• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Intumwa y’umuryango w’abibumbye yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro y’abagore bazajya mu butumwa bw’amahoro igeze

Intumwa y’umuryango w’abibumbye yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro y’abagore bazajya mu butumwa bw’amahoro igeze

Editorial 30 Jun 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi ushinzwe gutoranya abapolisi bajya mu butumwa bw’amahoro mu ishami rishinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu muryango w’abibumbye Ata Yenigun,ari mu Rwanda ku butumire bwa Polisi y’u Rwanda, aho yaje kwirebera aho imyiteguro y’itsinda (FPU) rigizwe n’abapolisi b’abanyarwandakazi ryitegura kujya mu butumwa bw’amahoro igeze.

Yenigun uri mu Rwanda kuva kuwa kabiri, yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana kuri uyu wa gatatu.

Aba bapolisi 140 b’abanyarwandakazi azasura, bari bemewe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ubwo yari mu nama y’abayobozi b’umuryango w’abibumbye yavugaga ku bikorwa byo kubungabunga amahoro ku isi muri nzeri umwaka ushize.

Nyuma y’uko kwiyemeza k’umukuru w’igihugu, Polisi y’u Rwanda nayo yahise itangira imyiteguro yo kuzohereza abo bapolisikazi.

Ubwo ejo yagiranaga ibiganiro n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, yavuze ko mu cyumweru azamara mu Rwanda azaganira n’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ku myiteguro y’abapolisi b’u Rwanda bitegura koherezwa mu butumwa bw’amahoro.

Yagize ati;”Tuzaganira ku bibazo bigendanye n’amahugurwa ahabwa abapolisi bajya mu butumwa bw’amahoro, ikibazo cy’ibikoresho by’abenda kujyayo. Intego y’urugendo rwanjye ni guha imirongo ngenderwaho ishoboka yose abayobozi b’u Rwanda ku buryo iri tsinda rizakoreshwa neza kandi rikitegura neza, kandi nkizera ko mu mpera z’uyu mwaka cyangwa mu ntangiriro z’utaha rizoherezwa aho rizajya gukorera kandi rikazakora akazi karyo neza.”

Yongeyeho ati;”Polisi y’u Rwanda yateye imbere mu bihugu byohereza abapolisi bubahiriza umutekano ku isi, ku buryo ubu ruri ku mwanya wa 4 mu bihugu 100 bibohereza…u Rwanda ni intangarugero mu buyobozi, aho bubahiriza amahoro ndetse no ku cyicaro gikuru cy’umuryango w’abibumbye.”

Yakomeje avuga ko hari ibintu yabonye abapolisi b’u Rwanda bihariye birimo gukoresha indimi ibyiri; icyongereza n’igifaransa, ubunararibonye mu bikorwa bimwe na bimwe, ndetse n’ubumenyi buhagije mu gushinga Polisi z’ibihugu bivuye mu makimbirane.

Yavuze ati;”U Rwanda ni icyitegererezo mu kohereza abapolisikazi mu butumwa bw’amahoro ku buryo ubu ruyoboye ibindi bihugu mu kohereza benshi aho rwiharira 16%. Tunishimira ko mu buyobozi bwacu dufitemo abayobozi bashinzwe kuyobora za Polisi zibungabunga amahoro mu bihugu bya Cote d’Ivoire na Sudan y’Epfo b’abanyarwanda.

Abo bayobozi b’abanyarwanda ni Komiseri wa Polisi (CP) Vianney Nshimiyimana wagizwe umuyobozi w’ibikorwa bya Polisi muri Côte d’Ivoire (UNOCI), Commissioner of Police(CP) Bruce Munyambo, wagizwe umuyobozi w’abapolisi (D2) bari mu butumwa bw’ umuryango w’abibumbye muri Sudani y’Epfo(UNMISS), na Commissioner of Police CP Emmanuel Butera, wagizwe umuyobozi w’ibikorwa bya Polisi y’umuryango w’abibumbye muri Sudani y’Epfo(UNMISS).

Muri iyo nama, IGP Gasana yavuze ko u Rwanda rufite ubushake bwo gukomeza kubungabunga amahoro ku isi, aho yagize ati;”Gukomeza kubungabunga amahoro ku isi tubikora nkaho ari inshingano zacu nk’igihugu kigomba kwitanga mu muryango w’abibumbye.”

Yakomeje avuga ko Polisi y’u Rwanda yafashe uburyo bushya bw’imikorere busaba ubumenyi buhambaye, ikaba ariyo mpamvu yibanda ku guhugura abapolisi bayo.

IGP yavuze kandi ko Polisi y’u Rwanda ishaka kuzajyanisha amasomo ahabwa abajya kubungabunga amahoro, hibandwa ku byaha biri kuvuka nk’iterabwoba.

Yavuze kandi ko kuba u Rwanda ruri kwihuta cyane mu iterambere, na Polisi y’u Rwanda itasigaye inyuma, kugirango abashoramari baza gushora imari yabo mu Rwanda bajye bakora bizeye umutekano wabo bityo nayo ikagira uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Nyuma y’ibi biganiro n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Yenigun yahuye n’amatsinda y’abapolisi (FPU), harimo iry’abagore n’irindi risanzwe rizajya kubungabunga amahoro muri Sudani y’epfo.

Yaboneyeho umwanya wo kuvuga ko mu ntangiriro z’umwaka utaha, “bishoboka ko u Rwanda ruzaba urwa mbere bihugu byohereza abapolisi benshi mu butumwa bw’amahoro.”

-3103.jpg

Foto y’u rwibutso

Biteganyijwe ko azasura abandi bapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro mu bihugu bitandukanye bari mu ishuri rya Polisi riri i Gishari mu karere ka Rwamagana.

RNP

2016-06-30
Editorial

IZINDI NKURU

Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Editorial 21 Sep 2016
Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Editorial 29 Jan 2022
INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”

INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”

Editorial 26 Jul 2016
Afungiwe kugerageza  guha  ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Afungiwe kugerageza guha ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Editorial 15 Sep 2016
Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Editorial 21 Sep 2016
Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Editorial 29 Jan 2022
INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”

INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”

Editorial 26 Jul 2016
Afungiwe kugerageza  guha  ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Afungiwe kugerageza guha ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Editorial 15 Sep 2016
Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Editorial 21 Sep 2016
Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Editorial 29 Jan 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru