• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Editorial 12 Mar 2016 POLITIKI

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriwe mu gihugu cya Guinea Conakry ndetse yambikwa umudali uruta iyindi muri icyo gihugu witwa Le Grand Croix ku wa Kabiri ku ya 8 Werurwe 2016.

Umukuru w’igihugu ari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, ku mugoroba wo ku wa mbere yasangiye na Perezida w’icyo gihugu, Alpha Conde, bishimira umubano w’ibihugu byombi.

Itangazo Leta ya Guinea yari ya shyize ahagaragara yatangaje ko yiteguye kungukira kuri urwo ruzinduko. Mu biganiro bagirana na perezida w’icyo gihugu, Alpha Condé ndetse na guverinoma ye biribanda ku bukungu n’ibanga u Rwanda rwakoresheje ngo rugere ku iterambere ryihuse.

Muri iki Cyumweru nibwo u Rwanda rwashyizeho ambasaderi Stanislas Kamanzi ngo abe uwa mbere wo kuruhagararira muri Guinea. Kamanzi azaba afite icyicaro muri Nigeria.

Ku ya 12 Ukuboza Ikigo cya Guinea gishinzwe guteza imbere ishoramari ryigenga, APIP cyashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye n’Ikigo cy’igihugu cy’Iterambere, RDB.

Muri urwo ruzinduko rwa perezida Kagame byitezwe ko hashyirwa umukono ku masezerano atanu y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

-2426.jpg

-2425.jpg

-2423.jpg

Perezida Kagame yambitswe Umudari w’ikirenga

-2424.jpg

-2422.jpg

Imihanda yari yuzuye abaturage baje kwakira Perezida Kagame ntawabona aho aca

Ambasaderi Kamanzi yavuze ko muri urwo ruzinduko hasinywa amasezerano atanu ariko ko hari n’andi azasinywa mu bihe biri imbere.

Ati “Muri urwo ruzinduko hari umubare w’amasezerano azasinywa, agera kuri atanu yose hamwe. Ariko hari n’andi azasinywa mu bihe bya vuba.”

Akomeza avuga ko mu mezi ari imbere Guverinoma zombi zizashyiraho komisiyo ihuriweho ishinzwe gukurikirana iby’ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ubufatanye.

Mu masezerano azasinywa harimo agaragaza imirongo migari igize ubufatanye, amasezerano ajyanye na serivisi, n’ ayo kubona impapuro z’inzira hagati y’abaturage b’ibihugu byombi.

Ambasaderi Kamanzi yavuze ko andi masezerano ari bushyirweho umukono harimo ajyanye n’imiyoborere, ubuhinzi, ubukungu, umuco n’ayandi.

Perezida Kagame wageze muri Guinea akubutse muri Senegal aho yari yitabiriye inama yiga kuri siyansi, yasanze Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo muri iki gihugu kiyoborwa na Alpha Condé wagezeyo kuva ku wa Mbere akaba yanitabiriye ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore.

 

2016-03-12
Editorial

IZINDI NKURU

‘ Sinoshyana ndi mukuru ‘– Mbanda

‘ Sinoshyana ndi mukuru ‘– Mbanda

Editorial 04 Jun 2017
Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Editorial 18 Feb 2025
Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda

Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda

Editorial 08 Nov 2017
Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Editorial 13 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC
IMIKINO

Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Editorial 06 Mar 2018
Uwigaga muri Kaminuza ya Makerere ni umwe mu ba FDLR bagabye igitero i Musanze
HIRYA NO HINO

Uwigaga muri Kaminuza ya Makerere ni umwe mu ba FDLR bagabye igitero i Musanze

Editorial 07 Oct 2019
Uganda : Umunyamakuru wa New Vision Charles Etukuri  yashimuswe  na CMI
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Umunyamakuru wa New Vision Charles Etukuri yashimuswe na CMI

Editorial 13 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru