• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yakajije ibikorwa byo kurwanya ivunjisha ry’amafaranga y’amahanga ritemewe

Polisi y’u Rwanda yakajije ibikorwa byo kurwanya ivunjisha ry’amafaranga y’amahanga ritemewe

Ubwanditsi 13 Apr 2016 Mu Mahanga

​Polisi y’u Rwanda yakajije ibikorwa byo kurwanya ibiro, amakompanyi n’abantu ku giti cyabo bakora ibikorwa by’ivunja n’ivunjisha mu buryo butemewe n’amategeko.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibyaha by’Iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba(FIU) , Assistant Commissionner of Police(ACP) Joseph Costa Habyara , rikaba rifite inshingano z’ingenzi zo kwegeranya, gusesengura, kugeza amakuru ku babishinzwe no kugenza ibyaha, mu rwego rwo kurwanya ibyaha by’Iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba, atangaza ko abakora ijunja n’ivunjisha bitemewe bakigaragara kandi bakorana n’abafite ibiro n’amakompanyi bakora ako kazi nta burenganzira bafite.

ACP Habyara agira ati:” Amabanki n’ibiro bivunja ni abahawe uburengenzira n’ibyangombwa byo gukora ibyo bikorwa, mu gihe hari n’abandi babikora ariko babiherewe uburenganzira bitewe n’ubucuruzi bakora ndetse n’abo bakira, aba ni nk’abakorera ku ma hoteli, za kazino, kompanyi z’ubukerarugendo no gutwara abantu, amaduka yo ku bibuga by’indege n’ahandi bakira abanyamahanga n’abandi badatuye mu gihugu.

Kuri ubu mu Rwanda, hari ibiro by’ivunjisha 88 bibifitiye uburenganzira n’ibyangombwa, muri byo 55% bikorera mu mujyi wa Kigali.

Muri Nzeli umwaka ushize, Polisi yakoze umukwabu wo kurwanya abavunja mu buryo butemewe ndetse n’ubundi bucuruzi butemewe bufite aho buhuriye n’ikoreshwa ry’amafaranga y’amahanga, aho hafashwe abantu benshi barimo n’abavunja ku buryo butemewe.

ACP Habyara akomeza agira ati:”Amabwiriza agenga ubu bucuruzi asanzwe yarashyizweho kugirango arinde ihungabana ry’ubukungu bw’u Rwanda. Aya mabwiriza akaba agizwe n’amategeko ahana abanyuranya nayo, itegeko rigenga Banki Nkuru hamwe n’amabwiriza agenga ibiro by’ivunjisha.”

Itegeko nshinga , mu ngingo yaryo ya 488 ivuga ku kuvunja amafaranga mu buryo butemewe n‟amategeko, ivuga ko umuntu wese, ku buryo ubwo ari bwo bwose, ucuruza cyangwa uvunja amafaranga y‟u Rwanda cyangwa amadevize mu buryo bunyuranije n‟amategeko, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n‟ihazabu y‟amafaranga y‟u Rwanda kuva ku bihumbi magana abiri (200.000) kugeza kuri miliyoni eshatu (3.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

-2657.jpg

ACP Habyara yongeraho ati:” N’ubwo hasanzweho amategeko n’amabwiriza agenga ubu bucuruzi ariko, ntibibuza ko hakiboneka abakivunjisha mu buryo butemewe n’amategeko ahanini bakorana n’ibiro by’ivunjisha nabyo bitemewe cyangwa abantu ku giti cyabo babikora mu buryo bwa magendu.”

Abahanga mu by’ubukungu bemeza ko ikoreshwa nabi ry’ibikorwa by’ivunjisha rigira ingaruka ku bukungu bw’igihugu harimo guta agaciro k’isoko ry’ivunjisha, ubukungu bw’igihugu bushingira ku ifaranga ry’amahanga, guta agaciro kw’ifaranga ry’imbere mu gihugu, ibyoherezwa mu mahanga bibura ubushobozi bwo guhangana ku isoko mpuzamahanga , habaho kunyereza imisoro ku bakora ivunjisha ritemewe no kubagenzura ngo bafatwe bikagorana kandi hakabaho ihererekanya ry’amafaranga ritemewe ndetse no gutera inkunga iterabwoba byose bidashobora kugenzurwa neza.

Akaba ahamagarira abanyarwanda n’abandi bantu bose baba mu Rwanda kwirinda ibyo bikorwa by’ivunjisha bitemewe(black markets/ marché noirs), ubucuruzi bujyanye nabyo ndetse no kwishyura mu mafaranga y’amahanga.

Barahamagarirwa kandi gukorana na Polisi batanga amakuru ku bakora ubwo bucuruzi butemewe hagamijwe kurinda ihungabana ry’ubukungu bw’igihugu cyacu.
Bwana Muhigi Zéphanie, uhagarariye ishyirahamwe ry’abafite ibiro by’ivunjisha( Rwanda Forex Bureaux Association) yashimiye Polisi y’u Rwanda ku ngamba yashyizeho zo guca akajagari mu bikorwa by’ivunja n’ivunjisha aho yagize ati:” Aka kajagari kadukururiraga igihombo kuko twe dutanga imisoro kandi dukodesha aho dukorera mu gihe bariya bo batagira aho bakorera bo basanga abavunjisha aho bari, kandi bagakwepa imisoro.”

Yavuze ko ishyirahamwe ryabo ryiteguye gukorana na Polisi ngo akajagari gacike kandi agira inama abakora ubu bucuruzi mu buryo butemewe ko batangira gahunda yo gushaka ibyangombwa kuko imitangire yabyo isobanutse kandi abadashoboye gukora bonyine bakaba bakwishyira hamwe.

RNP

2016-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Ubwanditsi 16 Feb 2022
Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Ubwanditsi 07 Sep 2022
Umuhungu wa Habyarimana yatanze ubuhamya ahuza nibyo Raporo Mutsinzi yatangaje

Umuhungu wa Habyarimana yatanze ubuhamya ahuza nibyo Raporo Mutsinzi yatangaje

Ubwanditsi 12 Apr 2021
Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya

Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya

RUSHYASHYA 16 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ange Kagame mu bayoboye tombola y’uko amakipe ya Basketball azahura
Mu Mahanga

Ange Kagame mu bayoboye tombola y’uko amakipe ya Basketball azahura

Ubwanditsi 22 Jul 2016
BIRABABAJE :Umukobwa yahiye umubiri wose ubwo yari agiye gushyushya amazi yo kwiyuhagira
ITOHOZA

BIRABABAJE :Umukobwa yahiye umubiri wose ubwo yari agiye gushyushya amazi yo kwiyuhagira

Ubwanditsi 29 Oct 2016
Ibihugu by’u Rwanda na Benin bishyigikiye kandidatire ya Dr. Kim
Mu Mahanga

Ibihugu by’u Rwanda na Benin bishyigikiye kandidatire ya Dr. Kim

Ubwanditsi 02 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru