• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi

U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 23 Feb 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania, kuwa 18 Gashyantare, baganira uko umubano w’ibihugu byombi wazanzamuka.

Ni nyuma y’aho mu mwaka wa 2013, ibihugu byombi byari byarebanye nabi, ubwo uwari Perezida wa Tanzania Jakaya Kikwete, yasabaga u Rwanda kumvikana n’umutwe wa FDLR, ufatwa na Leta y’u Rwanda nk’umutwe w’iterabwoba.

Ibi byakurikiwe n’umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi, ibintu byaje no gukurikirwa n’uko Abanyarwanda babaga muri iki gihugu, birukanwe nabi abenshi batayo imitungo yabo.

Gusa kuva Perezida John Magufuli yatorerwa kuba Perezida mu mpera z’umwaka wa 2015, umubano w’ibihugu byombi wongeye gutera imbere.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania Augustine Philip Mahiga uri mu Rwanda, yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi, hanyuma ku munsi ukurikiyeho aganira na Perezida Paul Kagame.

Mu kiganiro Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Madame Louise Mushikiwabo yahaye itangazamakuru, yavuze ko kuba Tanzania yaragize umuyobozi utarifuje ko ibihugu byombi bibana neza bitavanaho ko abatuye ibi bihugu hari byinshi bahuriyeho.

Minisitiri Louise Mushikiwabo yagize ati “Uyu munsi dusangiye neza politike na Tanzania ishingiye ku gaciro k’abanyafurika, ibyo byose ni i bikomeye cyane tudashobora gutakaza, kubera ko hari umuyobozi runaka waba yarifuje imibanire itari myiza.”

Yakomeje agira ati “Icyo navuga ni uko u Rwanda na Tanzania uno munsi turaganira nta buryarya! Turumvikana ku byo dukwiye gukora hagati yacu mu mibanire, mu butwererane, turaganira cyane mu bwitonzi buhagije kandi turareba imbere.”

Minisitiri Mushikiwabo avuga ko ubu aho umubano w’u Rwanda na Tanzania ugeze ari heza.

Yunzemo ati “Icyo ubu navuga ni uko ubu Tanzania ari igihugu gifite abayobozi bafite inararibonye bo mu nzego zitandukanye, byatumye umubano w’ibihugu byombi byacu uba mwiza kandi ni wo n’ubundi wagombye kuba uhari, ikindi navuga ni uko akenshi iyo habaye ibibazo hagati y’ibihugu buriya abaturage ni bo babigwamo.

“Abanyatanzaniya n’abanyarwanda turi abavandimwe, turi abaturanyi dusangiye byinshi, dusangiye amateka, murabizi ko Tanzania ari yo iyoboye umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri iki gihe, dushimshimijwe ni uko ubuyobozi bushya bwa Tanzania ari ubuyobozi bwifuza imibanire myiza kurushaho, bwifuza kugarura icyo abanyarwanda n’abatanzaniya dupfana.”

Naho Minisitiri Augustin Mahiga we yavuze ko ubu igishyizwe imbere ari ukureba ko umubano w’ibihugu byombi wakomeza gutera imbere.

Yagize ati “Icya mbere ni ukongera gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi, mu nzira zitandukanye cyane cyane ko hagiye haba inzitizi, ubu icyo dushyize imbere ni ugutangira inzira nshya y’ubufatanye ariko tugendeye ku bufatanye bw’uyu muryango.”

Yakomeje agira ati “Turabizi ko hagiye haba ibibazo ariko ubu birashashe, icyo dushyize imbere ni ubufatanye.”

Minisitiri Augustine Philip Mahiga yagiye kuri uyu mwanya nyuma yo gusimbura Bernard Membe.

Uyu kandi abaye umuyobozi ukomeye muri Tanzania usuye u Rwanda, nyuma y’aho Perezida Magufuli atangiye kuyobora iki gihugu.

Aje mu Rwanda nyuma y’uruzinduko Minisitiri Mushikiwabo aheruka kugirira muri Tanzania.

-2183.jpg

-2182.jpg

Perezida Kagame na Minisitiri Augustine Mahiga muri Village Urugwiro

-2181.jpg

Minisitiri Mushikiwabo na Minisitiri Mahiga baganira n’itangazamakuru (Ifoto/Urugwiro Village)

2016-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda post referendum assessment: contradictions, Sovereignty and collusion of rational choices

Rwanda post referendum assessment: contradictions, Sovereignty and collusion of rational choices

Ubwanditsi 23 Jan 2016
Yale :  Perezida Kagame  yavuze ko Demokarasi y’u Rwanda ishingiye  ku byifuzo by’abaturage kuruta ibivugwa n’abandi

Yale : Perezida Kagame yavuze ko Demokarasi y’u Rwanda ishingiye ku byifuzo by’abaturage kuruta ibivugwa n’abandi

Ubwanditsi 21 Sep 2016
Buyoya aribaza impamvu ashinjwe kwica Ndadaye hashize imyaka 25

Buyoya aribaza impamvu ashinjwe kwica Ndadaye hashize imyaka 25

Ubwanditsi 06 Dec 2018
Nicolas Sarkozy wahoze uyobora Ubufaransa yatawe muri yombi

Nicolas Sarkozy wahoze uyobora Ubufaransa yatawe muri yombi

Ubwanditsi 20 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku bwumvikane bw’impande zombi, Yamen Zelfani ntakiri umutoza wa  Rayon Sports
Amakuru

Ku bwumvikane bw’impande zombi, Yamen Zelfani ntakiri umutoza wa Rayon Sports

Ubwanditsi 08 Oct 2023
Urubyiruko rwatangije gahunda yo gushyigikira Perezida Kagame mu kurwanya ibinyoma n’ibikangisho bya mpatsibihugu
Amakuru

Urubyiruko rwatangije gahunda yo gushyigikira Perezida Kagame mu kurwanya ibinyoma n’ibikangisho bya mpatsibihugu

Ubwanditsi 13 Feb 2025
CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe
Mu Mahanga

CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe

Ubwanditsi 02 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru