• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abayobozi b’inzego z’ibanze bakwiye guhembwa mu rwego rwo guca ruswa- Transparency

Abayobozi b’inzego z’ibanze bakwiye guhembwa mu rwego rwo guca ruswa- Transparency

Ubwanditsi 23 Mar 2016 Mu Mahanga

Imibare igaragazwa n’ubushakashatsi bushya bwakozwe n’umuryango urwanya ruswa, igaragaza ko abasabye serivisi mu nzego z’ibanze 14.8% batanze ruswa na 12.4% barayisabwa ariko ntibayitanga. Abaturage batanga inama ko abo bayobozi bajya bahembwa kuko aribwo ruswa yagabanya umuvuduko.

Inzego z’ibanze zakunze gutungwa agatoki ko zirya ruswa, cyane cyane bitewe n’uko hari abazikoramo ku nzego zo hasi badahembwa kandi bakaba bagira akazi kenshi gasaba ubwitange.

Ubushakashatsi bwa Transparency International-Rwanda buvuga ko abaturage batanga ruswa cyane ari abahinzi n’aborozi, cyane cyane ko bayitanga bashaka ibyangombwa ndetse no mu gihe baba bari mu manza z’amasambu cyangwa mu yandi makimbirane yo mu ngo.

Umuyobozi wa Transparency International-Rwanda, Marie Immaculée Ingabire avuga ko Leta ikwiye kugira icyo ikora kuko kubona ruswa ihera hasi izamuka ari ikibazo gikomeye cyane. Akomweza avuga ko ikiyitera cyane, nko mu nzego z’ibanze, ari uko “ahanini abayobozi baba bafite inshingano z’akazi bakoresha nk’aho ari ubucuruzi.” Akomeza agira ati “ Umuntu ajya gushaka icyangombwa cyo kujya gushaka indangamuntu cyangwa icy’ubutaka, aho kugira ngo umukuru w’umudugudu amusinyire akamubwira ko nta mwanya. Nyamara iyo amubwiye kujya kumugurira icupa, ahita areba kasha akayitwaza ukagira ukibaza niba mbere itari ihari bikakuyobera!”

Ingabire akomeza avuga ko ubushakashatsi bwakozwe na Transparency International-Rwanda mu mwaka wa 2013 bwasanze ari uko abayobozi bo mu nzego z’ibanze badahembwa, bityo bakaka ruswa nko gushaka amaramuko. Agira ati “Rwose hakwiye gushyirwaho agahimbazamusyi ka bariya bantu kugira ngo ruswa igabanyuke, naho niba ntagikozwe ntishobora gucika, kandi kuyirwanya muri izi nzego biragoranye cyane.”

Bamwe mu baturage bavuga ko Leta yari ikwiye kujya ihemba abayobozi bo mu nzego z’ibanze, cyane cyane umukuru w’umudugudu n’ushizwe umutekano kuko bakora akazi kenshi kandi ntibagahemberwe. Uwitwa Gihana Jean Louise avuga ko iyo ugiye ufite ikibazo “nta kantu” ufite udahabwa serivise uko bikwiye ahubwo usabwa kuzaba ugaruka nyamara icyangombwa wari ugikeneye byihutirwa.

Gihana akomeza avuga ko “umuyobozi udahembwa arya ruswa, kuko iyo utamuguriye icupa cyagwa go umuhe igihumbi ntacyo akumarira kuko nta nyugu aba afite kugira ngo aguhe ibyo byagombwa.” Akomeza avuga hari aho yasabye serivisi ntiyayihabwa, aguze icupa ry’amafaranga 500 bahita bamusinyira ajya ku murenge ikibazo cye kirakemuka.

-2526.jpg

Ingabire Marie Immaculée,Umuyobozi wa Transparency International Rwanda

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis avuga ko icyo abaturage bateze ku bayobozi b’inzego z’ibanze ari ukubatega amatwi bakabagisha inama kandi bakabaha serivisi uko bikwiye, nta kiguzi. Abaka ruswa nab o ngo bagomba kubicikaho kuko mu Rwanda yahagurukiwe kuko ihungabanya byinshi mu nzego z’ubuyobozi bwimakaje imiyoborere myiza.

Safi Emmanuel

2016-03-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi bateye muri Ndera

Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi bateye muri Ndera

Ubwanditsi 06 Feb 2016
Irinde ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko- Polisi y’u Rwanda

Irinde ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko- Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Oct 2016
Uganda: Ibibazo byatumye yihekura mbere y’uko nawe yiyahura

Uganda: Ibibazo byatumye yihekura mbere y’uko nawe yiyahura

Ubwanditsi 28 Nov 2018
Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi

Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi

Ubwanditsi 10 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hon Theobard Mporanyi  ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi  watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )
Mu Mahanga

Hon Theobard Mporanyi ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )

Ubwanditsi 10 Feb 2017
CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale
IMIKINO

CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale

Ubwanditsi 20 Jan 2018
Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere: Prof. Shyaka Anastase
Mu Rwanda

Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere: Prof. Shyaka Anastase

Ubwanditsi 07 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru