• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kiliziya Gatolika yafashe iyambere mu gufasha abaturage gusaba no kwishyura serivisi za Leta binyuze k’urubuga Irembo

Kiliziya Gatolika yafashe iyambere mu gufasha abaturage gusaba no kwishyura serivisi za Leta binyuze k’urubuga Irembo

Editorial 22 Jun 2016 Mu Mahanga

Irembo ni urubuga abaturage bifashisha bashaka serivisi za Guverinoma bakoresheje ikoranabuhanga. Akamaro k’Irembo ni ugufasha abaturage kubona serivisi mu buryo bworoshye, bunoze kandi bwizewe.

Ku wa Gatanu tariki ya tariki ya 17 Gicurasi 2016 Diyosezi ya Ruhengeri ifatanije n’ikigo cy’Ikoranabuhanga cya RwandaOnline bateguye amahugurwa ku bakozi ba Diyoseze ya Ruhengeri baturutse muri paruwase zose ziyigize mu rwego rwo kubasobanurira ndetse no kubigisha imikorere n’imikoreshereze y’urubuga Irembo. Icyari kigamijwe kwari ukugirango buri paruwase ibe ifite umuntu ushobora kuba yafasha abaturage gusaba no Kwishyura serivisi za Leta muburyo bworoshye kandi akoresheje ikoranabuhanga ry’urubuga Irembo.

Padiri Nizeyima Celestin, wo muri Diyosezi ya Ruhengeri, yatangaje ko ubu ari bumwe mu buryo bwo gufasha abaturage muri gahunda za leta zigiye zitandukanye nk’uko biri mu nshingano zabo kubafasha kujijuka haba mu ikoranabuhanga,mu burezi, ubuvuzi n’ibindi.

Yagize ati “Tugomba gufasha abantu mu bya roho ndetse n’iby’umubiri kandi n’ibi byo kubahugura mu ikoranabuhanga birimo.”

Niyitanga Prisca, umwe mu bahawe amahugurwa, yavuze ko afite akamaro cyane kuko aje gukemura bimwe mu bibazo ababagana babaza ariko batabifitiye ibisubizo.
Ati” Kuba twahawe amahugurwa twabonye igisubizo kuko abaturage nibajya batugana ngo tubafashe uburyo bwo kubona ibyangombwa mu nzego z’ibanze tuzajya duhita tubibafashamo byihuse kuko tubizi.”

-3044.jpg

Bamwe mubahawe amahugurwa

Yan Kwizera, Umuyobozi muri RwandaOnline uhagarariye ishami ryo guteza imbere ubucuruzi (Director of Business Development), yatangarije ko ubu ari bumwe mu buryo Ikigo cya RwandaOnline kirimo gukoresha hamwe n’abandi bafatanyabikorwa barimo n’amadini n’amatorero mu rwego rwo koroherereza abaturage kubona serivisi za Leta biboroheye kandi bakoresheje ikoranabuhanga.

Yakomeje adusobanurira ko muri paruwase zose zigize Diocese ya Ruhengeri, hazaba hari umukozi ushinzwe gufasha abaturage bashaka gusaba no kwishyura serivisi za Leta binyuze k’urubuga Irembo, bityo bikazabafasha kudakora ingendo ndende bashaka serivisi za Leta .

Kugeza ubu wasaba serivisi zisaga 30, ukoresheje telefoni igendanwa udakeneye interineti ukanze *909# cyangwa ukoresheje internet unyuze kuri www.irembo.gov.rw.
Umuntu abasha gusaba akanishyura serivisi za Leta , maze akajya ku Murenge gufata icyangombwa amaze kubona ubutumwa bumubwira ko icyangombwa cye cyamaze kuboneka.

Iyo ukoresheje telefoni ugenda ukurikiza amabwiriza ukabasha no kwishyura , ukoresheje MTN Mobile Money, TigoCash , Airtel Money , Bank of Kigali, VisaCard ndetse na MasterCard.

Zimwe muri serivisi zitangirwa ku rubuga Irembo harimo Icyemezo cy’amavuko, Inyandiko y’ivuka, Inyandiko y’uko uri ingaragu, Inyandiko y’Ishyingirwa, Icyemezo cyo kuba warashyingiwe, Icyemezo cy’uko umuntu yitabye Imana, Inyandiko y’uko umuntu yitabye Imana, Kwandukuza umuntu witabye Imana, Ibyapa Binini, Ibitambaro n’Ibyapa bito ndetse n’icyangombwa cy’uko umuntu atakatiwe n’inkiko.

Abafite ibibazo bitandukanye binyuzwa ku murongo utishyurwa ariwo 9099, cyangwa kuri callcenter@rwandaonline.rw no kuri watsapp ukoresheje nimero 0788315009.

Irembo.gov.rw

2016-06-22
Editorial

IZINDI NKURU

Seyoboka agezwa mu Rwanda ( VIDEO )

Seyoboka agezwa mu Rwanda ( VIDEO )

Editorial 18 Nov 2016
14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

Editorial 25 Jan 2017
Uganda: Abashimuse umwangavu w’imyaka 18 barasaba miliyoni 10 z’amashilingi

Uganda: Abashimuse umwangavu w’imyaka 18 barasaba miliyoni 10 z’amashilingi

Editorial 17 Apr 2018
Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Editorial 17 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sendanyoye John wari Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe  yashyinguwe
Mu Rwanda

Sendanyoye John wari Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe yashyinguwe

Editorial 28 Aug 2017
Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5
INKURU NYAMUKURU

Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Editorial 30 Oct 2019
Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe
IKORANABUHANGA

Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe

Editorial 20 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru