• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda rwahawe umukoro ku gukurikirana abatera inda abana ntibibagaruke

U Rwanda rwahawe umukoro ku gukurikirana abatera inda abana ntibibagaruke

Ubwanditsi 12 Apr 2016 Mu Mahanga

Komisiyo Nyafurika y’Uburenganzira bwa Muntu yagize ibintu by’umwihariko isaba u Rwanda kwitaho, muri byo harimo ikibazo cy’abatera inda abana, abakobwa bagahura n’ibibazo naho bo ntibibagireho ingaruka.

Ibi u Rwanda rwabisabiwe mu nama ngarukamwaka ya Komisiyo Nyafurika y’Uburenganzira bwa Muntu, iri kubera i Banjul muri Gambia.

Nk’uko Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda yabigaragaje, u Rwanda by’umwihariko rwasabwe ko ivugurura ry’igitabo cy’amategeko ahana cyakwihutishwa, hakanitabwa ku kibazo kijyanye no guhana abakorera abana ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse bikabaviramo gutwara inda imburagihe; kugira ngo bahanwe.

Asobanura byimbitse kuri uyu mwanzuro mu byasabwe u Rwanda, Perezida wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa Munru mu Rwanda, Nirere Madeilene, yabwiye Izuba Rirashe ko Intumwa yihariye ya Komisiyo nyafurika yagaragaje icyo kibazo.

Yagize ati “Ibyo gukurikirana abahohotera abana b’abakobwa byavuzwe na Rapporteur special ushinzwe uburenganzira bw’umugore [Buri mukomiseri mu bagize Komisiyo nyafurika agira icyiciro cy’uburenganzira akurikirana by’umwihariko]. Yavuze ko yasanze mu Rwanda usanga abateye inda abana b’abakobwa usanga umukobwa ariwe ugira ibibazo mu gihe uwamuteye iyo nda nawe yagombye kubibazwa.”

Nubwo kumenya abatera inda bisaba iperereza rikomeye, hakanasabwa n’ibizamini bya ADN ku bihaka aabana, na Madame Jeannette Kagame yagaragaje ko ari ikibazo kuba abatera inda abangavu, bamwe nabo bitabagiraho ingaruka.

Madame Jeannette Kagame ari mu Karere ka Ngororero mu ntangiriro za Mata 2016, mu guhemba abakobwa bitwaye neza mu bizamini bya leta, yagize ati “Iyi ni inzitizi ikomeye cyane mu burezi bw’abana b’abakobwa. Ibi bibagiraho ingaruka kurusha abana b’abahungu, ariko ngira ngo tunashobore no gukumira icyo kibazo, ntabwo numva impamvu ari umwana w’umukobwa ukwiye kugirwaho izo ngaruka gusa.”

Yakomeje agira ati “Ngira ngo abantu bakwiye no kuziga uko n’uwo mwana w’umuhungu uba waramukubaganiye na we akwiye kuzagira ukuntu ajya abibazwa. Nta kuntu umwana w’umukobwa wenyine ari we bigiraho izo ngaruka gusa. Wenda byatuma n’abo bahungu babitekerezaho mbere y’uko bashora abo bana bagenzi babo muri ibyo byago.”

Hasabwe kandi ko u Rwanda rwakwita by’umwihariko ku bagore bafungiye icyaha cyo gukuramo inda, ariko Nirere nta byinshi yifuje kugira icyo abitangazaho, yabwiye Izuba Rirashe ko ikibazo ari rusange n’ibindi bihugu, ariko ko ikibazo baba bahura nacyo Komisiyo ayoboye izagikurikirana.

Icyo nacyo cyazamuwe n’Intumwa yihariye ya Komisiyo Nyafurika y’Uburenganzira bwa Muntu.

Iterabwoba mu bindi bihangayitse Afurika

Uretse ibyasabwe by’umwihariko u Rwanda, muri iyo nama y’i Banjul yanigiwemo ibibazo bikomeye birimo iterabwoba rikomeje gufata intera n’ ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro iteza ibibazo mu bihugu binyuranye bya Afurika, ikibazo cy’ishyingirwa imburagihe ku bana, ikibazo cya ruswa igaragara mu bihugu byinshi by’Afurika n’ibindi.

Ku bjyanye no kurwanya iterabwoba ibihugu byinshi byashyizeho amategeko ahana ibikorwa by’iterabwoba; hagaragajwe ko amenshi muri ayo mategeko usanga afite ingingo zibangamira uburenganzira bwa muntu cyane cyane ibijyanye no gufatwa nk’umwere igihe icyaha kitari cyamuhama, kuburanira imbere y’umucamanza; gufungirwa ahantu hagenewe gufungirwa; n’ibindi.

-2640.jpg

Perezida wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda, Nirere Madeleine

Ibihugu by’Afurika byasabwe gushyira ingufu mu kurandura impamvu zituma habaho iterabwoba harimo guteza imbere imiyoborere myiza mu bihugu bya Afurika, kurwanya ruswa n’akarengane, kurwanya ivangura n’ibindi bikorwa bibangamira uburenganzira bwa muntu.

Ibikorwa by’iterabwoba n’u Rwanda rwamaze kugaragaza ko byarugezemo. Ndetse ubu, hari itsinda ry’abantu bagera kuri 17 bakatiwe gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo, bashinjwa gukorana n’imitwe y’iterabwoba nka ISIS na Al Shabab.

Si iterabwoba gusa ryavuzweho muri iyi nama y’i Banjul, hanaganiriwe ku ngamba zo gukumira no kurwanya ibikorwa bihungabanya uburenganzira bwa Muntu birimo gushyingirwa imburagihe kw’abana b’abakobwa, gufungwa igihe kirekire mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ruswa no kwigwizaho imitungo mu buryo butemewe

Ku bijyanye n’uburengazira bw’abafungwa, hagaragajwe ko hari ikibazo cy’inyubako zifungirwamo abantu zo muri bimwe mu bihugu bya Afurika zishaje cyane usanga zarubatswe mu gihe cy’ubukoloni, abafungwa bamara imyaka mu buroko bataburanishijwe, ibihugu bigitanga igihano cy’urupfu n’ibindi.

Inama ya 58 ya Komisiyo Nyafurika y’Uburenganzira bwa Muntu iteraniyemo abantu bagera ku 2000 barimo abahagarariye za Guverinoma, Komisiyo z’Uburenganzira bwa Muntu z’Ibihugu bya Afurika; Imiryango inyuranye iharanira uburenganzira bwa Muntu ikorera ku migabane yose, abahagarariye amashami y’Umuryango w’Abibumbye n’impuguke zinyuranye mu bijyanye n’uburenganzira bwa Muntu.

Source: Izuba rirashe

2016-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Ubwanditsi 12 Jun 2016
Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso

Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso

Ubwanditsi 28 Dec 2016
FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium

FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium

RUSHYASHYA 02 Mar 2026
Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Ubwanditsi 21 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira
Amakuru

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

Ubwanditsi 09 Sep 2021
Amagambo atangaje ya Twagiramungu  ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘
Mu Rwanda

Amagambo atangaje ya Twagiramungu ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Ubwanditsi 13 Aug 2017
Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana  wamwicishije
ITOHOZA

Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana wamwicishije

Ubwanditsi 10 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru