• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho

Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho

Editorial 20 Sep 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yasabye abakuru b’ibihugu bya Afurika gushyigikira icyicaro kizakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’intego zigamije iterambere rirambye muri Afurika, SDG Center for Africa, biheruka kwemezwa ko icyicaro cyayo gishyirwa mu Rwanda.

Ibi ni bimwe mubyo yagarutseho mu ijambo yagejeje kubari bitabiriye inteko rusange y’umuryango w’abibumbye yabaye kuri 19 Nzeri i New York ahari icyicaro gikuru cy’uyu muryango ari naho iyi nteko rusange iteraniye.

Ni inama yitabiriwe na Perezida Patrice Talon wa Benin, Perezida Filipe Jacinto Nyusi wa Mozambique, Perezida Alpha Conde wa Guinea Conakry, Jeffrey David Sachs uyobora Ikigo cy’Ubushakashatsi cya Earth Institute muri Kaminuza ya Columbia yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuherwe Aliko Dangote wo muri Nigeria.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira icyicaro cy’icyo kigo kizakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’intego z’iterambere rirambye muri Afurika, aho yavuze ko yiteguye gukorana na bagenzi be kugira ngo ibyemeranyijweho byose bizashyirwe mu bikorwa.

Ati “Intego Isi ihuriyeho ziza ziyongera ku igenamigambi ry’iterambere ry’ibihugu byacu n’imbaraga Afurika iri gukoresha ngo igere ku iterambere n’ubukungu bidaheza. Twiteguye gukorana bya hafi na mwe mwese, mu gushaka ubushobozi n’ubushake bukenewe, kugira ngo Afurika ibashe kubyaza umusaruro uhagije y’aya masezerano y’ingenzi.’’

-4108.jpg

Perezida Paul Kagame

Perezida Kagame kandi yagarutse ku ruhare rw’ingenzi abaturage ba buri gihugu ndetse n’abikorera bagomba kubigiramo kugira ngo iki kigo kigere ku ntego zacyo.

Ati “Abaturage kubigira ibyabo kandi bakabigiramo uruhare, uburinganire, kuzamura ubufatanye n’abikorera, ikoranabuhanga by’umwihariko umurongo mugari wa Internet, ni ingenzi mu kwihutisha iterambere.’’

“Gusa hari na byinshi tugomba gusangira, ku buryo bukoreshwa mu guteza imbere imibereho y’abaturage bacu. Turashaka kandi kwigiranaho ku buryo bwagiye buhangwa ndetse n’ibyagezweho mu zindi nzego, hamwe n’ibindi bice by’Isi.’’

Umukuru w’Igihugu kandi yanitabiriye inama ku “Kongerera imbaraga ubufatanye hagamijwe kwihutisha iterambere rishingiye ku buzima bwiza bw’abaturage”, yabereye i New York ahateraniye Inteko Rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye.

Muri iyo nama Perezida Kagame yavuze ko igishishikaje u Rwanda muri iki gihe “ari ukongerera ubushobozi abagore, kubashyigikira muri gahunda zirimo uburezi, ubuzima n’ibindi bikorwa bibabyarira inyungu.’’

Aho kandi yanahavugiye ko intambwe u Rwanda rumaze gutera mu guteza imbere umugore atari ubufindo rwakoze, ahubwo ari ibintu n’ikindi gihugu gifite ubushake gishobora gukora.

-4107.jpg

Perezida wa Repubulika Paul Kagame asuhuza Perezida Patrice Talon wa Benin, uheruka mu Rwanda nawe wari witabiriye inama muri Amerika

2016-09-20
Editorial

IZINDI NKURU

HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho

HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho

Editorial 18 Oct 2017
Trump yabujije ushinzwe ububanyi n’amahanga kujya muri Korea ya Ruguru

Trump yabujije ushinzwe ububanyi n’amahanga kujya muri Korea ya Ruguru

Editorial 26 Aug 2018
Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya

Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya

Editorial 26 Aug 2019
Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza  yatangiye kunuganugwa

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Editorial 13 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade
Mu Mahanga

Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade

Editorial 20 Apr 2016
Polisi y’u Rwanda yagize  icyo itangaza ku modoka yahiriye ku Gishushu
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yagize icyo itangaza ku modoka yahiriye ku Gishushu

Editorial 28 Feb 2016
Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni
INKURU NYAMUKURU

Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni

Editorial 28 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru