• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Ubwanditsi 12 Mar 2016 POLITIKI

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriwe mu gihugu cya Guinea Conakry ndetse yambikwa umudali uruta iyindi muri icyo gihugu witwa Le Grand Croix ku wa Kabiri ku ya 8 Werurwe 2016.

Umukuru w’igihugu ari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, ku mugoroba wo ku wa mbere yasangiye na Perezida w’icyo gihugu, Alpha Conde, bishimira umubano w’ibihugu byombi.

Itangazo Leta ya Guinea yari ya shyize ahagaragara yatangaje ko yiteguye kungukira kuri urwo ruzinduko. Mu biganiro bagirana na perezida w’icyo gihugu, Alpha Condé ndetse na guverinoma ye biribanda ku bukungu n’ibanga u Rwanda rwakoresheje ngo rugere ku iterambere ryihuse.

Muri iki Cyumweru nibwo u Rwanda rwashyizeho ambasaderi Stanislas Kamanzi ngo abe uwa mbere wo kuruhagararira muri Guinea. Kamanzi azaba afite icyicaro muri Nigeria.

Ku ya 12 Ukuboza Ikigo cya Guinea gishinzwe guteza imbere ishoramari ryigenga, APIP cyashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye n’Ikigo cy’igihugu cy’Iterambere, RDB.

Muri urwo ruzinduko rwa perezida Kagame byitezwe ko hashyirwa umukono ku masezerano atanu y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

-2426.jpg

-2425.jpg

-2423.jpg

Perezida Kagame yambitswe Umudari w’ikirenga

-2424.jpg

-2422.jpg

Imihanda yari yuzuye abaturage baje kwakira Perezida Kagame ntawabona aho aca

Ambasaderi Kamanzi yavuze ko muri urwo ruzinduko hasinywa amasezerano atanu ariko ko hari n’andi azasinywa mu bihe biri imbere.

Ati “Muri urwo ruzinduko hari umubare w’amasezerano azasinywa, agera kuri atanu yose hamwe. Ariko hari n’andi azasinywa mu bihe bya vuba.”

Akomeza avuga ko mu mezi ari imbere Guverinoma zombi zizashyiraho komisiyo ihuriweho ishinzwe gukurikirana iby’ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ubufatanye.

Mu masezerano azasinywa harimo agaragaza imirongo migari igize ubufatanye, amasezerano ajyanye na serivisi, n’ ayo kubona impapuro z’inzira hagati y’abaturage b’ibihugu byombi.

Ambasaderi Kamanzi yavuze ko andi masezerano ari bushyirweho umukono harimo ajyanye n’imiyoborere, ubuhinzi, ubukungu, umuco n’ayandi.

Perezida Kagame wageze muri Guinea akubutse muri Senegal aho yari yitabiriye inama yiga kuri siyansi, yasanze Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo muri iki gihugu kiyoborwa na Alpha Condé wagezeyo kuva ku wa Mbere akaba yanitabiriye ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore.

 

2016-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi

Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Urukuta rutandukanya Tshisekedi n’U Rwanda akwiye kurusimbuza Ikiraro kimubanisha n’Abaturanyi bose bavuga Ikinyarwanda

Urukuta rutandukanya Tshisekedi n’U Rwanda akwiye kurusimbuza Ikiraro kimubanisha n’Abaturanyi bose bavuga Ikinyarwanda

Ubwanditsi 30 Oct 2023
Ngo ntashaka kuba perezida; icya ngombwa ngo ni uguhindanya ubutegetsi bwa FPR  – Amiel Nkuliza

Ngo ntashaka kuba perezida; icya ngombwa ngo ni uguhindanya ubutegetsi bwa FPR – Amiel Nkuliza

Ubwanditsi 21 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Messi yafashije FC Barcelone kwegukana igikombe cya shampiyona ya Espagne
IMIKINO

Uko Messi yafashije FC Barcelone kwegukana igikombe cya shampiyona ya Espagne

Ubwanditsi 29 Apr 2019
Mwenedata Gilbert yashize impumpu nyuma  yirekurwa rya Dianne Rwigara na nyina
POLITIKI

Mwenedata Gilbert yashize impumpu nyuma yirekurwa rya Dianne Rwigara na nyina

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 11 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru