• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Ubwanditsi 09 Mar 2016 Mu Rwanda

Kuwa mber tariki 07/03/2016 urukiko rwikirenga muri Uganda rwaratenye rwemeza yuko ibyo Amama Mbabazi arega Perezida Museveni na Komisiyo y’Amatora bifite ishingiro, bityo urubanza rukaba rugiye kuburanishwa mu mizi muri uku kwezi guhera uyu munsi.

Kuri iyo tariki ya karindwi nibwo abacamanza muri urwo rukiko rukuru bari batumiye impande zose zirebwa n’icyo kirego Mbabazi aregamo Museveni, ngo barebe niba urubanza rufite ishingiro n’imigendekere yarwo. Mu cyongereza ibyo byitwa Pre-hearing conference.

Abari batumiwe muri iyo pre-hearing harimo ababuranira John Patrick Amama Mbabazi watanze ikirego, Ababuranira Museveni uregwa kimwe na komisiyo y’Amatora ifatwa nk’umufatanyacyaha mu kwiba amajwi. Abandi ni abavoka ba NRM, ishyaka ryatanzeho Museveni kuribera kandida Perezida kimwe n’umushinjacyaha mukuru.

Gen. Mbabazi, wahoze ari umuntu wahafi ya Museveni, mu kirego cye asaba urukiko kwanzura yuko Museveni yatangajwe ko yatsinze amatora kandi ntayo yatsinze ko ahubwo habayeho ubujura bw’amajwi kandi yuko Komisiyo y’amatora yishe amategeko agenga amatora, bityo Museveni akamburwa iyo ntsinzi !

Muri ayo matora ya Perezida wa Repubulika muri Uganda hari abakandida barindwi bahataniraga uwo mwanya ariko batatu bakaba aribo bahabwaga amahirwe menshi. Abo ni Museveni w’ishyaka NRM, Kiiza Besigye wa FDC na Amama Mbabazi wiyamamazaga nk’umukandida wigenga.

Nyuma y’ayo matora EC yatangaje yuko Museveni ariwe watsinze ku majwi 5,971,872 (60.6) akurikiwe na Besigye wabonye amajwi 3,508,687 (35.6 %), Mbabazi abona amajwi 136,519 (1.39 ). Abandi bakandida kuri uwo mwanya nta n’umwe wagejeje amajwi angana na 1 %.

Amategeko muri Uganda ateganya yuko umukandida utemera ibyavuye mu matora atanga ikirego bitarenze iminsi irindwi nyuma y’itangazwa ry’amajwi. Ibi Mbabazi yashoboye kubikora ariko Besigye wabonye amajwi agaragara ntibyamushobokera.
Urwo rubanza urukiko rwemeye kwakira rwatangiye kandi rukurikiranywe n’abantu benshi cyane natwe tukazagenda dukomeza kurubagezaho.

Kayumba Casmiry

2016-03-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abana bari bafungiye muri Gereza ya Nyagatare18 bahawe imbabazi na Perezida Kagame bafunguwe

Abana bari bafungiye muri Gereza ya Nyagatare18 bahawe imbabazi na Perezida Kagame bafunguwe

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Amashanyarazi Polisi y’u Rwanda yahaye abaturage yatumye bagira imibereho myiza

Amashanyarazi Polisi y’u Rwanda yahaye abaturage yatumye bagira imibereho myiza

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Biro Politiki ya FOREBU: Niyombare yatorewe kuyobora umutwe w’inyeshyamba zirwanya Nkurunziza

Biro Politiki ya FOREBU: Niyombare yatorewe kuyobora umutwe w’inyeshyamba zirwanya Nkurunziza

Ubwanditsi 28 Jan 2016
Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga

Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga

Ubwanditsi 25 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?
INKURU NYAMUKURU

Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?

Ubwanditsi 05 Dec 2018
Twibeshye kuri Dr Christian  MARARA
POLITIKI

Twibeshye kuri Dr Christian MARARA

Ubwanditsi 21 Apr 2016
Perezida Zuma yanze kwegura
POLITIKI

Perezida Zuma yanze kwegura

Ubwanditsi 14 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru