• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 17 May 2016 Mu Mahanga

Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano bagera kuri 500 bo mu karere ka Gasabo basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha.

Ibi babisabwe ku itariki 14 Gicurasi mu nama bagiranye n’ushinzwe abakozi n’ubutegetsi mu karere ka Gasabo, Ntaganzwa Jean Marie Vianney, akaba yari afatanyije n’ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano muri aka karere , Inspector of Police (IP) Joseph Nzabonimpa.

Ababisabwe ni abashinzwe umutekano, amarondo n’amakuru mu midugudu igize aka karere, bakaba biyongeraho abakuriye urwego rwunganira uturere mu kubungabunga umutekano (District Administrative Security Support Organ-DASSO) muri aka karere.

Mu ijambo rye, Ntaganzwa yabwiye abo bagize izi nzego ati:”Mukwiye gufatanya kurwanya ikintu cyose kinyuranije n’amategeko muhanahana amakuru ku gihe hagati yanyu ubwanyu no hagati yanyu n’izindi nzego yatuma gikumirwa ndetse hakabaho no gufata abamaze kugikora cyangwa abafite imigambi yo kubikora.”

Yabasabye gukurikirana ko amarondo akorwa neza, no kuzuza neza amakaye y’umudugudu kugira ngo babashe gukurikirana urujya n’uruza rw’abantu.

Ntaganzwa yababwiye kujya kandi bakangurira abatuye mu midugudu yabo kwitabira umugoroba w’ababyeyi agira ati:”Ni urubuga rwiza rwo kumviramo ibibazo biri hagati y’abantu no kubishakira umuti urambye. Ntureba gusa abagore, abafite ubushobozi buke cyangwa abatari intiti nk’uko bamwe bashobora kuba babitekereza. Ufitiye akamaro buri wese kuko ibibazo bishobora kuvuka hagati y’abantu b’ibyiciro byose.”

IP Nzabonimpa yabasobanuriye ko ibiyobyabwenge bitera ababinyoye gukora ibyaha nko gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu, no gusambanya abana, maze abasaba kurwanya ubucuruzi bwabyo, kubinywa no kubitunda.

Yababwiye kandi gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, irikorerwa mu ngo, n’irikorerwa abana nko kubavana mu ishuri, n’ibindi.

IP Nzabonimpa yakomeje abwira abo bagize izi nzego ati:”Murasabwa kuba intangarugero mu byo mukora byose kugira ngo inama mugira abatuye mu midugudu yanyu zikurikizwe.”

Yabasabye kwirinda ruswa agira ati:”Idindiza iterambere. Ni yo mpamvu buri wese akwiye kuyirinda no kugira uruhare mu kuyirwanya atanga amakuru y’abayisaba, abayakira, n’abayitanga.”

Yababwiye kujya bakangurira abatuye mu midugudu yabo kuba ijisho ry’umuturanyi birinda ibikorwa byose binyuranije n’amategeko , kandi batanga amakuru y’ababikoze cyangwa abafite imigambi yo kubikora.

RNP

2016-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe

Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe

Ubwanditsi 07 Apr 2016
Nyuma yo gusesa Minisiteri y’umutekano abari abakozi bayo barerekeza he?

Nyuma yo gusesa Minisiteri y’umutekano abari abakozi bayo barerekeza he?

Ubwanditsi 06 Oct 2016
U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye

U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye

Ubwanditsi 28 Dec 2025
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Ubwanditsi 18 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hifujwe ko Anne na Diane baburana ukwabo na nyina ukwe
Mu Rwanda

Hifujwe ko Anne na Diane baburana ukwabo na nyina ukwe

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Suzuma amafaranga uhawe ko atari amahimbano
Mu Mahanga

Suzuma amafaranga uhawe ko atari amahimbano

Ubwanditsi 11 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru