• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»CNLG aravuga ko Amerika ari intangarugero igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside

CNLG aravuga ko Amerika ari intangarugero igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside

Ubwanditsi 29 Sep 2016 Mu Mahanga

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), yashimye intambwe ishimishije mu butabera yatewe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yohereje Munyakazi Léopold mu Rwanda, inakangurira ibindi bihugu cyane cyane u Buholandi gukurikiza urwo rugero rwiza.

Itangazo rya CNLG ryo kuri uyu wa 29 Nzeri 2016, yavuze ko kuba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zarahaye agaciro inyandiko y’u Rwanda igaragaza birambuye uruhare rwa Munyakazi Léopold muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kuyihakana, zikanemera ubusabe bwo kumwohereza mu Rwanda ari intambwe ikomeye ku butabera ibindi bihugu nabyo byagombye kureberaho.

Rivuga ko iyoherezwa mu Rwanda ry’abakekwaho ibyaha bya jenoside, ryerekana intambwe ikomeye ubutabera bw’u Rwanda bumaze gutera mu kubahiriza uburenganzira bw’ukekwaho icyaha bwo kujya imbere y’ubutabera butabogama, ndetse n’ubundi burenganzira bujyanye no kwiregura.

U Buholandi bwakebuwe

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr. Jean Damascene Bizimana, rivuga ko by’umwihariko iyoherezwa mu Rwanda rya Munyakazi Léopold ari uburyo bwo kwibutsa abayobozi b’u Buholandi ko bagomba gukurikiza uru rugero bakohereza mu Rwanda Mugimba Jean-Baptiste na Iyakaremye Jean Claude, bashinjwa icyaha cya jenoside.

-4201.jpg

Leoport Munyakazi

Muri Nyakanga uyu mwaka nibwo Urukiko rw’Ubujurire rwo mu Buholandi rwafashe icyemezo cyo kohereza Mugimba na Iyakaremye mu Rwanda ariko ishyirwa mu bikorwa ryacyo n’ubu rikomeje gutinzwa.

CNLG ivuga ko imiryango itandukanye ndetse n’abantu ku giti cyabo, cyane cyane abahakana Jenoside, bakomeje gusaba iburizwamo ry’icyo cyemezo.

Mugimba akekwaho gutegura no kugira uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi benshi mu duce twa Nyamirambo na Nyarugenge, muri za Segiteri za Nyakabanda, Kimisigara, Biryogo ndetse n’ahandi muri Kigali.

Yafashwe tariki 23 Mutarama 2014, hakurikijwe impapuro zo gutabwa muri yombi zatanzwe n’u Rwanda tariki ya 22 Ugushyingo 2012.

Iyakaremye uzwi ku izina rya Nzinga, nawe yafashwe na Polisi y’u Buholandi kuva tariki 9 Nyakanga 2013 kubera impapuro zatanzwe n’u Rwanda. Akurikiranywe n’ubutabera kubera kuba yarayoboye Interahamwe mu iyicwa ry’Abatutsi bari bahungiye mu ishuri ry’imyuga rya Kicukiro (ETO).

CNLG isanga nta rwitwazo ruhari

CNLG ishingira ku butabera butabogama n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’aboherejwe n’ibindi bihugu ngo baburanire mu Rwanda, igasanga nta mpamvu n’abandi batakoherezwa.

Ivuga ko ababa mu bihugu by’amahanga bakunze kubeshya ko bakurikiranywe kubera impamvu za politiki cyangwa se ubwoko bwabo, ayo aba ari amatakirangoyi n’ikinyoma bigamije kuyobya ubutabera kugira ngo ibihugu barimo bireke kubohereza kubazwa uruhare rwabo muri Jenoside.

Iri tangazo rigaruka ku bihugu byanga kohereza abakekwaho ibyaha bya Jenoside, rikavuga ko nta ngingo n’imwe y’ubutabera iba yubahirijwe kuko biba byirengagije ko ubusabe bw’u Rwanda bwubahirije amateko.

-4200.jpg

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr. Bizimana Jean Damascène

Rigira riti ‘Gukomeza kwanga kohereza mu Rwanda abakekwaho ibyaha bya jenoside bikorwa n’ibihugu bimwe nk’u Bufaransa, nta ngingo n’imwe igaragara y’ubutabera bishingiyeho. Ibyo ni ugupfobya ku buryo butaziguye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.”

Abamaze koherezwa kuburanira mu Rwanda ibyaha bya Jenoside bakekwaho

Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rwohereje Munyagishari Bernard, Uwinkindi Jean na Ntaganzwa Ladislas, Canada yohereje Mugesera Léon; Norvège yohereza Bandora Charles naho Danemark yohereza Mbarushimana Emmanuel. Urukiko rw’uburenganzira bwa muntu rw’Ibihugu by’Iburayi rwafashe icyemezo ndakuka gisaba igihugu cya Danemark kohereza Sylvere Ahorugeze mu Rwanda.

2016-09-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi  biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo

Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Perezida Tshisekedi yegetse ibibazo bye byose ku Rwanda, arashaka gusunika amatora

Perezida Tshisekedi yegetse ibibazo bye byose ku Rwanda, arashaka gusunika amatora

Ubwanditsi 21 Sep 2022
Loni ntishyigikiye igabanywa ry’abasirikare ba Monusco muri Congo

Loni ntishyigikiye igabanywa ry’abasirikare ba Monusco muri Congo

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Ubwanditsi 21 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Inshingano ya mbere y’ingabo z’u Rwanda si ugushoza intambara, ahubwo ni ukurwubaka no kurinda ibyagezweho”.-Perezida Kagame.
Amakuru

“Inshingano ya mbere y’ingabo z’u Rwanda si ugushoza intambara, ahubwo ni ukurwubaka no kurinda ibyagezweho”.-Perezida Kagame.

Ubwanditsi 04 Nov 2022
Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere
POLITIKI

Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere

Ubwanditsi 30 Aug 2018
Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16,  barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.
Mu Mahanga

Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16, barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.

Ubwanditsi 10 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru