• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 10 Nov 2016 Mu Mahanga

Abayobozi babiri bavuye mu kigo kirwanya ruswa mu nzego za Leta muri Malawi cyitwa “Office of Public Officers Declarations”, basuye Polisi y’u Rwanda ku italiki 9 Ugushyingo, akaba ari hamwe mu ho barimo gusura mu rugendo shuri barimo rwo kwiga uko u Rwanda rwashoboye kugera kuri gahunda zo kurwanya ruswa.

Assistant Commissioner of Police (ACP) Jean Nepo Mbonyumuvunyi, komiseri ushinzwe ubugenzuzi bw’umurimo n’ibigenga umurimo muri Polisi y’u Rwanda wabakiriye ari kumwe na ACP Celestin Twahirwa ushinzwe imikoranire ya Polisi n’abaturage, yabasobanuriye byimbitse ku ruhare n’ingamba bya Polisi y’u Rwanda mu gukumira no guhashya magendu na ruswa.

ACP Mbonyumuvunyi yagize ati:”Ruswa ifatwa nk’umwanzi w’amategeko n’imbogamizi yo kurinda no guteza imbere uburenganzira bw’abantu n’iterambere kuko isenya isenya inzego za Leta n’izigenga; niyo mpamvu kuyirwanya biri muri gahunda ya Leta kandi bishyigikiwe cyane n’abaturage.”

Yavuze ko yigaragaza mu buryo bw’amafaranga, impano, igitsina n’ibindi bitangwa bitandukanye.Ibi byose yavuze ko biganisha ku gutakarizwa icyizere n’abaturage ndetse no gutesha agaciro imirimo ikorwa n’inzego zishinzwe umutekano.

Polisi y’u Rwanda kuri ruswa

Yasobanuye ko, nk’imwe mu ntwaro Polisi y’u Rwanda ikoresha mu byo ikora, yashyizeho ishami rirwanya ruswa kandi ikora ubukangurambaga ku bufatanye n’izindi nzego za Leta n’izigenga mu rwego rwo kuyirwanya.

Aha yagize ati:”Umupolisi wese ufatiwe mu makosa ya ruswa ahanwa hakurikijwe ibyo yakoze birimo no kwirukanwa ku mirimo ye, kuko nta mbabazi ku wo ari we wese wayifatiwemo hatitawe ku rwego rw’akazi ariho.”

Yavuzeko, ku nkunga y’abaturage biciye mu bukangurambaga bahabwa bwo kuyirwanya, bashyiriweho imirongo itishyurwa batangiraho amakuru : 997 ku bikorwa bya ruswa; 3511 babonye aho umupolisi akora amakosa, hari imbuga nkoranyambaga nka twitter, facebook, gutanga amakuru kuri murandasi,..bakaba barafashije cyane mu bikorwa bya Polisi biyirwanya biciye mu gusangira amakuru.

ACP Twahirwa asanga ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rigabanya uguhura hagati y’abiyandikisha ndetse n’abakora ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga, kandi yongeraho ko ishyirwaho ry’umutwe ushinzwe imyitwarire y’abapolisi, ubugenzuzi bukorwa muri Polisi y’u Rwanda n’amahugurwa ahabwa abapolisi ku myitwarire ngengamikorere bituma basohoza inshingano zabo neza.

Umuyobozi w’Ikigo kirwanya ruswa mu nzego za Leta muri Malawi, Christopher Tukura, yavuze ko basanze hari byinshi iki Kigo akuriye kimaze imyaka ibiri cyakwigira ku Rwanda byatuma banoza gahunda n’ibikorwa byabo byo kurwanya ruswa.

Tukura yagize ati:” Mu biganiro twagiranye na Banki y’isi n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi ndetse n’Ubushakashatsi twakoze twifashishije ikoranabuhanga rya murandasi, twasanze U Rwanda rwarateye imbere cyane mu kurwanya ruswa. Raporo zitandukanye z’Imiryango Mpuzamahanga zishyira U Rwanda mu bihugu birangwamo ruswa nke.”

Yagize kandi ati:”Turi hano nk’igihugu cy’inshuti ariko na none nk’Abanyafurika kugira ngo twigire ku byo mukora n’uko mubikora. Twasuye Ibiro by’Umuvunyi Mukuru, kandi batubwiye ko kurwanya ruswa bitakorwa n’urwego rumwe rw’ubuyobozi. Gusura Polisi y’u Rwanda bigamije kwigira ku kuntu irwanya iki cyaha nk’urwego rw’umutekano.”

Yarangije agira ati:” Twatangajwe n’ubufatanye hagati y’inzego mu kurwanya ruswa hagamijwe kugera ku musaruro; ndetse n’ingamba zafashwe imbere muri Polisi mu gufata abapolisi irangwaho.”

-4620.jpg

Polisi y’u Rwanda ikaba yaragiranye amasezerano y’ubufatanye n’Urwego rw’Umuvunyi, umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane Transparency Rwanda, urubyiruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha mu turere twose tw’igihugu, nk’uburyo bwo guha imbaraga gahunda yo kurwanya ruswa.

NRP

2016-11-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda na Uganda zakoranye inama yo gukomeza ubufatanye hagati yazo

Polisi y’u Rwanda na Uganda zakoranye inama yo gukomeza ubufatanye hagati yazo

Ubwanditsi 25 Feb 2017
Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Ubwanditsi 07 Jun 2016
Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko

Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko

Ubwanditsi 20 Jul 2016
Kera kabaye uBufaransa bwaba bugiye kuburanisha Umunyarwanda Filipo Hategekimana wamaze Abatutsi mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zako, Imanza 8 gusa mu myaka 27 yose!

Kera kabaye uBufaransa bwaba bugiye kuburanisha Umunyarwanda Filipo Hategekimana wamaze Abatutsi mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zako, Imanza 8 gusa mu myaka 27 yose!

Ubwanditsi 10 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda imaze guhomba miliyoni 454 z’amadolari kubera umubano mubi n’abaturanyi
POLITIKI

Uganda imaze guhomba miliyoni 454 z’amadolari kubera umubano mubi n’abaturanyi

Ubwanditsi 28 Jan 2020
Kenya:Komisiyo y’amatora na Odinga basabiwe gukorwaho iperereza
Mu Rwanda

Kenya:Komisiyo y’amatora na Odinga basabiwe gukorwaho iperereza

Ubwanditsi 25 Sep 2017
UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo
ITOHOZA

UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

Ubwanditsi 02 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru