• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda nibyo byaranze umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda nibyo byaranze umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Ubwanditsi 16 Jun 2016 Mu Mahanga

Ejo wari umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda.
Mu biganiro byabereye ku maradiyo atandukanye, abakoresha umuhanda bashishikarijwe kubahiriza amategeko y’umuhanda hagamijwe cyane cyane kurengera abana.

Imibare yo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda yerekana ko mu mezi atanu ashize y’uyu mwaka, abana 10 bitabye imana naho abandi 53 barakomereka kubera impanuka zo mu muhanda.

Ubutumwa bwatanzwe bujyanye no kubahiriza amategeko y’umuhanda harengerwa abana akarindwa impanuka zo mu muhanda, bujyanye n’insanganyamatsiko y’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda igira iti:” Turengere umwana”.

Ubwo ku munsi w’ejo yatangaga ikiganiro kuri City Radio, Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) George Rumanzi yasobanuye ku buryo burambuye uko umutekano wo mu muhanda uhagaze, amakosa akunze gukorwa mu muhanda, bityo asaba abakoresha umuhanda n’abandi bose kubahiriza amategeko y’umuhanda.

Yagize ati:” turizera ko kugira ngo amategeko y’umuhanda yubahirizwe bijyana no kuyashyira mu bikorwa. Tubona ko byagerwaho; hiridwa impanuka ndetse buri wese akabigiramo uruhare cyane cyane atugezaho amakuru y’abatubahiriza amategeko y’umuhanda”.

Avuga ku ngamba zafashwe zirebana n’imodoka zitwara abanyeshuri bo mu mashuri y’incuke n’abanza mu gihe bajya cyangwa bava ku mashuri, CP Rumanzi yagize ati:”ba nyir’ibinyabiziga bagomba gukora ibishoboka byose imodoka zabo zikaba zujuje ibisabwa byose bijyanye n’amategeko y’umuhanda ndetse zikagira n’ibyangombwa byihariye bitangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA).”

Ikindi kiganiro cyatangiwe kuri Radio Umucyo FM, aho umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe gusuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga Chief Superintendent of Police (CSP) Emmanuel Kalinda, yasabye ba nyir’imodoka kumenya ko ibinyabiziga byabo bimeze neza kuko iyo byangiritse biba imwe mu mpamvu zikomeye mu biteza impanuka.
Yabwiye abari bateze amatwi icyo kiganiro ati:” Imodoka yose igomba kugira icyemezo cy’uko yakorewe isuzumwa kandi cyatanzwe mu buryo bukwiriye n’iki kigo gishinzwe kuzisuzuma ndetse kinabifitiye n’ububasha. Abantu rero bagomba gucika ku muco mubi wo kumva ko babona ibi byemezo mu nzira zitemewe”.

Guhera mu kwezi kwa Mutarama kugera muri Gicurasi uyu mwaka, imodoka 42,637 zakorewe isuzumwa. Mu gihe cyavuzwe hejuru kandi, Polisi yafashe abantu 27 bafite ibyemezo by’ibyiganano byerekana ko imodoka zabo zasuzumwe cyangwa se bagerageza guha ruswa abapolisi basuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga kugira ngo bahabwe ibyemezo by’ukuri.

Ubusanzwe hari igihe imodoka ikorerwa isuzumwa ry’imiterere yayo inshuro imwe bagasanga imeze neza nta kibazo ifite. Icyo gihe ihabwa icyemezo cy’uko yasuzumwe ndetse ari nzima nta kibazoishobora gutera. Ariko nanone hari ubwo nyuma yogusuzumwa basanga ifite ibibazo maze nyirayo bakamwereka uburwayi bwayo bityo agasabwa kujya kuyikoresha akazagaruka ku buryo isuzumwa ryayo rishobora gukorwa inshuro nyinshi ku modoka imwe mu gihe iyo modoka itakoreshejwe neza.

Imodoka zikora ibikorwa by’ubucuruzi zikorerwa isuzumwa buri mezi atandatu mu gihe iz’abantu ku giti cyabo zidakora akazi kenshi zo zisubira gukorerwa isuzumwa hashize umwaka umwe.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda Superintendent of Police (SP) Jean Marie Vianney Ndushabandi nawe yatanze ikiganiro kuri Radiyo Contact FM kikaba nacyo cyari kijyanye no kubahiriza amategeko y’umuhanda, ndetse akaba yaranagaragaje impamvu zitera impanuka.

Yagize ati:”Impanuka nyinshi ziterwa no gutwara nabi ikinyabiziga, uburangare, kugendera ku muvuduko ukabije, gutwara ikinyabiziga wasinze, imiterere itameze neza y’ikinyabiziga, kutubahiriza ibimenyetso n’amatara by’imihanda, gutwara uvugira kuri terefone, n’ibindi”. Yakomeje avuga ko abatwara imodoka z’abanyeshuri baba bagomba kuba bafite ibyemezo bitangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA).

-2976.jpg

-2975.jpg

Uretse ibiganiro kuri radiyo zitandukanye, no mu turere tunyuranye abapolisi bahuye n’amatsinda atandukanye yiganjemo ay’abanyeshuri bakaba barabagejejeho ubutumwa bwo gukoresha neza umuhanda.

RNP

2016-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga

Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga

Ubwanditsi 09 Jun 2020
Nyanza: Abakaraningufu  bashyizeho ihuriro ryo kurwanya ibyaha

Nyanza: Abakaraningufu bashyizeho ihuriro ryo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 07 Jun 2016
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri CAR bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri CAR bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 31 May 2018
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700

Ubwanditsi 23 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE
Amakuru

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Ubwanditsi 07 Apr 2025
Nyirabayazana w’Inkongi y’Umuriro muri  Gereza 1930 yamenyekanye
Mu Mahanga

Nyirabayazana w’Inkongi y’Umuriro muri Gereza 1930 yamenyekanye

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”
UBUKUNGU

Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”

Ubwanditsi 13 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru