• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Editorial 04 Jun 2016 Mu Rwanda

Hamaze iminsi imiryango mpuzamahanga ivuga yuko ubutegetsi bwa Nkurunziza mu Burundi butegura itsemba bwoko ariko ubwo butegetsi bukabihakana.

Kandi ugasanga koko aribyo nta tsembabwoko rishobora kuba muri icyo igihugu kuko ibibazo gifite usanga ari ibya politike kurusha uko byaba bishingiye ku moko kuko abarwanya Nkurunziza bari mu moko yose agize u Burundi.

Ariko uko ibintu bigenda byigaragaza muri icyo gihugu, kimaze umwaka n’amezi abiri mu bwicanyi, usanga n’ibyo bya Jenoside byashoboka kuko ingero zifatika zimaze kwigaragaza.

Habanje rya geragezwa ryo guhirika Nkurunziza ku butegetsi, ubwo butegetsi bugerageza kumvisha abaturage yuko abari ku isonga ry’ababikoze bari abasirikare bahoze mu ngabo za kera. Ibyo bikaba bisobanuye Abatutsi.

Abasaga 20 muri abo basirikare barafashwe barafungwa, abatarafunzwe bakaba bagenda bicwa umwe umwe ku buryo ubaze usanga buri kwezi nibura umuwofisiye w’umutitsi wahoze mu ngabo za kera yicwa.

Ibi ariko abantu bari bamaze kubimenyera cyane yuko iyo benshi muri abo bawofisiye b’Abatutsi bicwaga Nkurunziza yavugaga ijambo ry’akababaro. Nubwo benshi bahamyaga yuko iryo jambo ryabaga ari iryo kujijisha ariko nibura benshi muri ya mitwe ye y’abicanyi nk’Imbonerakure yabifataga muri ubwo buryo bw’uko Perezida atishimira yuko umututsi yishwe.

Ariko ubutumwa Perezida Nkurunziza aherutse gutanga bushobora kuzakurikirwa n’ubwicanyi bushingiye ku moko, aribyo byabindi byaba koko biganisha kuri jenoside.

Nkurunziza aherutse gukorera uruzinduko rw’akazi muri komine Mugamba iri mu ntara ya Bururi. Mu Burundi iyo uvuze Bururi benshi bumva uvuze intara y’Abatutsi, ikaba n’intara y’abategetsi b’Abatutsi bakomeje kwica Abahutu kuva icyo gihugu cyabona ubwigenge. Muri abo bahutu bishwe hakabamo na se wa Perezida Nkurunziza.

-2853.jpg

-2850.jpg

-2849.jpg

Abaturage bari bake cyane

-2848.jpg

-2852.jpg

Muri iki cyumweru rero Nkurunziza ari muri Bururi yahaye abaturage ibyumweru bibiri ngo babe bitandukanyije n’umwanzi ngo bitari ibyo bose azabafata nkabo. Iri jambo Abarundi barifashe nk’uko Nkurunziza yavuze yuko nyuma y’ibyo byumweru bibiri buri Mututsi azafatwa nk’umwanzi kandi igikorerwa abanzi bizwi yuko ari ukwicwa.

Iryo jambo rya Nkurunziza ni ribi cyane. Abamurwanya bakomeje kugerageza kugendera ku murongo wa politike ariko nibadashakisha uko barushaho kuwugumaho, Nkurunziza arabawukuraho abarohe muri Jenoside nk’uko ubutegetsi bwa Habyarimana bwabikoze hano mu Rwanda.

Kayumba Casmiry

2016-06-04
Editorial

IZINDI NKURU

2020 ntizarenga u Rwanda rutarubaka ahabera imurikagurisha mpuzamahanga-Robert Bapfakurera

2020 ntizarenga u Rwanda rutarubaka ahabera imurikagurisha mpuzamahanga-Robert Bapfakurera

Editorial 23 Feb 2018
Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi

Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi

Editorial 23 Jul 2021
CHAN 2018 : Uganda Cranes  yasesekaye  i Kigali

CHAN 2018 : Uganda Cranes yasesekaye i Kigali

Editorial 17 Aug 2017
Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya  birabona umugabo bigasiba undi

Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya birabona umugabo bigasiba undi

Editorial 14 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.
Amakuru

Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Editorial 09 Sep 2024
Impamvu y’ibirindiro by’ingabo z’ibihugu bikomeye ku Isi bikomeje kubakwa muri Afurika
Mu Rwanda

Impamvu y’ibirindiro by’ingabo z’ibihugu bikomeye ku Isi bikomeje kubakwa muri Afurika

Editorial 29 May 2017
Ifoto ya Shaddyboo iri kuvugisha abatari bake,nawe ihere ijisho
SHOWBIZ

Ifoto ya Shaddyboo iri kuvugisha abatari bake,nawe ihere ijisho

Editorial 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru