• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»APR 3 – 0 MusanzeFC, Umutoza mushya Nizar yarebye umukino

APR 3 – 0 MusanzeFC, Umutoza mushya Nizar yarebye umukino

Ubwanditsi 08 Mar 2016 IMIKINO

Umukino wo ku munsi wa 13 wa Shampiyona, Musanze FC yari yakiriye APR FC, umukino urangira itsinzwe ibitego 3-0 kuri Stade ya Kigali, umutoza mushya wa APR FC uturutse muri Tunisia yari yibereye ku kibuga.

-2405.jpg

Uyu mukino watangiye ikipe ya APR FC isatira, inabona igitego hakiri kare kuri ‘coup franc’ yatewe neza na Emery Bayisenge.

-2406.jpg

Igice cya mbere cyagaragayemo amakosa menshi ya Musanze FC ndetse myugariro Ngabo Albertwa APR avunikira bikomeye mu gice cya mbere cy’uyu mukino.

-2408.jpg

Bayisenge-atera-coup-franc-yigitego-cya-kabiri

Iminota isigaye y’umukino Iranzi Jean Claude yakinnye nka myugariro w’ibumoso kandi muri iyi minsi yakinaga iruhande rwa rutahizamu.

Igice cya kabiri, umutoza Emmanuel Rubona watozaga umukino we wa nyuma muri APR FC, yakoze impinduka, akuramo Nkinzingabo Fiston, ashyiramo Butera Andrew.

APR FC yabonye ‘coup franc’ nanone yinjizwa neza nabwo na Emery Bayisenge.

-2407.jpg

Nizar-Khanfir-uzatoza-APR-FCIbumoso-na-Kalisa-Adolphe-umunyamabanga-wa-APR-FC-iburyo

Bizimana Djihad yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 82, ku ishoti rikomeye yatereye hanze y’urubuga rw’amahina, ryatumye umukino urangira 3-0.

Nyuma y’iki gitego,Emery Bayisenge yaje kugwa igihumure nk’uko twabibwiwe n’umuganga wa APR FC, ngo byatewe n’ikibazo cy’isereri, ariko ngo uyu musore araza koroherwa vuba.

Umutoza wa Musanze, George Ssemogerere yavuze ko arimo gutakaza imikino bitewe no kudakinira mu rugo kuko Stade ya Musanze iri kuvugururwa.

Yagize ati: “Ntabwo biba byoroshye kwitwa ko wakiriye umukino ariko ugakinira ku kibuga cy’uwo muhanganye. APR FC yari ifite amahirwe kuturusha. Ndashima abakinnyi banjye, uko bitwaye, nta kundi nzakomeza gutegura imikino itaha.”

Rubona wa APR we ngo ni Imana yamufashije.

Ku rutonde rw’agateganyo APR FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 30 inyuma ya Mukura ifite 32, APR iracyafite ibirarane by’imikino ibiri.

-2410.jpg
Aha umunyezamu wa musanze bamuhaye ikarita itukura

Umutoza mushya ugiye gutoza APR FC, UmunyaTunisia Nizar Khanfir na we yarebye uyu mukino. Akaba yitegura umukino ubanza APR FC izakiramo Young Africans, kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa gatandatu.

M.Fils

2016-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama y’abaminisitiri yemeje amasezerano yo kugira Icyicaro mu Rwanda, hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku Isi FIFA

Inama y’abaminisitiri yemeje amasezerano yo kugira Icyicaro mu Rwanda, hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku Isi FIFA

Ubwanditsi 05 Jan 2021
Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Ubwanditsi 19 Apr 2022
Amafoto – Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Al Ahly yegukanye igikombe cya CAF Champions League, ni mu mukino wakurikiwe na Perezida wa CAF n’uwa FERWAFA 

Amafoto – Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Al Ahly yegukanye igikombe cya CAF Champions League, ni mu mukino wakurikiwe na Perezida wa CAF n’uwa FERWAFA 

Ubwanditsi 18 Jul 2021
Meddy Yishimiye bikomeye n’impano yahawe na Miss Kate Bashabe

Meddy Yishimiye bikomeye n’impano yahawe na Miss Kate Bashabe

Ubwanditsi 07 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33

Ubwanditsi 22 May 2019
Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe  gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 17 May 2016
Nyuma y’imvune y’urutugu y’umunyezamu wa Police FC Habarurema Gahungu, yaraye abazwe ndetse abwirwa ko azamara hafi amezi 4 adakina
Amakuru

Nyuma y’imvune y’urutugu y’umunyezamu wa Police FC Habarurema Gahungu, yaraye abazwe ndetse abwirwa ko azamara hafi amezi 4 adakina

Ubwanditsi 13 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru