• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Ubwanditsi 15 Apr 2016 Mu Mahanga

Umugabo w’umunyarwanda witwa William Rwakibibi wari usanzwe utuye mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, yabonywe yapfiriye muri loji (lodge) yo mu gihugu cya Uganda aho baherukaga kumubona yinjirana n’umugore utaramenyekana kugeza ubu, icyamwishe kikaba kiri gukorwaho iperereza.

Ku mugoroba wo kuwa Kabiri w’iki cyumweru, nibwo uyu mugabo witwa Rwakibibi William w’imyaka 37 y’amavuko, yagiye mu karere kitwa Lyantonde muri Uganda, ajya mu kabari gafite n’amacumbi gahari kitwa ‘Eastland Lodge and Bar’, aho yafatiye ibyo kurya no kunywa hanyuma akanahafata icyumba cyo kuraramo.

Nyuma mu gitondo baje kumusanga yapfiriyemo, bamusangana indangamuntu y’u Rwanda ari nayo yagaragaje umwirondoro we, aho basanze yitwa Rwakibibi William wari utuye ku Kicukiro mu mujyi wa Kigali, akaba yari n’umukozi w’ikompanyi ishinzwe gucunga umutekano izwi nka TOPSEC nk’uko ibyangombwa bye bibigaragaza.

Polisi yo mu karere ka Lyantonde yahise itangira iperereza kugirango hamenyekane icyaba cyishe uyu Rwakibibi ndetse banashake uko bamenyesha umuryango we, ariko hagati aho mu cyumba yasanzwemo yapfuye, bahasanze n’imiti isanzwe ikoreshwa mu kwica udukoko ariko ishobora kwica umuntu mu gihe yaramuka ayinyweye, bakaba bakeka ko yaba yariyahuye akoresheje iyo miti.

Arinda Ariho, nyiri aka kabari gafite n’amacumbi kitwa “Eastland Lodge and bar” yabwiye ikinyamakuru New Vision cyo muri Uganda ko Rwakibibi yageze mu kabari ke ahagana saa kumi z’umugoroba zo kuwa Kabiri tariki 12 Mata 2016, akaba ari naho yaje kurara nyuma yo kukanyweramo, hanyuma mu gitondo bakaza kumusangamo yapfuye.

-2676.jpg

-2675.jpg

Ibyangombwa bigaragaza ko Rwakibibi yari umushoferi muri TOPSEC

-2674.jpg

Mu cyumba bamusanzemo yapfuye, hari n’imiti yica udukoko bahasanze

Abakozi b’akabari ngo babyutse mu gitondo bamukomangira ariko ntiyabikiriza, kugeza ubwo nyuma y’amasaha atatu baje kwiyemeza kwica urugi maze bamusangamo yashizemo umwuka. Abakozi bavuga ko ubwo yari muri aka kabari mu ijoro ryo kuwa Kabiri, yari kumwe n’umugore batabashije kumenya.

Kugeza ubu umurambo wa Rwakibibi William wajyanywe mu bitaro bya Lyantonde muri Uganda aho ugomba kubanza gusuzumwa n’abaganga, hanyuma Polisi nayo ikaba ikomeje gushakisha ngo hamenyekane abo mu muryango wa nyakwigendera.

2016-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rubavu: Abaturage bashimishijwe na serivisi bahabwa zo gupimisha imodoka zabo

Rubavu: Abaturage bashimishijwe na serivisi bahabwa zo gupimisha imodoka zabo

Ubwanditsi 16 Sep 2016
Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Ubwanditsi 17 Nov 2021
Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira

Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira

Ubwanditsi 05 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)
HIRYA NO HINO

Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 10 Mar 2019
Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo
Amakuru

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Ubwanditsi 24 May 2023
Nyuma yo kwirukana abakinnyi 5 muri Rayon  hakurikiyeho  uwari Manager
IMIKINO

Nyuma yo kwirukana abakinnyi 5 muri Rayon hakurikiyeho uwari Manager

Ubwanditsi 23 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru