• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Editorial 05 Sep 2016 Mu Rwanda

Igihugu cya Gabon ubu kiri mu mwiryane watewe n’ibyavuye mu itangazwa ry’amajwi yo mu byavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika mu cyumweru gishize.

Nk’uko komisiyo y’amatora muri icyo gihugu yabitangaje kuwa gatatu w’igishize, mu bakandida 10 bahataniraga umwanya wa Perezida wa Repubulika uwegukanye amajwi menshi ni Perezida wari usanzwe ku butegetsi Ali Bongo, bikagaragara yuko yatsinze uwo bari bahanganye hafi, Jean Ping w’ishyaka Democratic Nouvelle, ku majwi ibihumbi 5000 gusa. Komisiyo y’amatora igaragaza yuko Bongo yabonye amajwi angana na 49.8 %, naho Ping abona angana na 48.2 %.

Komisiyo y’amatora imaze gutangaza yuko Ali Bongo yatsinze amatora, abayoboke ba Ping babyamaganiye kure akavuyo n’isahura biratangira. Habanje gutwikwa inyubako inteko nshingamategeko ikoreramo nyuma haza no gutwikwa inyubako bituranye ndtse n’ahandi mu murwa mukuru, Libreville.

-128.png

Ali Bongo watowe n’amajwi 49.8 %

Ababikurikirana bavuga yuko abashinzwe umutekano bamaze kwica abantu bakabakaba 30 n’abandi benshi cyane bakaba bamaze gutabwa muri yombi. Minisitiri w’umutekano muri icyo gihugu, Pacome Moubelet Boubeya, ariko we akabwira itangazamakuru yuko abaguye muri ubwo bushyamirane ari batatu gusa naho abatawe muri yombi bakaba 1000.

Uyu munsi umunyamabanga mukuru wa LONI, Ban Ki-Moon yasohoye itangazo ryiyama ubutegetsi muri Gabon n’abatavuga rumwe nabwo yuko umuryango ayoboye ukomejwe guterwa impungenge n’umwuka mubi ukomeje kwigaragaza muri Gabon, agasaba buri ruhande gushyiramo akarwo ngo ubwicanyi n’urundi rugomo bihagarare.

-3959.jpg

Jean Ping watowe n’amajwi 48.2 %.

Moon yasabye leta kudakoresha imbaraga ifite guhohotera abatavuga rumwe nayo, anasaba abo batavuga rumwe nayo kuvuga mu ijwi riranguruye babwira abayoboke babo yuko batari kumwe nabo mu imvururu bateza. Uwo munyamabanga mukuru wa LONI anaha amabwiriza intumwa ye muri Afurika yo hagati, Abdoulaye Bathily, gukurikiranira hafi ibibera muri Gabon kugira ngo umwuka mubi uhoshwe.

Perezida Ali Bongo ni umuhungu wa Omar Bongo wabaye Perezida wa Gabon kuva icyo gihugu cyabona ubwigenge mu 1968. Omar Bongo yamaze imyaka 42 ku butegetsi, abukurwaho n’urupfu muri 2009 aho yasimbuwe n’umuhungu we, Ali Bongo ubu ugiye gutegeka indi manda y’imyaka irindwi.

-3958.jpg

Umunyamabanga mukuru wa LONI Ban Ki-Moon

Jean Ping yari umutoni cyane wo muri famiye ya Omar Bongo akaba yarakomeje kumuba hafi nka minisitiri w’ububanyi n’amahanga. Pinga yanabyaranye abana babiri na mushiki wa Ali Bongo ariko ubu intwaro ye nini ikaba ari ukwamagana ubutegetsi bwa famiye Bongo agereranya n’ubwa cyami !

Kayumba Casmiry

2016-09-05
Editorial

IZINDI NKURU

Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro

Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro

Editorial 02 Aug 2024
Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda

Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda

Editorial 07 Dec 2021
Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare

Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare

Editorial 31 Mar 2017
RBC yaburiye abibeshya ko SIDA yaranduwe

RBC yaburiye abibeshya ko SIDA yaranduwe

Editorial 14 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye
HIRYA NO HINO

Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye

Editorial 26 May 2019
Perezida Trump yabwiye Kim Jong un ko itisubiyeho yagira ibyago nk’ibya Gaddafi wa Libya
Mu Mahanga

Perezida Trump yabwiye Kim Jong un ko itisubiyeho yagira ibyago nk’ibya Gaddafi wa Libya

Editorial 19 May 2018
Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.
Amakuru

Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Editorial 10 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru