• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI

UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI

Editorial 16 Jun 2016 ITOHOZA

Bibiliya iravuga ngo Ijambo ry’umusaraba ku barimbuka ni ubupfu, ariko kuri twebwe abakizwa ni imbaraga z’Imana, kuko byanditswe ngo“Nzarimbura ubwenge bw’abanyabwenge, N’ubuhanga bw’abahanga nzabuhindura ubusa.”
Mbese none umunyabwenge ari he? Umwanditsi ari he? Umunyampaka wo muri iki gihe ari he? Ubwenge bw’iyi si Imana ntiyabuhinduye ubupfu?

Kuko ubwo ubwenge bw’Imana bwategetse ko ab’isi badaheshwa kumenya Imana n’ubwenge bw’isi, Imana yishimiye gukirisha abayizera ubupfu bw’ibibwirizwa. 1 Abakorinto 1:18-21.

Intumwa z’Imana z’ukuri zirarenganywa, zigatotezwa ndetse zikanicwa kuko ibyo bigisha abatazi ijambo ry’Imana babifata nk’ubupfu nyamara bikiza benshi. Gusa si igitangaza kuko Yesu yasize avuze Ko umugaragu ataruta shebuja kandi anababwira Ko niba baramutoteje nabo bazatotezwa.

Kimwe mu biherekeza umuhamagaro w’intumwa nyakuri habamo imibabaro no gutotezwa.

Izi nizo ntumwa za mbere zabayeho kandi akarusho zo zifite kurusha izindi ntumwa ni uko zo zibaniye na Yesu imbonankubone, akazigisha bari kumwe mu mubiri ndetse zikanamwibonera akora ibitangaza kugeza apfuye ndetse akazuka akaziha intego yo kugenda amahanga zihindura abantu abigishwa ba Kristo. Asubiye mu ijuru ntiyazijyanye ahubwo yazisabiye kurindirwa mu isi nubwo nazo zitahatinze kuko itotezwa ritazoroheye kugeza nazo bazishe zikajya Mu ijuru gusanga uwazitumye ariko zari zimaze gukora imirimo ikomeye mu isi.

Amakuru y’uko basoje urugendo rwabo hano ku Isi yagiye avugwa n’abantu mu buryo butari ubw’inyandiko (oral way) ugasanga rero hari igihe abayatangaga rimwe na rimwe barabivugaga mu buryo butandukanye ariko turagerageza kubagezaho ibyagiye byandikwa n’abandi bashakashatsi n’abanyamateka. Muri izi ntumwa ntituri buvugemo Yuda Isikariyoti kuko we yapfuye yiyahuye nyuma yo kugambanira Yesu nkuko tubisanga muri Matayo 27:5.

-2994.jpg

Dore rero uko intumwa za Yesu uko ari 12 zarangije urugendo:


1. SIMONI Petero: Yari uw’i Betisida h’i Galileya yabambwe ku musaraba acuritswe kuko yanze kubambwa nk’Umwami we Yesu abasaba ko bamubamba bamucuritse , yaguye i Roma ho mu Butaliyani mu kwezi kwa 6 hagati ya 67 na 68 hagati y’imyaka 34 na 35 Yesu asubiye mu ijuru. Abanyamateka bavuga ko ashobora kuba yarapfiriye igihe kimwe na Pawulo kuko ari nabo bashinze itorero I Roma kandi bose biciwe I Roma.

2. ANDREA: Yiciwe mu Bugereki nawe bamubambye ku giti, yahambwe n’uwitwa Maximilien.Ariko igihe bamwiciye nticyamenyekanye neza.

3. YAKOBO (mukuru): Yishwe na Herode i Agripa amuciye igihanga, hari muri 44 imyaka 11 Yesu asubiye mu ijuru.Ibyakozwe n’Intumwa 12:1-2

4. FILIPO: Yabambwe ku giti ahitwa i Hierapolis muri Turukiya ahambwa na Barutoromayo. Nawe igihe yapfiriye nticyamenyekanye neza kuko bitanditswe.

5. BARUTOROMAYO: Bivugwa Ko Bamushishuyeho uruhu ari muzima ubwo bari basanze avuga ubutumwa
bwiza, bamaze kumuvanaho uruhu amara iminsi itatu abona gupfa.

6. MATAYO: Niwe bitaga Lewi ;uyu we yasogoswe nk’ihene yicishwa ibyuma, amakuru avuga ko yapfiriye muri Afrika muri Etiyopiya.

7. THOMAS: Yatewe amacumu ku manywa y’ihangu avuye kuvuga ubutumwa mu buhinde no mu bu Peresi (Iran y’ubu), bivugwa ko yabanje gushyingurwa Edessa muri Turukiya ariko na bugingo n’ubu mu buhinde umusozi bamwiciyeho barawumwitiriye (witwa St-Thomas). Ndetse hari n’abakristo bamwitiriwe mu buhinde ndetse yakunze kwitwa intumwa y’Ubuhinde kuko ari mu ba mbere bahajyanye ubutumwa Bwiza bwa Yesu Kristo. Yibukwa n’Itorero ry’aba Latino taliki ya 21/12, naho Abagiriki bakamwibuka 06/10 naho abanyamerica ba kavukire (Native Americans) bakamwibuka taliki ya 01/7.

8. THADEO (undi Yuda): Baramurashe bamutsinda ahitwa i Zefenisia avuye kuvuga ubutumwa i Buyuda n’ i Mesopotamia.

9. YAKOBO (mutoya): Bamuhanuye ku gasongero ku rusengero yikubita hasi atangiye gusamba bamuhurizaho amahiri arapfa . Ibyo byabereye i Yerusaremu.

10. SIMONI ZEROTE: Yiciwe muri Africa bamukereje urukerezo mu wa 96
nyuma ya Yesu.

11.MATHIAS(wasimbuye Yuda): Bamuteye amabuye amaze kunogoka bamuca igihanga.

12.YOHANA(umuhishuzi):
Bamucaniriye mu ngunguru y’amavuta aho gushya avamo yabaye umusore kandi bamutetse ari umusaza. Babonye adapfuye ,bajya kumuta ku kirwa cya Patimosi, Uwiteka nabwo amurindirayo akajya agaburirwa n’inyoni . Niho
yahishuriwe byishi nkuko tubisanga mu gitabo cy’ibyahishuwe nkuko yabihishuriwe yibereye muri uwo mwiherero kugeza ubwo yagaruwe muri Efeso aho yandikiye inzandiko 3 za Yohana.Niwe wenyine wapfuye ashaje azize urw’ikirago (umwami
Domitian niwe wari warategetse ko bamuteka mu mavuta).

Ibi bitwigisha ko uwamenye Kristo
Yesu aba ari kurugamba nkuko
Yobu yabivuze ngo iyo umuntu ari
mu Isi n’umubiri aba afashe igihe
mu ntambara. Bityo rero mukomere kandi mukomezanye kuko urugamba rurakomeje.

Ni koko iyi nzira irafunganye ariko tugomba
kuyinyuramo nkuko twabyiyemeje.

Muri iyi si ntawuzahatura nk’umusozi uretse ko nayo igihe kimwe izakurwaho niyo mpamvu rero ibyo tuhakorera bikwiriye kutadutera kwicira urubanza cyangwa ngo tuzatsindwe n’urubanza. Ikibabaje si uko izi ntumwa zatashye, ikibabaje ni uko ababa barazishe baba batarihannye.

-2993.jpg

Duharanire guha ubuzima bwacu Imana no kuyikorera kugira ngo umunsi yaduhamagaye tutazakorwa n’isoni.

Source: – www.amazingbibletimeline.com

www.christianity.com

Article by Claude Ndayishimiye

Shalom

2016-06-16
Editorial

IZINDI NKURU

Ikinyoma gitindi Kirasama: Tshisekedi ashobora kwisanga mu rusobe rw’ibibazo nyuma yo kubeshya abarwanya u Rwanda ko azabafasha gukuraho Leta.

Ikinyoma gitindi Kirasama: Tshisekedi ashobora kwisanga mu rusobe rw’ibibazo nyuma yo kubeshya abarwanya u Rwanda ko azabafasha gukuraho Leta.

Editorial 22 Jun 2023
RDC: Col Bovick Angole Wari Ukuriye Ubutasi Bwa Gisirikare Muri Djugu Yishwe

RDC: Col Bovick Angole Wari Ukuriye Ubutasi Bwa Gisirikare Muri Djugu Yishwe

Editorial 20 Jul 2018
Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?

Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?

Editorial 06 Mar 2019
Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Editorial 16 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 
INKURU NYAMUKURU

Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 

Editorial 29 Jul 2020
Kinshasa haranuka uruntu runtu  : Minisitiri w’Intebe na Guverinoma yose beguye
ITOHOZA

Kinshasa haranuka uruntu runtu : Minisitiri w’Intebe na Guverinoma yose beguye

Editorial 14 Nov 2016
Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije
Mu Mahanga

Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije

Editorial 14 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru