• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Ubwanditsi 29 Jun 2016 Mu Mahanga

Ubufatanye bwa Polisi n’abaturage, ni kimwe mu bituma habaho guhanahana amakuru, ibyaha bigakumirwa bitaraba, bityo bikagabanuka ku buryo bugaragara.
Mu kiganiro twagiranye n’umuyobozi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo Assistant Commissioner of Police (ACP) Francis Nkwaya, atubwira uko umutekano wifashe mu ntara ayobora, anashyira imikoranire ya Polisi n’abaturage ku mwanya wa mbere mu nkingi ziwusigasiye.

Dore bimwe mubyo twaganiriye

Ikibazo: Muri macye watubwira uko umutekano wifashe muri iyi ntara?

ACP Nkwaya: Muri rusange umutekano muri iyi ntara urahari. Ibyaha bikunda kugaragara muri iyi ntara ni gukubita no gukomeretsa, ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge no gukoresha impapuro mpimbano. Ibindi byaha byagaragaye muri iyi ntara ni ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko bwagaragaye mu turere twa Nyaruguru, Kamonyi na Muhanga, abantu bakaba barabukomerekeyemo abandi bakahasiga ubuzima.
Muri iyi ntara kandi hagaragaye abantu bacye binjiye mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko, akenshi bakaba babaga baje gushakisha akazi, ariko ku bufatanye bw’izindi nzego z’umutekano, twabashije kubamenya tubasubiza mu bihugu byabo.

Ikindi ni uko mu minsi ishize hagaragaye igabanuka ry’impanuka zo mu muhanda, iri gabanuka rikaba ryaravuye ku ngamba nyinshi zafashwe na Polisi y’u Rwanda. Ryavuye kandi ku bukangurambaga no gukangurira abashoferi n’abatunze imodoka kubahiriza amategeko y’umuhanda, no gusuzumisha buri gihe ubuziranenge bw’imodoka zabo.

Ikibazo: Hari ibyaha byihariye bikunda kugaragara muri iyi ntara?

ACP Nkwaya: Muri iyi ntara ibyaha bikunda kuhaboneka ni, ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge n’inzoga z’inkorano, gukubita no gukomeretsa, kwangiza ibidukukije, gusambanya abana no gufata abagore ku ngufu.
Uturere ibi byaha bikunda kugaragaramo ni Huye, Muhanga, Nyanza na Nyamagabe.

Ikibazo: Hari ibyaha ndengamipaka mujya muhura nabyo? Niba bihari mwatubwira muri macye ibyo aribyo n’uko mubirwanya.

ACP Nkwaya: Nk’izindi ntara zihana imbizi n’ibindi bihugu, natwe hari ibyaha ndengamipaka duhura nabyo, ariko twafashe ingamba zo kubirwanya. Bimwe muri ibyo byaha ni icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ibicuruzwa byinjira mu buryo bwa magendu, n’ubujura.

Nk’uko nabivuze, mu ntara y’Amajyepfo hagaragaye abantu bacye binjiye mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko akenshi baje gushakisha akazi, ariko ku bufatanye bw’abaturage n’izindi nzego z’umutekano, twabashije kubamenya tubasubiza mu bihugu byabo.

Ikibazo:Ubufatanye mpuzamahanga ni kimwe mu bikorwa Polisi y’u Rwanda yibandaho, mukorana mute n’izindi nzego z’umutekano mpuzamahanga muri ubwo bufatanye?

ACP Nkwaya: Intara y’Amajyepfo ikorana n’izindi nzego z’umutekano mpuzamahanga. Iyi mikoranire ikorwa hibandwa ku guhanahana amakuru ndetse no guhanahana abakekwaho ibyaha ndetse n’abanyabyaha. Nk’iyo hari abinjiye mu Rwanda mu buryo butemewe, tuvuge nk’abavuye i Burundi, tuvugana na bagenzi bacu b’i Burundi tukabaha abayobozi b’iwabo.

Ikibazo: Ese ubufatanye bwa Polisi n’abaturage hari uruhare bugira mu kubumbatira amahoro n’umutekano iyi ntara ifite? Niba ruhari ni uruhe?

ACP Nkwaya: Ubufatanye bwa Polisi n’abaturage bwagize kandi buracyagira uruhare runini mu bikorwa bya buri munsi bya Polisi. Ni bumwe mu buryo bukomeye cyane butuma iyi ntara igira umutekano.

Mu gukorana n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage, twashoboye kumenya impamvu nyamukuru n’ingaruka z’ibyaha mu muryango nyarwanda, ku buryo mu mezi atanu ashize ibyaha byagabanutse ku buryo bugaragara, uku kugabanuka kukaba kwaravuye ku gukorana bya hafi kwa Polisi n’abaturage.

Ikindi ni uko guhanahana amakuru hagati ya Polisi n’abaturage byatumye tumenya aho abanyabyaha bari tukanabafata, bikanatuma batanga amakuru y’ikintu cyose bakeka ko cyahungabanya umutekano wabo, tunakangurira itangazamakuru guhugurira abaturage kwirinda no kurwanya ibyaha.

Uku gukorana bya hafi n’izindi nzego z’umutekano n’iz’ibanze, abaturage mu kwicungira umutekano aho bakora amarondo, umuturage kuba ijisho rya mugenzi we, komite zo kwicungira umutekano, urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano, ni gahunda zadufashije kugera ku mutekano dufite ubu.

Ikibazo:Polisi y’u Rwanda igira uruhare rukomeye muri gahunda ziteza imbere imibereho y’abaturage, abaturage bo muri iyi ntara mubafasha iki?

ACP Nkwaya:Polisi y’u Rwanda ifasha abaturage batishoboye muri rusange ibubakira amazu, ikabagabira inka, ikabishyurira ubwisungane mu kwivuza, ikabaha inzitiramibu, kandi n’abaturage batishoboye bo muri iyi ntara ubufasha nk’ubwo bwabagezeho.

Ariko na none nka Polisi tubafasha mu igenzura ry’uko gahunda za Leta zashyiriweho kuvana mu bukene abaturage nka VUP, GIRINKA n’UBUDEHE zishyirwa mu bikorwa nk’uko bisabwa.

Ikibazo:Ni izihe ngamba mufite ngo umutekano ukomeze usagambe muri iyi ntara?

ACP Nkwaya: Dufite ingamba nyinshi, ariko iy’ingenzi ni ukugumya gukorana n’abaturage mu gukumira no kurwanya ibyaha, kongera umubare w’abapolisi bakorera muri iyi ntara, kugeza abanyabyaha imbere y’ubutabera, gukomeza gukangurira abaturage gukora amarondo no kuba ijisho rya bagenzi babo, gukomeza gukorana bya hafi n’izindi nzego z’umutekano n’iz’ibanze, gukangurira komite zo kwicungira umutekano kongera imbaraga mu kwirinda no kurwanya ibyaha ndetse no gukangurira abaturage ububi bw’icyaha n’ingaruka zacyo, tutibagiwe gukoresha ikoranabuhanga mu gutahura no kurwanya ibyaha.

Ikibazo: Ni ubuhe butumwa waha abaturage b’iyi ntara?

ACP Nkwaya: Mbere na mbere ni ugushimira abaturage b’intara y’Amajyepfo kubera ubufatanye bwabo mu gucunga umutekano, mbasaba gukomeza ubwo bufatanye, batangira amakuru ku gihe yo gukumira, kurwanya ibyaha no gufata ababikora ngo dukomeze kuba mu mutekano usesuye.

-3085.jpg

Nk’uko tubizi, Polisi y’u Rwanda ntiyabona abapolisi ishyira ahantu hose, bityo rero gucunga umutekano ni inshingano ya buri wese; ibi biradusaba gukomeza ubufatanye n’abaturage, gukorera hamwe no gutangira amakuru ku gihe.


RNP

2016-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda irifuza yuko amasezerano ya Montreal yavugururwa

Rwanda irifuza yuko amasezerano ya Montreal yavugururwa

Ubwanditsi 16 Sep 2016
Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid

Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid

Ubwanditsi 18 Mar 2022
Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 10 Nov 2016
Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Ubwanditsi 15 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)
IMIKINO

Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)

Ubwanditsi 04 Dec 2018
Abatwa N’abakobwa Ntibashishikajwe No Kwinjira Mu Gisirikare Cy’u Burundi
HIRYA NO HINO

Abatwa N’abakobwa Ntibashishikajwe No Kwinjira Mu Gisirikare Cy’u Burundi

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Impamvu kurekura Abanyarwanda bafungiye muri Uganda bitazapfa koroha
INKURU NYAMUKURU

Impamvu kurekura Abanyarwanda bafungiye muri Uganda bitazapfa koroha

Ubwanditsi 25 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru