• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Nyandwi

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Nyandwi

Editorial 17 Oct 2016 Mu Mahanga

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2016, mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda habereye umuhango wo gusezera no guherekeza Depite Nyandwi Joseph Désiré, witabye Imana kuwa Gatanu w’icyumweru gishize.

Ni umuhango witabiriwe n’abantu bagera kuri 300 barimo abayobozi bakuru b’igihugu, Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, Perezida wa Sena, Bernard Makuza; Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof.Sam Rugege n’abandi.

Itangazo rikubiyemo ubutumwa bwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ryasomwe na Minisitiri muri Perezidansi, Venantie Tugireyezu, wavuze ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame n’umuryango we bababajwe n’urupfu rwa Depite Nyandwi kandi bazahora bamwibukira ku mirimo myiza yashinzwe kandi akayikora neza.

Depite Nyandwi yagiye ashingwa imirimo mu nzego zitandukanye z’igihugu, harimo kuba yarayoboye iyahoze ari Perefegitura ya Gitarama, Minisiteri y’Uubutegetsi bw’Igihugu akomereza mu Nteko Ishinga Amategeko ari umudepite.

Minisitiri Tugireyezu ati “Igihugu n’Abanyarwanda tubuze umuyobozi n’umukozi mwiza warangwaga n’ukuri no gukunda igihugu.”

Mu butumwa bwo kwihanganisha umuryango wa Depite Nyandwi bwatanzwe n’Umunyamabanga Mukuru wa FPR, François Ngarambe, ari nawo yabarizwagamo, yavuze ko yabereye amaboko Umuryango FPR-Inkotanyi aho yashinzwe imirimo itoroshye mu bihe bikomeye akayikora neza.

Yagize ati “Yaranzwe no gukunda umurimo ukozwe neza, kugira umuhate no gukorana neza n’abandi.Asize umurage mwiza nk’umugabo wumvira.”

Muri FPR-Inkotanyi, Depite Nyandwi yari umwe mu bagize Komisiyo y’Ubuhinzi n’Ibidukikije n’iy’Ubukangurambaga, by’umwihariko yari ashinzwe gukurikirana ibikorwa by’abanyamuryango ba FPR muri Nyaruguru.

Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Donatila Mukabalisa, n’agahinda kenshi yavuze ibigwi Depite Nyandwi waranzwe n’ubushishozi, ubwitange, umurava, ubushake n’ubushobozi mu mirimo yose yakoze.

Yagize ati “Ubwitange n’umurava yagiraga mu gutanga ibitekerezo mu mishinga y’amategeko yasuzumwaga yaba muri Komisiyo yakoreragamo ku buryo buhoraho yaba no mu zindi Komisiyo atakoreragamo ku buryo buhoraho.”

Depite Mukabalisa yavuze ko nubwo atabaga yabashije kwitabira imirimo y’izindi komisiyo kubera iyo yakoreragamo, Depite Nyandwi ngo yoherezaga ibitekerezo byanditse, aharanira ko umutwe w’abadepite utora amategeko anoze.

Ibi byose ngo yabikeshaga umuco mwiza wo gusoma yari afite, gusesengura no gucukumbura yaba mu mishinga y’amategeko cyangwa izindi nyandiko zifasha Inteko Ishinga Amategeko.

Ati “Adusigiye icyuho mu mutwe w’abadepite yari amazemo imyaka 14, yaharaniraga ko ibyo dukora byose tubikora mu buryo bufitiye akamaro abaturage. Igihugu kibuze umugabo w’inararibonye wakundaga igihugu cye, agakunda umurimo unoze kandi byose mu nyungu z’abaturage.”

Mu ijambo rya nyuma Umutwe w’abadepite wabwiye Nyandwi bafataga nk’umubyeyi, umujyanama n’inshuti ya bose, Depite Mukabalisa yagize ati “Mubyeyi muvandimwe mugenzi wacu Depite Joseph Desire, tuzahora tukwibuka.Tukwibutswa n’ibyiza wakoreye igihugu, uruhare rwawe mu nteko mu mutwe w’abadepite, ibitekerezo byiza byubaka watangaga, inama wajyaga, tuzakwibukira kuri byinshi, ibyiza byinshi wakoreye igihugu ukiri ku Isi, turasaba kandi tudashidikanya ngo Imana ikwakire mu bayo mu ijuru kwa Jambo.”

-4415.jpg

Depite Nyandwi asize abana babiri umuhungu n’umukobwa kandi Inteko Ishinga Amategeko yabasezeranyije kuzakomeza kubabanira neza nkuko umubyeyi wabo yababaniye neza.

Imana imwakire mubayo

2016-10-17
Editorial

IZINDI NKURU

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Editorial 27 Oct 2017
Nyuma yo gutandukana na Waasland Beveren, Bizimana Djihad yerekeje muri KMSK Deinze yo mu cyiciro cya kabiri mu Bubiligi.

Nyuma yo gutandukana na Waasland Beveren, Bizimana Djihad yerekeje muri KMSK Deinze yo mu cyiciro cya kabiri mu Bubiligi.

Editorial 28 May 2021
Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Editorial 31 Oct 2024
Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Editorial 27 Apr 2016
Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Editorial 27 Oct 2017
Nyuma yo gutandukana na Waasland Beveren, Bizimana Djihad yerekeje muri KMSK Deinze yo mu cyiciro cya kabiri mu Bubiligi.

Nyuma yo gutandukana na Waasland Beveren, Bizimana Djihad yerekeje muri KMSK Deinze yo mu cyiciro cya kabiri mu Bubiligi.

Editorial 28 May 2021
Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Editorial 31 Oct 2024
Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Editorial 27 Apr 2016
Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Editorial 27 Oct 2017
Nyuma yo gutandukana na Waasland Beveren, Bizimana Djihad yerekeje muri KMSK Deinze yo mu cyiciro cya kabiri mu Bubiligi.

Nyuma yo gutandukana na Waasland Beveren, Bizimana Djihad yerekeje muri KMSK Deinze yo mu cyiciro cya kabiri mu Bubiligi.

Editorial 28 May 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru