• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abanyarwanda baragaya bikomeye amagambo yavuzwe na Depite Byabarumwanzi

Abanyarwanda baragaya bikomeye amagambo yavuzwe na Depite Byabarumwanzi

Editorial 22 Oct 2016 ITOHOZA

Kuri uyu wa kabiri mu gitondo twumvise inkuru ibabaje kuri radio flash ijyanye n’amagambo mabi yavuzwe na Hon. Byabarumwanzi. Amagambo ababaje cyane ndetse akaba ari amagambo adakwiye kuvugwa n’umuntu ukorera Leta cyane intumwa ya rubanda kuko arimo agashinyaguro, kutemera Leta y’u Rwanda, FPR inkotayi no kutiyumva muri bagenzi be.

Gusa abo twari kumwe twumva iyo nkuru hari uwatubwiye ko niba ari Byabarumwanzi wabivuze bidatangaje kuko baca umugani mu Kinyarwanda burya ngo “izina ni ryo muntu”. Ubundi mu Kinyarwanda iyo havuzwe inkuru yifuriza inabi umuntu cyangwa umuryango runaka, abandi bantu runaka bagaye iyo nkuru mbi cyangwa bumva itari ngombwa ko ivugwa, baravuga bati “ byabara umwanzi”. Byabarumwanzi rero yavuze amagambo mabi yavugwa gusa n’umuntu ufite urwango mu mutima, wanga u Rwanda, FPR na bagenzi baba abakiriho ndetse n’abatuvuyemo.

Imyitwarire mibi, amagambo mabi ya Byabarumwanzi kuri Nyakwigendera Mucyo n’urupfu rwe.

Birababaje cyane kubona Byabarumwanzi yaramenyeshejwe urupfu rutunguranye rwa Senateri Mucyo akica amatwi, ntahagarike inama. Gusa ikibabaje cyane ni uko yageretseho amagambo mabi cyane akavuga ngo “urupfu rwa Senatri Mucyo ntirwahagarika inama kuko ngo Mucyo yari yarapfuye kera”. Ibi bintu byabara umwanzi koko, nta wundi wabivuga atari Byabarumwanzi.

Umuntu yakwibaza impamvu Byabarumwanzi avuga ko Senateri Mucyo yari yarapfuye kera kandi yaritabye Imana ari ku kazi, yaraje ku kazi yitwaye mu modoka. Wenda Byabarumwanzi yaba yarashakaga kuvuga ko Impanuka yo kugwa kuri escalier yahitanye Mucyo yabaye asanzwe hari indi ndwara afite? Niba ari n’ibyo yashakaga kuvuga ndagirango mbwire Byabarumwanzi ko ari icyaha gikomeye kuko na Byabarumwanzi ubwe, ku myaka ye, ntabuze indwara afite, agendana, akorana akazi. Byabarumwanzi rero ubu uramutse upfuye ntwavuga ngo “yari warapfuye kera”.

Tugarutse kubyo umuco wa Kinyarwanda uteganya ndagirango menyeshe Byabarumwanzi ko hari amagambo umuntu atavugwa iyo umuntu atakaje ubuzima, iyo abantu bafite ikiriyo, iyo igihugu kiri mu cyunamo cyangwa mu bindi bihe bifitanye isano n’imihango y’urupfu cyangwa gushyingura abitabye imana.

Ariko ikintu kibabaje kurushaho ni ukuntu umuntu nka Byabarumwanzi adashobora kwitondera ibyavuga nibura ngo najya kubivuga abanze atekereze inshingano ze nk’intumwa ya Rubanda: Byabarumwanzi aba muri Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu, Ubumwe bw’Abanyarwanda no kurwanya Jenoside. Byabarumwanzi aramutse atirengagije inshingano zijyanye n’iyi Komisiyo abamo ntiyavuga amagambo nkariya.

Kwica akazi, kuvangira bagenzi be, kwangisha abaturage ubutegetsi

Byabarumwanzi na bagenzi be bari muri Nyamagabe banasuye na Gereza baganiriza abafungwa biganjemo abakoze jenoside yakorewe abatutsi. Bamporiki yatanze ikiganiro abafungwa baranyurwa bamuha amashyi y’urufaya. Byabarumwanzi afashe ijambo abwira abafungwa ngo “ Jye sinkeneye ayo mashyi mwahaye Bamporiki”. Arakomeza aravuga ngo “Hon. Bamporiki, mujye mumuha amashyi jye sindi inkomamashyi nka Bamporiki”.

Aya ni amagambo mabi cyane muri politiki. Kubwira abafungwa ko adakeneye amashyi nk’ayari amaze guhabwa Bamporiki nyuma kubaganiriza bakanyurwa, bivuze ko Byabarumwanzi yagiye kuganiriza abafungwa yumva atari ngombwa, yumva atari ngombwa kubaha ubutumwa bubafasha cyangwa bubanyura nubwo bafunze, ntiyari yiteguye kumvisha abafungwa akamaro ka gahunda y’ubutabera, guhana no guhanura abafungwa no kubagaragaza isano iyo gahunda ifitanye na Genoside yakorewe abatutsi n’ibindi.

Nkaho ibyo bitari bihagije, Byabarumwanzi yongeyeho ko Bamporiki ari inkomamashyi. Ubundi umuntu bamwita inkomamashyi iyo ari umuntu urangwa no guhakwa cyane kuri shebuja ku buryo burenze igipimo gikenewe. Aha umuntu yakwibaza icyo bitwaye Byabarumwanzi kuba Bamporiki ari inkomamashyi cyane cyane ko badasangiye ishyaka.

Tubishyize mu mvugo ya giturage twavuga ko Shebuja wa Bamporiki ari RPF Inkotanyi. Kugaya rero ko Bamporiki akomera amashyi RPF, ahakwa cyane kuri RPF bifite icyo bihishe kandi kibi. Kuko kuba Bamporiki yahakwa kuri RPF atari icyaha, cyangwa inenge kuburyo Byabarumwanzi yabigaya mu ruhame. Mu yandi magambo ikibazo Byabarumwanzi ntagifite k’ukoma amashyi (Bamporiki) ahubwo agifite k’uyakomerwa (RPF). Ibyo Byabarumwanzi yavuze bigaragaza ko ikigega ibitekerezo bye ubu ari ukurwanya RPF n’umurongo n’ibikorwa byabo.

Byabarumwanzi arongera ati sindi inkomamashyi nka Bamporiki. Bivuze ngo ibyo Byabarumwanzi yagezeho murwego rwa politiki ntawe abikesha, ntawabimugejejeho mbega ni a self made man muri politiki. Byabarumwanzi uribeshya cyane, iki gihugu ugikesha byinshi birimo n’ibirenze ubikwiriye.

Byabarumwanzi yakomeje avuga ko iby’iyi Leta atabizi ngo azi ibyo muri Leta ya Habyalimana. Intumwa ya rubanda ivuga ibi ubwo yaba yemera umurongo wa Leta iriho ? Ibi byabara umwanzi gusa ntawundi wabivuga akicaye mu ntebe yo guhagararira abanyarwanda.

Mu gusoza, Byabarumwanzi akwiye kumenya ko atari byiza gukurikiza amagambo mabi umuntu witabye Imana. Ntibyari ngombwa kuvuga ariya magambo Senateri Mucyo amaze kwitaba Imana cyane cyane yakurushaga agaciro n’ubugabo. Kwica akazi byo ukwiye kubibazwa naho kugaya abubaha bihagije ababayobora, buriya sibo uba ugaya ahubwo uba urwanya ababayobora.

-4417.jpg

Depite Byabarumwanzi Francois

Turasaba ko imyifatire ya Byabarumwanzi yayibazwa, akamburwa ubudahangarwa byaba ngombwa akayihanirwa.

Emmanuel-Kigali Umusomyi wa Rushyashya

2016-10-22
Editorial

IZINDI NKURU

Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Editorial 24 Oct 2016
Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Editorial 11 Sep 2019
Uganda: Ku ngoro y’inteko ishinga amategeko hagaragaye abantu bigaragambya bitwaje isanduku ishyingurwamo

Uganda: Ku ngoro y’inteko ishinga amategeko hagaragaye abantu bigaragambya bitwaje isanduku ishyingurwamo

Editorial 04 Jun 2018
Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Editorial 11 Aug 2017
Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Editorial 24 Oct 2016
Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Editorial 11 Sep 2019
Uganda: Ku ngoro y’inteko ishinga amategeko hagaragaye abantu bigaragambya bitwaje isanduku ishyingurwamo

Uganda: Ku ngoro y’inteko ishinga amategeko hagaragaye abantu bigaragambya bitwaje isanduku ishyingurwamo

Editorial 04 Jun 2018
Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Editorial 11 Aug 2017
Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Editorial 24 Oct 2016
Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Editorial 11 Sep 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru