• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana

Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana

Ubwanditsi 09 Jun 2016 Mu Mahanga

Umukozi wa Banki ya Kigali uherutse kuvugwa ko yabuze guhera ku wa 3 Kamena, yabonetse nta kibazo afite, avuga ko iyi minsi itanu ayimaze ‘kwa cherie we’.

Ejo bundi tariki 7 Kamena 2016 ni bwo twabagejejeho inkuru y’umusore witwa Nsanzumuhire Innocent, uri mu kigero cy’imyaka 34 umuryango we uvuga ko yabuze.

Muri iyi nkuru, abo mu muryango we bavugaga ko bagerageje kumuhamagara kuri telefoni ye ngendanwa ibanza kwitabwa n’abandi bigeze aho ivaho, kugeza ku munsi w’ejo akaba atari yakabonetse cyangwa se ngo hamenyekane aho yarengeye.

Usibye abo mu rugo, aho akorera muri Banki ya Kigali, aho ashinzwe inguzanyo (credit agent) na ho bemezaga ko Nsanzumuhire bamuheruka ku wa Gatanu tariki 3 Kamena 2016, ko bamutegereje ku kazi ku wa mbere ntiyaza, nyuma bumva amakuru ava mu muryango we ko yabuze.

Inkuru dukesha Izuba rirashe ivuga ko Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali Spt Emmanuel Hitayezu, yemeje ko uyu Nsanzumuhire yabonetse, yizanye kandi ari muzima.

Yabwiye iki kinyamakuru ati “Mushatse mwamuvugisha kuri phone ye, andi makuru y’aho yari ari yahababwira, ngo yageze iwe mu ma saa cyenda za mu gitondo, nta kibazo afite, andi makuru ni we wayabaha.”

Spt Hitayezu avuga ko umuryango we ari wo wagejeje aya makuru y’iboneka rye kuri polisi, kuko n’ubundi bari bayifashishije mu gushaka uyu muntu.

Kuri telefoni ye ngendanwa, Nsanzumuhire yemereye Izuba Rirashe ko koko ahari, ko yari yagiye gusura umwari babyumva kimwe, ndetse week end ikarangira akiyongeza n’iminsi y’akazi, kugeza ubwo atahiye saa cyenda z’ijoro zo kuri uyu wa Gatatu.

Yagize ati “ Ndahari, ni kwa kundi umuntu ajya ahantu ntibabimenye…. nari nagiye kwa cherie wanjye, nari nasuye abantu ndakererwa mpitamo kureka kujya ku kazi….ubu ndi mu rugo nta kibazo mfite.”

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Hitayezu yagize inama atanga ku ibura rya hato na hato ry’abantu.

Yagize ati “Hari igihe umuntu abura akavuga ko hari aho yari ari, ariko bigateza ikibazo umuryango we. Abantu bari bakwiye kubyirinda, niba hari aho agiye agomba kumenyesha umuryango we ko adahari n’igihe azagarukira.”

Polisi isaba abantu niba hari gahunda bafite, hari aho bagiye kuruhuka, bamenyeshe imiryango n’inshuti cyangwa se aho akorera.

-2902.jpg

Nsanzumuhire Innocent, uvuga ko yari yaburiye kwa Cherie we

2016-06-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bugesera: Abaturage ba Rilima bahuriye mu nama y’umutekano

Bugesera: Abaturage ba Rilima bahuriye mu nama y’umutekano

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Ubwanditsi 17 Apr 2021
Irinde ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko- Polisi y’u Rwanda

Irinde ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko- Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Oct 2016
Transparency International irashima ingamba Polisi yafashe mu guhashya ruswa

Transparency International irashima ingamba Polisi yafashe mu guhashya ruswa

Ubwanditsi 25 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo
IMIKINO

#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo

Ubwanditsi 15 Nov 2016
RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017
UBUKUNGU

RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku

Ubwanditsi 05 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru