• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca

USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca

Ubwanditsi 26 Sep 2016 ITOHOZA

Mwalimu muri Kaminuza ya London, yatanze ubuhamya bushimangira ko inkiko Gacaca zitabogamaga kandi zagize uruhare mu kunga Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ni mu rubanza ruregwamo Ken Ngombwa, Umunyarwanda ukekwaho Jenoside, wari waratse ubwenegihugu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yiyita ko yahoze ari Minisitiri w’Intebe.

Ngombwa n’abamushyigikiye bari babwiye urukiko ko kuba yarakatiwe n’inkiko Gacaca bidakwiye guhabwa agaciro, kuko izo nkiko ngo zari zishingiye kuri politiki no kubogama.

Mu buhamya bwa Prof. Phillip Clark wigisha Politiki Mpuzamahanga, umaze imyaka 14 akora ubushakashatsi ku bumwe n’ubwiyunge mu Rwanda, yasobanuye ko Inkiko Gacaca zisaga 11 000 zafashije abanyarwanda kwiyunga no gukira ibikomere.

Clark yanyomoje indi mpuguke yavuze ku wa Kane ko Gacaca zari zirimo ruswa n’amarangamutima, uwo yari agamije kweza Gervais Ken Ngombwa.

Ngombwa w’imyaka 56 ashobora gufungwa imyaka 20 azira kubeshya inzego za USA, ubushinjacyaha busaba ko icyo gihano cyakongerwa kuko yagize n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.’

Umucamanza Linda Reade avuga ko azafata umwanzuro amaze kumva umwanzuro w’abavoka b’impande zombi.
Ngombwa yatawe muri yombi muri Mutarama ashinjwa gushaka ubwenegihugu mu buryo butemewe no kubeshya abashinzwe umutekano w’imbere muri USA.

Byaje kugaragara ko uyu mugabo yabeshye ku masano y’umuryango we, kugira ngo abone ubuhungiro ndetse bivugwa ko yari yiyitiriye uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda.

Muri Gicurasi, umucamanza yamwambuye ubwenegihugu yari yarabonye mu Gushyingo kwa 2004.

Ku wa Kane, impuguke yari yavuze ko ababuranishwaga muri Gacaca batari bafite uburenganzira bwo kubona avoka kandi ko abacamanza bazo batigeze biga amategeko.

Prof. Clark yemeranyije nawe ariko yongeraho ko u Rwanda rwari rufite ikibazo gikomeye cyo gukemura imanza z’abakekwaho Jenoside bari benshi cyane, kandi ko n’abanyamategeko bake bari mu Rwanda bishwe abandi bagahunga muri Jenoside.

Yongeyeho ko yitabiriye imanza za Gacaca 104 hagati ya 2003 na 2012 agasanga zari zifite ingufu n’ukuri.

Abatangabuhamya benshi kandi bahamije ko Ngombwa yari umwe mu bagize ishyaka rya MDR-Power kandi yari intagondwa.

Uyu mugabo yaburanishijwe n’inkiko ebyiri za Gacaca adahari muri rumwe rumukatira gufungwa imyaka 30, urundi rumukatira gufungwa burundu.

Imvaho nshya

2016-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere – Andrew Mwenda

Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere – Andrew Mwenda

Ubwanditsi 04 Jun 2019
Gutabariza umunyarwandakazi waguye mu gihugu cy’U Buholandi

Gutabariza umunyarwandakazi waguye mu gihugu cy’U Buholandi

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage

Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Ubwanditsi 08 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi
Mu Rwanda

Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Ubwanditsi 02 Nov 2017
Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame
UBUKUNGU

Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Feb 2019
Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda? 
Amakuru

Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda? 

Ubwanditsi 27 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru