubwabo badashoboye kwiyobora
Amakuru

Abo muri “opozisiyo” baharanira kuyobora u Rwanda nabo ubwabo badashoboye kwiyobora

Ubwanditsi 19 Nov 2021
Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga
Amakuru

Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga

Ubwanditsi 15 Feb 2023
Mutesi Jolly ni we watorewe kuba  Nyampinga w’u Rwanda 2016
Mu Mahanga

Mutesi Jolly ni we watorewe kuba Nyampinga w’u Rwanda 2016

Ubwanditsi 28 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru