• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu

Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 03 Jun 2016 Mu Mahanga

Nyuma y’aho bigaragariye ko hari ababyeyi bo mu karere ka Rubavu cyane cyane abo mu murenge wa Gisenyi basibya abana mu mashuri abandi bakavamo burundu ngo basigarane barumuna babo igihe aba babyeyi bagiye gushaka ibicuruzwa mu mujyi wa Goma mu gihugu cya Congo, ibi bikaba ari uguhohotera aba bana no kubabuza uburenganzira bwabo, ku itariki ya 02 Kamena, itsinda ry’abapolisi baturutse mu ishami ry’ubugenzacyaha (CID) muri Polisi y’u Rwanda ryajyane imodoka yakira ibibazo by’abaturage (Mobile Police Station) muri uyu murenge kugirango bakangurirwe kwirinda iri hohoterwa ndetse n’icuruzwa ry’abantu.

Inspector of Police (IP) Christine Mukamazimpaka waturutse mu gashami ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV), yabwiye abaturage barenga 500 bari bateraniye mu kagari ka Kivumu umurenge wa Gisenyi, ko ibi bikorwa n’aba babyeyi ari uguhohotera uburenganzira bw’umwana, yaba ukuwe mu ishuri na murumuna we asigara arera.

Akaba yagize ati:” Umuntu wese utarengeje imyaka 18 y’amavuko yitwa umwana. Mu burenganzira bwe harimo ubwo kubaho, kwandikishwa avutse kandi bigakorwa ku gihe, kumenya ababyeyi be, kwiga, kuvuzwa, kurindwa ivangurwa, gushimutwa no gucuruzwa, kuruhuka, kwidagadura n’ibindi. None se iyo ufashe umwana ukamukura mu ishuri uba wubahirije uburenganzira bwe? Uyu murumuna we se we wirirwa umunsi wose atonse ntuba umuvukije uburenganzira bwe? Babyeyi, mwirinde ibikorwa nk’ibi.”

Yakomeje abakangurira kwirinda n’ihohoterwa ryo mu ngo kuko rivamo kwicana, abasaba kumvikana n’abo bashakanye. Aha yagize ati:”Byamaze kugaragara ko iyo habayeho guta inshingano k’umwe mu bashakanye bikunze kuba intandaro y’amakimbirane mu rugo amaherezo akazavamo ihohoterwa ry’umwe mu bagize umuryango yaba umugore cyangwa umugabo, rikaba rishobora no kuvamo ubwicanyi.”

Uwari uyoboye iri tsinda Chief Inspector of Police (CIP) Rutaro Hubert, yakanguriye aba baturage kumenya no kwirinda icyaha cy’icuruzwa ry’abantu.

Yagize ati:”Hari ibyaha bikorwa mushobora kuba mutazi ko ari ibyaha, umuntu araza akakwizeza ibitangaza ko agiye kugushakira imirimo myiza kandi ihemba amafaranga menshi mu mahanga cyangwa kugushakira amashuri meza mu bihugu byo hanze, wagerayo ugasanga ibyo bagusezeranyije ataribyo urimo gukoreshwa, ahubwo washowe mu buraya cyangwa ukoreshwa imirimo y’ingufu kandi udahemberwa, ndetse bamwe ibice byabo by’umubiri bikagurishwa, kandi abenshi mu bashorwa muri ibyo bikorwa ni abagore n’abakobwa uretse ko n’abasore n’abagabo byabageraho.”

Yakomeje ababwira ko bo nk’abaturage baturiye umupaka bahuye cyangwa bashobora kuzahura n’aba bantu babizeza ibitangaza, abakangurira kujya bashishoza.

Yagize ati: Abantu nk’aba bazakugeraho, niyo mpamvu buri wese agomba kugira imyumvire yisumbuye y’uko icuruzwa ry’abantu rikorwa n’ingaruka zaryo, kugirango abantu birinde kurigwamo.”

CIP Rutaro yasoje asaba abo baturage ko badakwiye guhohotera abana babo n’ubwo baba bagiye gushaka ibibatunga, abasaba kudaha amatwi umuntu uwo ariwe wese ubizeza ibitangaza kandi batamuzi, kuko nta cyiza kiba kimugenza, ahubwo hagira ubizeza ibyo bitangaza bagahita babimenyesha Polisi y’u Rwanda.”

Nyuma y’ibyo biganiro, umwe mu bana witwa Nishimwe Sandrine ufite imyaka 10 wiga mu mwaka wa 2 w’amashuri abanza, wari uhetse murumuna we yagize ati:”Dore nk’ubu uyu munsi nagombaga kuba nagiye kwiga, ariko mu gitondo Mama yambwiye ngo ninze tujyane (kurembera) gucuruza, tugeze hano ansigira uyu murumuna wanjye, we ajya muri Congo kandi aragaruka nimugoroba. Nta cyo kurya yansigiye kandi n’uyu aronka nimugoroba agarutse.”

Umwe mu babyeyi witwa Manishimwe Marie Goretti wakurikiye ibi biganiro, yashimye Polisi y’u Rwanda kubera impanuro ibahaye, aho yagize ati:”Rwose turasobanukiwe natwe dusanga ibyo dukora byo gusiga abana hano tukajya guhaha muri Congo ari amakosa, tugiye kwisubiraho tujye dukorera hano i Rubavu turi kumwe n’abana bacu, kandi n’aba twabasigiraga bakomeze amashuri yabo baziteze imbere.

Umukobwa witwa Twizerimana Rachel w’imyaka 20 we yagize ati:”Nyuma y’ibi biganiro duhawe na Polisi yacu, dusobanukiwe amayeri abo bagizi ba nabi bakoresha ngo babone abo bajya gucuruza. Ubu ntaho bashobora kumpera ndetse n’uwagerageza kunshuka nahita mushyikiriza Polisi y’u Rwanda.”

RNP

2016-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka

Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka

Ubwanditsi 19 Aug 2021
Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika

Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika

Ubwanditsi 27 Jul 2016
Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!

Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!

Ubwanditsi 20 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukinnyi Ndatimana Robert  ya katiwe n’urukiko rwa Nyamirambo iminsi 30 y’igifungo
IMIKINO

Umukinnyi Ndatimana Robert ya katiwe n’urukiko rwa Nyamirambo iminsi 30 y’igifungo

Ubwanditsi 07 Jan 2016
Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside
Mu Mahanga

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Ikipe ya Sandvikens IF yo muri Suwede yemeje itandukana ryayo na Byiringiro Lague
Amakuru

Ikipe ya Sandvikens IF yo muri Suwede yemeje itandukana ryayo na Byiringiro Lague

Ubwanditsi 03 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru