• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho

Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho

Ubwanditsi 20 Sep 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yasabye abakuru b’ibihugu bya Afurika gushyigikira icyicaro kizakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’intego zigamije iterambere rirambye muri Afurika, SDG Center for Africa, biheruka kwemezwa ko icyicaro cyayo gishyirwa mu Rwanda.

Ibi ni bimwe mubyo yagarutseho mu ijambo yagejeje kubari bitabiriye inteko rusange y’umuryango w’abibumbye yabaye kuri 19 Nzeri i New York ahari icyicaro gikuru cy’uyu muryango ari naho iyi nteko rusange iteraniye.

Ni inama yitabiriwe na Perezida Patrice Talon wa Benin, Perezida Filipe Jacinto Nyusi wa Mozambique, Perezida Alpha Conde wa Guinea Conakry, Jeffrey David Sachs uyobora Ikigo cy’Ubushakashatsi cya Earth Institute muri Kaminuza ya Columbia yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuherwe Aliko Dangote wo muri Nigeria.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira icyicaro cy’icyo kigo kizakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’intego z’iterambere rirambye muri Afurika, aho yavuze ko yiteguye gukorana na bagenzi be kugira ngo ibyemeranyijweho byose bizashyirwe mu bikorwa.

Ati “Intego Isi ihuriyeho ziza ziyongera ku igenamigambi ry’iterambere ry’ibihugu byacu n’imbaraga Afurika iri gukoresha ngo igere ku iterambere n’ubukungu bidaheza. Twiteguye gukorana bya hafi na mwe mwese, mu gushaka ubushobozi n’ubushake bukenewe, kugira ngo Afurika ibashe kubyaza umusaruro uhagije y’aya masezerano y’ingenzi.’’

-4108.jpg

Perezida Paul Kagame

Perezida Kagame kandi yagarutse ku ruhare rw’ingenzi abaturage ba buri gihugu ndetse n’abikorera bagomba kubigiramo kugira ngo iki kigo kigere ku ntego zacyo.

Ati “Abaturage kubigira ibyabo kandi bakabigiramo uruhare, uburinganire, kuzamura ubufatanye n’abikorera, ikoranabuhanga by’umwihariko umurongo mugari wa Internet, ni ingenzi mu kwihutisha iterambere.’’

“Gusa hari na byinshi tugomba gusangira, ku buryo bukoreshwa mu guteza imbere imibereho y’abaturage bacu. Turashaka kandi kwigiranaho ku buryo bwagiye buhangwa ndetse n’ibyagezweho mu zindi nzego, hamwe n’ibindi bice by’Isi.’’

Umukuru w’Igihugu kandi yanitabiriye inama ku “Kongerera imbaraga ubufatanye hagamijwe kwihutisha iterambere rishingiye ku buzima bwiza bw’abaturage”, yabereye i New York ahateraniye Inteko Rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye.

Muri iyo nama Perezida Kagame yavuze ko igishishikaje u Rwanda muri iki gihe “ari ukongerera ubushobozi abagore, kubashyigikira muri gahunda zirimo uburezi, ubuzima n’ibindi bikorwa bibabyarira inyungu.’’

Aho kandi yanahavugiye ko intambwe u Rwanda rumaze gutera mu guteza imbere umugore atari ubufindo rwakoze, ahubwo ari ibintu n’ikindi gihugu gifite ubushake gishobora gukora.

-4107.jpg

Perezida wa Repubulika Paul Kagame asuhuza Perezida Patrice Talon wa Benin, uheruka mu Rwanda nawe wari witabiriye inama muri Amerika

2016-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Ubwanditsi 21 May 2018
Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

RUSHYASHYA 20 Feb 2026
Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana

Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana

Ubwanditsi 06 Apr 2020
“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

Ubwanditsi 20 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu
Mu Mahanga

Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Hoteli ya Jean Minani uherutse gutorerwa kuyobora CNARED, Ishyirahamwe ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yasenywe
INKURU NYAMUKURU

Hoteli ya Jean Minani uherutse gutorerwa kuyobora CNARED, Ishyirahamwe ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yasenywe

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Rayon  yarahiye itsemba isano ko  idahawe igikombe yatsindiye  ku mukino uzayihuza na APR ntacyo izafata kuwa Kiyovu
Mu Rwanda

Rayon yarahiye itsemba isano ko idahawe igikombe yatsindiye ku mukino uzayihuza na APR ntacyo izafata kuwa Kiyovu

Ubwanditsi 26 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru