• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga n’imikwabu bigamije kurwanya ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga n’imikwabu bigamije kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 14 Mar 2016 Mu Mahanga

​Mu rwego rwo kurwanya ibiyobyabwenge, kuva kuwa mbere, Polisi y’u Rwanda ikorera mu turere dutandukanye tw’Igihugu yatangije ubukangurambaga mu baturage no gukora imikwabu hagamijwe kubirwanya. Muri iyo mikwabu umubare munini w’ ababicuruza n’ababinywa batawe muri yombi, naho ibiyobyabwenge byafashwe birangizwa.

Muri iyo mikwabu hafashwe abantu bagera kuri 20 bakekwaho kubicuruza no kubinywa hanafatwa ibiro 20 n’udupfunyika 400 tw’urumogi.

Nko ku itariki ya 10 Werurwe mu karere ka Rubavu, Umurenge wa Gisenyi, mu tugari tw’Umuganda n’Amahoro, Polisi y’u Rwanda yifashishije imbwa zatojwe kuvumbura ibiyobyabwenge, yafashe abasore 7 bakekwaho kunywa no gucuruza ibiyobyabwenge. Mu karere ka Kirehe, Umurenge wa Gatore, naho hafatiwe abasore 2 bakekwaho gucuruza urumogi bakaba barafatanywe ibiro 15 byarwo.

Mu gihe muri utu turere hakorwaga imikwabu, mu turere twa Nyagatare, Kayonza na Huye, ho Polisi n’abayobozi b’inzego z’ibanze bakanguriraga abaturage kwirinda gucuruza no kunywa ibiyobyabwenge birimo urumogi, inzoga zitemewe mu Rwanda n’inzoga z’inkorano.

Mu karere ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare, Polisi yagiranye inama n’abatwara abagenzi kuri moto ibakangurira kwirinda ibiyobyabwenge no gufasha ababyinjiza mu gihugu, ahubwo bagatungira agatoki uwo babona ugerageza kubyinjiza, kuko bivugwa ko aribo bafasha ababyinjiza mu gihugu.

Bivugwa ko Akarere ka Nyagatare ari ko kinjirizwamo inzoga zitemewe mu Rwanda nka Kanyanga, Chief Waragi na Blue Sky, mu gihe Kirehe na Rubavu ari uturere tuvugwa ko twinjirizwamo urumogi kurusha utundi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yavuze ko kongera ubukangurambaga n’imikwabu ari uburyo bwo gukomeza kurwanya ibiyobyabwenge nk’uko byatangijwe na Polisi.

ACP Twahirwa yagize ati:”Kurwanya ikibi ni uguhozaho, kandi birasaba ko twese dushyira hamwe, tukongera imbaraga ngo ikibi gicike burundu. Ibi bikaba aribyo Polisi y’u Rwanda iri gukora mu kurwanya ibiyobyabwenge.”

Yakomeje agira ati:”Ubu bukangurambaga buri gukorerwa ahantu hazwi ko hagaragara ibiyobyabwenge no ku bantu bazwi ko babikoresha, iyi mikwabu nayo ikorwa ahantu twahawe amakuru n’abaturage ko hari ibiyobyabwenge.”

ACP Twahirwa yashimiye ubufatanye burangwa hagati ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage hagamije kwicungira umutekano kuko bukomeje kugira uruhare rukomeye mu gutahura, kurwanya no kwirinda ibiyobyabwenge n’ibindi byaha.

RNP

2016-03-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Abantu 9 bagwiriwe n’ikirombe bahita bapfa

Burundi: Abantu 9 bagwiriwe n’ikirombe bahita bapfa

Ubwanditsi 20 May 2019
Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Ubwanditsi 28 Nov 2016
Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Ubwanditsi 31 May 2022
Robert Lewandowski azamara ukwezi adakina kubera imvune, ibi bikaba bitumye atazakina umukino ubanza n’uwo kwishyura wa 1/4 wa Champions League bazahura na PSG

Robert Lewandowski azamara ukwezi adakina kubera imvune, ibi bikaba bitumye atazakina umukino ubanza n’uwo kwishyura wa 1/4 wa Champions League bazahura na PSG

Ubwanditsi 31 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo
Mu Rwanda

Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo

Ubwanditsi 31 Aug 2017
Rayon Sports yakoze urugendo rwo Kwibuka, inunamira Abatutsi bazize Jenoside mu 1994
Amakuru

Rayon Sports yakoze urugendo rwo Kwibuka, inunamira Abatutsi bazize Jenoside mu 1994

Ubwanditsi 09 Apr 2024
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 27 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru