• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Editorial 17 May 2016 Mu Mahanga

Umukozi w’Imana Pastor Evangeliste Habimana Francois yadusangije inyigisho zije ubuhanga n’inama n’impanuro ku mukristo aho yifashishije ibibazo bibaza ngo Umuzima n’uwande ? Uwapfuye ni uwande ? ,umupfapfa ninde ? umunyabwenge ni nde ? Aya magambo yose tuyasanga muri Bibiliya year ari nayo yifashishije asobanura iby’izi nyigisho .

Abantu benshi,usanga bajya impaka ku ibintu bitandukanye,kandi buri wese akagerageza kwerekana ko ariwe ufite ukuri Nyamara impaka si izubu kuva na kera, habagaho impaka,ndetse kugeza ubwo uzisanga no mubantu basenga ! Iyo usomye : 1abami3, 16-28, tuhasanga inkuru y’abagore babiri bahuje umwuga w’ uburaya ;baba munzu imwe, kandi bafite impinja z’abahungu zavukiye mugihe kimwe,kandi bose mu ijoro barasinziriye ,umwe aryamira umwana arapfa kubera ibitotsi, undi nawe kubera ibitotsi bamwiba umwana, bamusigira upfuye !

Mu by’ukuri aba bagore bafite byinshi bahuriyeho ; ikibatandukanya ni kimwe, umwe afite umwana muzima, undi uwe yapfuye ; ariko se uvuga ukuri turamubwirwa n’iki ?
Gusa mubaburana babiri, haba harimo uwigiza nkana. Mugihe kidatinze rero ikirego baba bakigejeje k’Umwami Salomo, buri wese na marira menshi agaragaza ko ari m’ukuri , impaka ziba zibaye urudaca,urubanza rubura gica,baracengana biracika !aha bigatuma nibuka icyigisho cy’umuntu umwe cyitwa ‘’ ikinyoma gifite ibimenyetso !’’ .

Ariko kubera Ubwenge Imana yahaye Salomo, aba afashe Ijambo,ati ‘’ umwana wapfuye we turamubona igisigaye ni ukumushyingura,uwo muzima nawe mumuzane tumubagabanye umwe atware igice kimwe n’ undi atware ikindi ! Nyamugore ngo abyumve ,Nyirikinyoma cyokamye,uyoborwa na kamere,umwe utabwirwa ,ntiyumve ntanabone ! Ati’’ mumutugabanye twese tumubure !naho mugenzi we,Nyina w’ umwana muzima,afata munkota ya Salomo ati’’ basi namwijyanire,aho kugira ngo bamucemo kabiri’’ !Ni uko Umwami amenya nyiri Umwana muzima ko ari umufitiye impuhwe.ikiranga abantu bapfushije abana nta mpuhwe nta n’ urukundo,niyo ubitegereje neza impuhwe baba bafite ni nkazimwe za Bihehe.

Biratangaje iby’ uru rubanza abantu ntibacyemera icyaha ahubwo barisobanura ! Ubundi inkota isobanura Ijambo ry’Imana,birakwiye ko ariryo rituyobora mugihe nkiki cy’urusobe n’impaka nyinshi, kandi aho buri wese ashaka kugaragaza ko ariwe uri m’ukuri.abakobwa bati ‘’abahungu bikigihe ntakigenda ! Abahungu nabo bati ‘’ abakobwa bikigihe ni ibirara ! Hagati y’abanyamadini ni impaka gusa, ati” idini ryanjye niryo ritunganye, undi ati “ mwe mukorana n’ imyuka mibi’’ !umuntu bamukura k’umwanya w’ ubuyobozi ati’’hari ikibyihishe inyuma !abamukuyeho nabo bati”twari twaramwihanganiye ahubwo !’’…..

Iyo usomye muri Matayo 25:1-13:uhasanga umugani w’abakobwa 10(10 virgins) batanu bari abapfapfa, abandi batanu bari abanyabwenge.Aba bakobwa nabo bafite byinshi bahuriyeho : Bose ni abakobwa,bose bafite amatabaza(lamps),bose bategereje Umukwe ,kandi kubera gutinda k’ umukwe bose barasinziriye,ikibatandukanya ni uko bamwe bafite amavuta,abandi ntana y’ umuti bafite yabashiranye kera.

Twese tuvuga ko dukorera Imana, twese dutegereje kuza kwa Kristo,cyangwa se dutegereje kuzajya mu ijuru,… .Ese wowe witekereje urabona wakisanga mukihe cy’iciro ? Cy’ abapfapfa cyangwa cy’abanyabwenge ?Imana iguhishurire. Dusabwa gufata ingamba (prendre des precautions de reserves)hato umukwe atazaza agasanga amavuta yaradushiranye,cyangwa igitotsi cyadutwaye tukaryamira abana,hato tutazamera nkawawundi wari uhetse ingobyi ,umwana yaraheze kera.

Haracyari amahirwe yo gushaka amavuta ahagije,haracyari ibyiringiro ko n’uwapfushije umwana yasaba imbabazi akababarirwa,kuko muri Kristo niho harimo kuzuka n’ ubugingo.

Yesu ubwe yaravuze ngo mureke amasaka n’ urukungu bikurane, bizasobanuka igihe cy’ isarura,kuko ubusanzwe urukungu n’ amasaka birasa, bitandukana iyo bigeze igihe cyo kwera imbuto.Nta muntu ufite uburenganzira bwo kuguciraho iteka,Ijambo rya nyuma rifitwe n’Umwami Imana.niwe uzi ukuri kwawe,biranagoye ko wisobanura uri mukigeragezo,kuko ukuri kwawe ntikumvikana,ariko Imana idaca urwa cyibera,umunsi umwe izagaragaza ukuri,mugani wawawundi ngo” ukuri ntikwaheze ,kwagiye gushaka ibimenyetso”.

1Abatesaloniki5:23-24” Imana y’amahoro ibeze rwose,kandi mwebwe ubwanyu,n’umwuka wanyu,n’ubugingo n’umubiri byose birarindwe,bitazabaho umugayo ubwo Umwami wacu Yesu azaza.Ibahamagara ni iyo kwizerwa no kubikora izabikora.

-2815.jpg

Inyigisho ya Pastor .Ev. Francois Habimana

2016-05-17
Editorial

IZINDI NKURU

Kamonyi: Abantu barakangurirwa kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Kamonyi: Abantu barakangurirwa kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Editorial 02 Jan 2016
Itangazo rya Rushyashya.net  rigenewe abasomyi

Itangazo rya Rushyashya.net rigenewe abasomyi

Editorial 01 Sep 2016
Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro

Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro

Editorial 07 Nov 2017
Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Editorial 08 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihugu 3 ni byo byitabiriye “ACIRC” muri 13 byatumiwe
Mu Rwanda

Ibihugu 3 ni byo byitabiriye “ACIRC” muri 13 byatumiwe

Editorial 26 Mar 2017
Musanze : Perezida Kagame  yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19
Mu Rwanda

Musanze : Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19

Editorial 01 Sep 2017
Amafoto: Kepler VC yatsinze REG VC, Police WVC itsinda APR WVC begukana igikombe cy’Intwari 2025
Amakuru

Amafoto: Kepler VC yatsinze REG VC, Police WVC itsinda APR WVC begukana igikombe cy’Intwari 2025

Editorial 03 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru