• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubukene buravuza ubuhuha muri RNC umunyemali Rujugiro yahagaritse inkunga

Ubukene buravuza ubuhuha muri RNC umunyemali Rujugiro yahagaritse inkunga

Ubwanditsi 30 Aug 2016 ITOHOZA

Umutwe w’iterabwoba ’Rwanda National Congress’ [RNC] utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda umaze iminsi uvugwa mo bombori bombori, umwuka mubi ndetse no gushwana bikomeye kuri ubu byawugizeho ingaruka zikomeye zo kubura inkunga bahabwaga n’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Uku kutumvikana kwabimburiwe n’umwuka mubi waturutse mu gushaka kwigarurira ububasha bw’ uyu mutwe kwa bamwe, kutavuga rumwe hagati y’abasivili nka Dr Rudasingwa n’abasirikare barangajwe imbere na Kayumba.

Mu myaka itanu ishize bivugwa ko uyu mutwe warimo ibibazo by’imiyoborere kugeza Col. Patrick Karegeya yishwe kubera amakimbirane no kutizerana kugeza ubwo tariki ya 22 Mata 2016 habaye inama y’igice kimwe iyobowe na Dr.Theogene Rudasingwa, isozwa n’ibisa no guterana amagambo gukomeye.

Kuva ubwo kugeza ubu Kayumba na Rudasingwa bararebana ayingwe, ibi ngo bikaba byaratumye umuterankunga w’imena Rujugiro yifata kuko ngo yabaye ahagaritse inkunga yateranga RNC. Amakuru akavuga ko iyi nkunga izasigara ihabwa David Himbara kugirango abone uko akoresha itangazamakuru mpuzamahanga mu kurwanya manda ya gatatu ya Perezida Kagame.

-3876.jpg

David Himbara

-126.png

Rujugiro Ayabatwa Tribert

Ibi bije nyuma y’amakuru yemezwa na Lt Col Abraham Sam Bisengimana, uherutse kwitandukanya n’ umutwe w’ iterabwoba wa FDLR agatahuka mu Rwanda, yemeje ko umunyemari Rujugiro Ayabatwa Tribert afitanye imikoranire n’ uyu mutwe ukorera mu mashyamba ya Congo, wiganjemo abasirikare bahoze mu ngabo zatsinzwe mbere y’ umwaka wa 1994 ndetse bamwe muribo banasize bagize uruhare rugaragara mu iyicwa ry’ Abatutsi.

Bisengimana yagaragaje ko Rujugiro atera inkunga umutwe wa FDLR ngo ubashe guteza umutekano mucye mu Rwanda. Ngo ibyo bikorwa abikora afatanije n’ abahoze ari abasirikare bakuru mu Rwanda bari mu buhungiro muri Afurika y’ Epfo,barimo Kayumba Nyamwasa.

Lt Col Bisengimana yavuze ko afite ibimenyetso bigaragaza ko Rujugiro akorana hafi na hafi na FDLR.

Hari amakuru avuga ko uwo munyemari aherutse kwitabira inama zitandukanye muri Cote d’Ivoire aho yahuriraga n’ abo basirikare b’ u Rwanda bari mu buhungiro ndetse n’ abasirikare bakuru ba FDLR.

Ngo izo nama zigamije gushinga undi mutwe w’ inyeshyamba mushya uzaba ufite intego nyamakuru yo guhungabanya umutekano w’ igihugu.

Muri Mata 2011, Polisi y’Igihugu yafashe imodoka 8 za Rujugiro zari zivuye muri Akagera Motors zerekeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

-3877.jpg

Kayumba Nyamwasa na Rujugiro Tribert

Izo modoka zafatiwe mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu zaguzwe n’isosiyete yitwa Congo Tobacco Company(CTC) ikorera mu Mujyi wa Goma, ariko inzego z’umutekano zari zifite amakuru ko zigiye gutera inkunga imitwe y’inyeshyamba zirwanya u Rwanda harimo uwashinzwe na Kayumba na Karegeya, n’indi mitwe ikorera mu mashyamba yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nka FDLR.

Iperereza rya Rushyashya rigaragaza uburyo Rujugiro yagiye atera inkunga Rwanda National Congress (RNC), umutwe uyobowe na Faustin Kayumba Nyamwasa, binyuze muri David Himbara.

Aya makuru kandi agaragaza ko Rujugiro yagiye ahinduranya amazina ku ma konti ye, amwe akayitirira abo mu muryango we mu rwego rwo kuyobya uburari ko yaba yoherereza RNC amafaranga.

Andi makuru avuga kandi ko Rujugiro afata ku kiyobyabwenge cy’urumogi na Cocaine, byatumye ibice bye byo mu mutwe bigira ibibazo by’ihungabana.

Ubwo yari akiri mu Rwanda, yaba yarakundaga gusangira ibyo biyobya bwenge na Dr David Himbara wakoraga mu biro bya Perezida Kagame.

Tubibutse ko mu kwezi k’ Ukwakira 2008, Rujugiro Tribert yatawe muri yombi mu Bwongereza kubera impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi zoherejwe n’ igihugu cya Afurika y’ Epfo, aho yari akurikiranyweho kunyereza akayabo k’ imisoro.

Nyuma yaho yagiranye amasezerano n’ ubuyobozi bushinzwe imisoro muri Afurika y’ Epfo baramurekura agaruka mu Rwanda, yongera kuhava ntiyagaruka kugeza uyu munsi.

Cyiza Davidson

2016-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inyeshyamba za FDLR zongeye kuvugwa ku butaka bw’u Burundi

Inyeshyamba za FDLR zongeye kuvugwa ku butaka bw’u Burundi

Ubwanditsi 31 Oct 2018
Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Dec 2019
Muri 1994 u Rwanda rwaguze imbunda z’amadolari 4,126,310 n’imihoro toni 581

Muri 1994 u Rwanda rwaguze imbunda z’amadolari 4,126,310 n’imihoro toni 581

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi  bakuru ba RNC

Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Ubwanditsi 15 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda ryafashije gufata impushya z’impimbano
Mu Mahanga

Ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda ryafashije gufata impushya z’impimbano

Ubwanditsi 15 Feb 2017
Arabia Saoudite Yahambirije Ambasaderi Wa Canada Inahamagaza Uwayo
Mu Mahanga

Arabia Saoudite Yahambirije Ambasaderi Wa Canada Inahamagaza Uwayo

Ubwanditsi 06 Aug 2018
General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi
Amakuru

General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi

Ubwanditsi 07 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru