• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

Ubwanditsi 09 Jun 2016 Mu Mahanga

Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu (PL), rirategura kwizihiza imyaka 25 rimaze rikorera mu Rwanda. Iri shyaka rifite imyanya itari mike mu nteko ishinga Amategeko, Visi Perezida wa mbere akaba ari na we muyobozi waryo w’agateganyo Hon Mukabalisa Donatilla, aracyazitiwe n’urukuta rukomeye yasigiwe na Mitali Protais wahunze igihugu, asize yibye akayabo ka miliyoni zisaga 50.

Biravugwa ko gutora Perezida wa PL, muri iki gihe bitapfa koroha mugihe Hon. Mukabarisa atarabasha gusenya igikuta cyimuzitiye cyubatswe na Mitali ku buryo Mukabalisa arebye nabi ahubwo n’ uwo mwanya atawicazwaho n’abayoboke ba PL, kuko benshi bagitsimbaraye ku ngengabitekerezo yubatswe n’uwabagabiye.

Ibi ni bimwe mu bimenyetso byagaragaye, kuri iki Cyumweru tariki 6 Gicurasi 2016, ubwo inama yari igamije gutegura ibirebana no kwibuka imyaka 25,PL ibayeho, hagombaga kwigwa, hakanabarurwa umutungo ishyaka risigaranye nyuma y’ubujura bwabaye muri iryo shyaka, ibi byose byaburijwemo ahubwo hitabazwa Minisitiri Kanimba wavuze Ibiciro by’isukari bigiye kuzamuka ku masoko yo mu Rwanda.

Amakuru aturuka muri PL, aravuga ko ako gatsiko kubatswe na Mitali ku kwego rw’Akarere kugeza kurwego rw’igihugu kakira bigoranye inama zitangwa na Hon Mukabalisa.

Kwitabira inama zitumizwa n’umuyobozi wa PL si uko bamwishimiye ahubwo ni ukwanga ko ishyaka ryabo rigaragara nabi, mbese bazitabira baseta ibirenge.

Hari n’amakuru avugako bamwe muri aba bayoboke badacana uwaka na Hon Mukabarisa bari mu nteko ishinga mategeko bakivugana na Mitali aho ari mu buhungiro, akabashyiramo imigambi yo kunaniza Hon. Mukabarisa bamuteranya n’abandi ba Depite bakomoka muyandi mashyaka cyane cyane RPF, ko byamunaniye ngo ko atababwira mu gufata ibyemezo n’ibindi…

-2880.jpg

Mitali Protain na Hon. Mukabalisa

-2879.jpg

Bamwe mu bayoboke bake cyane basigaye muri PL

Hari imigambi iri gucurirwa inyuma mu ishyaka PL, igamije kuzahirika Hon. Mukabarisa mugihe haba habaye amatora ku rwego rw’igihugu, hagatorwa umwe mugatsiko ka Mitali.

Kuva ishyaka PL, ryacikamo ibice bibiri mu mwaka w’2007, habuze uwakunga abayoboke bake cyane PL, isigaranye, umwuka mubi n’urwikekwe bikomeza gucumba umwotsi ubwo Hon.Mukabarisa yatunguranaga akagirwa Umukuru w’umutwe w’Abadepite, ibintu bitishimiwe na Mitali ubwe n’agatsiko yimitse muri iryo shyaka.

Ishyaka PL, rimaze gutakaza abayoboke benshi, bamwe muribo bakaba barigiriye muri RPF-Inkotanyi, ari nabo bari barifatiye runini.

Mugihe rero PL, yizihiza imyaka 25, yakagombye kwibuka abakurambere bayo barimo Lando, Kameya, Kayiranga, Kabageni, n’abandi bahitanywe na Jenoside yakorewe Abatutsi, kwegera abayoboke batatanye kubera amakimbirane ashingiye kumyanya yokamye iri shyaka no kunga abayoboke.

Umwanditsi wacu

2016-06-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gusesengura no guhanahana amakuru ku gihe ni ishingiro ryo gukumira ibyaha – CP Butera

Gusesengura no guhanahana amakuru ku gihe ni ishingiro ryo gukumira ibyaha – CP Butera

Ubwanditsi 17 Feb 2017
Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu

Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu

Ubwanditsi 12 May 2023
Perezida Kagame yasabye Abayobozi bashya biganjemo ab’ingabo gukaza umutekano

Perezida Kagame yasabye Abayobozi bashya biganjemo ab’ingabo gukaza umutekano

Ubwanditsi 29 Mar 2016
Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Ubwanditsi 01 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu bitanu by’ingenzi ku ikipe ya ‘Refugee Olympic’ iri i Rio 2016
IMIKINO

Ibintu bitanu by’ingenzi ku ikipe ya ‘Refugee Olympic’ iri i Rio 2016

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Ingimbi n’Abangavu 30 bahize abandi mu gikorwa cyogushaka impano zizaserukira u Rwanda mu mikino Olempikey’Urubyiruko
Amakuru

Ingimbi n’Abangavu 30 bahize abandi mu gikorwa cyogushaka impano zizaserukira u Rwanda mu mikino Olempikey’Urubyiruko

Ubwanditsi 12 Dec 2022
Amafoto – Abitabiriye imikino ya BAL 2024 bakoreye umuganda ahazubakwa ibibuga by’umupira w’Amaguru na Tennis
Amakuru

Amafoto – Abitabiriye imikino ya BAL 2024 bakoreye umuganda ahazubakwa ibibuga by’umupira w’Amaguru na Tennis

Ubwanditsi 25 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru