• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye muri Uganda bagaruwe mu Rwanda

Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye muri Uganda bagaruwe mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Jul 2016 Mu Rwanda

Umuyozi w’Akarere ka Ntungamo muri Uganda yavuze ko atashimishijwe n’imyitwarire ya Polisi yo muri aka gace ku kibazo a baturage b’Abanyarwanda bahirukanwe.

Justine Mbabazi yavuze ko hari Abanyarwanda barenga 100 birukanwe muri iki gihugu, bagarurwa mu Rwanda mu gihe ngo bari baragiye gushaka imibereho.

Mbabazi yagize ati “Nk’abayobozi b’abaturage ntabwo twigeze dutanga uburenganzira ko hari Abanyarwanda bagarurwa iwabo, wenda Polisi ifite impamvu, icyo twese twemeranyijeho ni uko tugomba gucunga umutekano, abaturage bose bari hano bakaba bazwi ku rwego rw’abayobozi, abadafite ibyangombwa bagafungwa cyangwa bagahanwa.”

Uyu muyobozi w’aka karere yavuze ko Polisi ibyo yakoze itabiherewe uburenganzira n’ubuyobozi bw’abaturage.

Ibi uyu muyobozi abivuze nyuma yaho Polisi mu gace ka Ntungamo, mu cyumweru gishize ivuze ko yagaruye Abanyarwanda barenga 100 mu Rwanda, bari muri Uganda mu gushaka akazi.

Ikinyamakuru Daily Monitor dukesha iyi nkuru kiravuga ko aba baturage batari bafite ibyangombwa, gusa Mbabazi we avuga ko kuba aba baturage bari muri Afurika y’Iburasirazuba, n’abanyarwanda bagomba kubahwa mu gihe bagiye mu bindi bihugu.

Yavuze ko hari ibitabo byagiye bishyirwa mu nzego z’ibanze, aho umuntu uhageze ashyirwamo.

Yagize ati “Abanyarwanda si bo bonyine bakora ibyo byaha, hari n’abaturage ba Uganda babikora.”

Police mu Ntungamo yo yavuze ko ngo idafite aho ifungira abakoze ibyaha.

Umuyobozi wa Police muri iyi Ntara Baker Kawanawo, yavuze ko mu byumweru bitatu bishize yagaruye mu Rwanda abanyarwanda barenga 100.

Ubuyozi muri aka gace buravuga ko abantu 400 barimo abanyarwanda 200 bafashwe bari muri iki gihugu mu gushaka akazi, mu duce twa Rubaare, Ngoma na Kayonza (ni uduce two muri Uganda nubwo twitiranwa na tumwe mu turere tw’u Rwanda).

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Twahirwa Celestin, avuga ko ibintu by’abantu bambuka imipaka n’abinjira, byasubizwa n’abo mu kigo gishinzwe abinjira n’abasohoka.

-3277.jpg

ACP Celestin Twahirwa

Kuba ubuyobozi bw’abaturage muri iyi ntara ya Ntungamo buvuga ko abenshi muri aba baturage b’Abanyarwanda baba bagiye guhaha, bishobora kuba bifitanye isano n’ibyo bamwe mu baturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba y’u Rwanda bavuga, ko hari abaturanyi babo basuhukiye muri Uganda kubera inzara yiswe “NZARAMBA “ariko Leta ikavuga ko niba hari n’abagiye baba baragiye gushaka akazi, atari inzara.

-3276.jpg

Umuyozi w’Akarere ka Ntungamo muri Uganda, Justine Mbabazi

2016-07-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Ubwanditsi 10 Jul 2024
Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we

Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we

Ubwanditsi 17 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyabihu: Murekatete yafatanywe ibiro 60 by’urumogi
Mu Mahanga

Nyabihu: Murekatete yafatanywe ibiro 60 by’urumogi

Ubwanditsi 16 Mar 2016
Ubutumwa nageneye Interahamwe yashatse gutera ubwoba Jay Squeezer kuri Telephone 
Amakuru

Ubutumwa nageneye Interahamwe yashatse gutera ubwoba Jay Squeezer kuri Telephone 

Ubwanditsi 12 May 2022
U Rwanda nirwo rwasimbuye Kenya ku buyobozi bwa EAPCCO
Mu Mahanga

U Rwanda nirwo rwasimbuye Kenya ku buyobozi bwa EAPCCO

Ubwanditsi 01 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru