• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda rwahawe umukoro ku gukurikirana abatera inda abana ntibibagaruke

U Rwanda rwahawe umukoro ku gukurikirana abatera inda abana ntibibagaruke

Ubwanditsi 12 Apr 2016 Mu Mahanga

Komisiyo Nyafurika y’Uburenganzira bwa Muntu yagize ibintu by’umwihariko isaba u Rwanda kwitaho, muri byo harimo ikibazo cy’abatera inda abana, abakobwa bagahura n’ibibazo naho bo ntibibagireho ingaruka.

Ibi u Rwanda rwabisabiwe mu nama ngarukamwaka ya Komisiyo Nyafurika y’Uburenganzira bwa Muntu, iri kubera i Banjul muri Gambia.

Nk’uko Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda yabigaragaje, u Rwanda by’umwihariko rwasabwe ko ivugurura ry’igitabo cy’amategeko ahana cyakwihutishwa, hakanitabwa ku kibazo kijyanye no guhana abakorera abana ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse bikabaviramo gutwara inda imburagihe; kugira ngo bahanwe.

Asobanura byimbitse kuri uyu mwanzuro mu byasabwe u Rwanda, Perezida wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa Munru mu Rwanda, Nirere Madeilene, yabwiye Izuba Rirashe ko Intumwa yihariye ya Komisiyo nyafurika yagaragaje icyo kibazo.

Yagize ati “Ibyo gukurikirana abahohotera abana b’abakobwa byavuzwe na Rapporteur special ushinzwe uburenganzira bw’umugore [Buri mukomiseri mu bagize Komisiyo nyafurika agira icyiciro cy’uburenganzira akurikirana by’umwihariko]. Yavuze ko yasanze mu Rwanda usanga abateye inda abana b’abakobwa usanga umukobwa ariwe ugira ibibazo mu gihe uwamuteye iyo nda nawe yagombye kubibazwa.”

Nubwo kumenya abatera inda bisaba iperereza rikomeye, hakanasabwa n’ibizamini bya ADN ku bihaka aabana, na Madame Jeannette Kagame yagaragaje ko ari ikibazo kuba abatera inda abangavu, bamwe nabo bitabagiraho ingaruka.

Madame Jeannette Kagame ari mu Karere ka Ngororero mu ntangiriro za Mata 2016, mu guhemba abakobwa bitwaye neza mu bizamini bya leta, yagize ati “Iyi ni inzitizi ikomeye cyane mu burezi bw’abana b’abakobwa. Ibi bibagiraho ingaruka kurusha abana b’abahungu, ariko ngira ngo tunashobore no gukumira icyo kibazo, ntabwo numva impamvu ari umwana w’umukobwa ukwiye kugirwaho izo ngaruka gusa.”

Yakomeje agira ati “Ngira ngo abantu bakwiye no kuziga uko n’uwo mwana w’umuhungu uba waramukubaganiye na we akwiye kuzagira ukuntu ajya abibazwa. Nta kuntu umwana w’umukobwa wenyine ari we bigiraho izo ngaruka gusa. Wenda byatuma n’abo bahungu babitekerezaho mbere y’uko bashora abo bana bagenzi babo muri ibyo byago.”

Hasabwe kandi ko u Rwanda rwakwita by’umwihariko ku bagore bafungiye icyaha cyo gukuramo inda, ariko Nirere nta byinshi yifuje kugira icyo abitangazaho, yabwiye Izuba Rirashe ko ikibazo ari rusange n’ibindi bihugu, ariko ko ikibazo baba bahura nacyo Komisiyo ayoboye izagikurikirana.

Icyo nacyo cyazamuwe n’Intumwa yihariye ya Komisiyo Nyafurika y’Uburenganzira bwa Muntu.

Iterabwoba mu bindi bihangayitse Afurika

Uretse ibyasabwe by’umwihariko u Rwanda, muri iyo nama y’i Banjul yanigiwemo ibibazo bikomeye birimo iterabwoba rikomeje gufata intera n’ ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro iteza ibibazo mu bihugu binyuranye bya Afurika, ikibazo cy’ishyingirwa imburagihe ku bana, ikibazo cya ruswa igaragara mu bihugu byinshi by’Afurika n’ibindi.

Ku bjyanye no kurwanya iterabwoba ibihugu byinshi byashyizeho amategeko ahana ibikorwa by’iterabwoba; hagaragajwe ko amenshi muri ayo mategeko usanga afite ingingo zibangamira uburenganzira bwa muntu cyane cyane ibijyanye no gufatwa nk’umwere igihe icyaha kitari cyamuhama, kuburanira imbere y’umucamanza; gufungirwa ahantu hagenewe gufungirwa; n’ibindi.

-2640.jpg

Perezida wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda, Nirere Madeleine

Ibihugu by’Afurika byasabwe gushyira ingufu mu kurandura impamvu zituma habaho iterabwoba harimo guteza imbere imiyoborere myiza mu bihugu bya Afurika, kurwanya ruswa n’akarengane, kurwanya ivangura n’ibindi bikorwa bibangamira uburenganzira bwa muntu.

Ibikorwa by’iterabwoba n’u Rwanda rwamaze kugaragaza ko byarugezemo. Ndetse ubu, hari itsinda ry’abantu bagera kuri 17 bakatiwe gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo, bashinjwa gukorana n’imitwe y’iterabwoba nka ISIS na Al Shabab.

Si iterabwoba gusa ryavuzweho muri iyi nama y’i Banjul, hanaganiriwe ku ngamba zo gukumira no kurwanya ibikorwa bihungabanya uburenganzira bwa Muntu birimo gushyingirwa imburagihe kw’abana b’abakobwa, gufungwa igihe kirekire mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ruswa no kwigwizaho imitungo mu buryo butemewe

Ku bijyanye n’uburengazira bw’abafungwa, hagaragajwe ko hari ikibazo cy’inyubako zifungirwamo abantu zo muri bimwe mu bihugu bya Afurika zishaje cyane usanga zarubatswe mu gihe cy’ubukoloni, abafungwa bamara imyaka mu buroko bataburanishijwe, ibihugu bigitanga igihano cy’urupfu n’ibindi.

Inama ya 58 ya Komisiyo Nyafurika y’Uburenganzira bwa Muntu iteraniyemo abantu bagera ku 2000 barimo abahagarariye za Guverinoma, Komisiyo z’Uburenganzira bwa Muntu z’Ibihugu bya Afurika; Imiryango inyuranye iharanira uburenganzira bwa Muntu ikorera ku migabane yose, abahagarariye amashami y’Umuryango w’Abibumbye n’impuguke zinyuranye mu bijyanye n’uburenganzira bwa Muntu.

Source: Izuba rirashe

2016-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga

Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga

Ubwanditsi 25 Dec 2017
GICUMBI: Umusore ucyekwaho kwica nyina yafashwe

GICUMBI: Umusore ucyekwaho kwica nyina yafashwe

Ubwanditsi 12 Aug 2016
Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Ubwanditsi 30 Jul 2021
Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

RUSHYASHYA 10 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba
Amakuru

Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Ubwanditsi 04 Sep 2024
Zambia: Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye Inama ya COMESA iheruka kwamburwa u Burundi
HIRYA NO HINO

Zambia: Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye Inama ya COMESA iheruka kwamburwa u Burundi

Ubwanditsi 18 Jul 2018
Ikinyoma :  Judi Rever, Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho Abeshya Ko Rwashatse Kwica Museveni.
INKURU NYAMUKURU

Ikinyoma : Judi Rever, Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho Abeshya Ko Rwashatse Kwica Museveni.

Ubwanditsi 31 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru