• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abanyarwanda baragaya bikomeye amagambo yavuzwe na Depite Byabarumwanzi

Abanyarwanda baragaya bikomeye amagambo yavuzwe na Depite Byabarumwanzi

Ubwanditsi 22 Oct 2016 ITOHOZA

Kuri uyu wa kabiri mu gitondo twumvise inkuru ibabaje kuri radio flash ijyanye n’amagambo mabi yavuzwe na Hon. Byabarumwanzi. Amagambo ababaje cyane ndetse akaba ari amagambo adakwiye kuvugwa n’umuntu ukorera Leta cyane intumwa ya rubanda kuko arimo agashinyaguro, kutemera Leta y’u Rwanda, FPR inkotayi no kutiyumva muri bagenzi be.

Gusa abo twari kumwe twumva iyo nkuru hari uwatubwiye ko niba ari Byabarumwanzi wabivuze bidatangaje kuko baca umugani mu Kinyarwanda burya ngo “izina ni ryo muntu”. Ubundi mu Kinyarwanda iyo havuzwe inkuru yifuriza inabi umuntu cyangwa umuryango runaka, abandi bantu runaka bagaye iyo nkuru mbi cyangwa bumva itari ngombwa ko ivugwa, baravuga bati “ byabara umwanzi”. Byabarumwanzi rero yavuze amagambo mabi yavugwa gusa n’umuntu ufite urwango mu mutima, wanga u Rwanda, FPR na bagenzi baba abakiriho ndetse n’abatuvuyemo.

Imyitwarire mibi, amagambo mabi ya Byabarumwanzi kuri Nyakwigendera Mucyo n’urupfu rwe.

Birababaje cyane kubona Byabarumwanzi yaramenyeshejwe urupfu rutunguranye rwa Senateri Mucyo akica amatwi, ntahagarike inama. Gusa ikibabaje cyane ni uko yageretseho amagambo mabi cyane akavuga ngo “urupfu rwa Senatri Mucyo ntirwahagarika inama kuko ngo Mucyo yari yarapfuye kera”. Ibi bintu byabara umwanzi koko, nta wundi wabivuga atari Byabarumwanzi.

Umuntu yakwibaza impamvu Byabarumwanzi avuga ko Senateri Mucyo yari yarapfuye kera kandi yaritabye Imana ari ku kazi, yaraje ku kazi yitwaye mu modoka. Wenda Byabarumwanzi yaba yarashakaga kuvuga ko Impanuka yo kugwa kuri escalier yahitanye Mucyo yabaye asanzwe hari indi ndwara afite? Niba ari n’ibyo yashakaga kuvuga ndagirango mbwire Byabarumwanzi ko ari icyaha gikomeye kuko na Byabarumwanzi ubwe, ku myaka ye, ntabuze indwara afite, agendana, akorana akazi. Byabarumwanzi rero ubu uramutse upfuye ntwavuga ngo “yari warapfuye kera”.

Tugarutse kubyo umuco wa Kinyarwanda uteganya ndagirango menyeshe Byabarumwanzi ko hari amagambo umuntu atavugwa iyo umuntu atakaje ubuzima, iyo abantu bafite ikiriyo, iyo igihugu kiri mu cyunamo cyangwa mu bindi bihe bifitanye isano n’imihango y’urupfu cyangwa gushyingura abitabye imana.

Ariko ikintu kibabaje kurushaho ni ukuntu umuntu nka Byabarumwanzi adashobora kwitondera ibyavuga nibura ngo najya kubivuga abanze atekereze inshingano ze nk’intumwa ya Rubanda: Byabarumwanzi aba muri Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu, Ubumwe bw’Abanyarwanda no kurwanya Jenoside. Byabarumwanzi aramutse atirengagije inshingano zijyanye n’iyi Komisiyo abamo ntiyavuga amagambo nkariya.

Kwica akazi, kuvangira bagenzi be, kwangisha abaturage ubutegetsi

Byabarumwanzi na bagenzi be bari muri Nyamagabe banasuye na Gereza baganiriza abafungwa biganjemo abakoze jenoside yakorewe abatutsi. Bamporiki yatanze ikiganiro abafungwa baranyurwa bamuha amashyi y’urufaya. Byabarumwanzi afashe ijambo abwira abafungwa ngo “ Jye sinkeneye ayo mashyi mwahaye Bamporiki”. Arakomeza aravuga ngo “Hon. Bamporiki, mujye mumuha amashyi jye sindi inkomamashyi nka Bamporiki”.

Aya ni amagambo mabi cyane muri politiki. Kubwira abafungwa ko adakeneye amashyi nk’ayari amaze guhabwa Bamporiki nyuma kubaganiriza bakanyurwa, bivuze ko Byabarumwanzi yagiye kuganiriza abafungwa yumva atari ngombwa, yumva atari ngombwa kubaha ubutumwa bubafasha cyangwa bubanyura nubwo bafunze, ntiyari yiteguye kumvisha abafungwa akamaro ka gahunda y’ubutabera, guhana no guhanura abafungwa no kubagaragaza isano iyo gahunda ifitanye na Genoside yakorewe abatutsi n’ibindi.

Nkaho ibyo bitari bihagije, Byabarumwanzi yongeyeho ko Bamporiki ari inkomamashyi. Ubundi umuntu bamwita inkomamashyi iyo ari umuntu urangwa no guhakwa cyane kuri shebuja ku buryo burenze igipimo gikenewe. Aha umuntu yakwibaza icyo bitwaye Byabarumwanzi kuba Bamporiki ari inkomamashyi cyane cyane ko badasangiye ishyaka.

Tubishyize mu mvugo ya giturage twavuga ko Shebuja wa Bamporiki ari RPF Inkotanyi. Kugaya rero ko Bamporiki akomera amashyi RPF, ahakwa cyane kuri RPF bifite icyo bihishe kandi kibi. Kuko kuba Bamporiki yahakwa kuri RPF atari icyaha, cyangwa inenge kuburyo Byabarumwanzi yabigaya mu ruhame. Mu yandi magambo ikibazo Byabarumwanzi ntagifite k’ukoma amashyi (Bamporiki) ahubwo agifite k’uyakomerwa (RPF). Ibyo Byabarumwanzi yavuze bigaragaza ko ikigega ibitekerezo bye ubu ari ukurwanya RPF n’umurongo n’ibikorwa byabo.

Byabarumwanzi arongera ati sindi inkomamashyi nka Bamporiki. Bivuze ngo ibyo Byabarumwanzi yagezeho murwego rwa politiki ntawe abikesha, ntawabimugejejeho mbega ni a self made man muri politiki. Byabarumwanzi uribeshya cyane, iki gihugu ugikesha byinshi birimo n’ibirenze ubikwiriye.

Byabarumwanzi yakomeje avuga ko iby’iyi Leta atabizi ngo azi ibyo muri Leta ya Habyalimana. Intumwa ya rubanda ivuga ibi ubwo yaba yemera umurongo wa Leta iriho ? Ibi byabara umwanzi gusa ntawundi wabivuga akicaye mu ntebe yo guhagararira abanyarwanda.

Mu gusoza, Byabarumwanzi akwiye kumenya ko atari byiza gukurikiza amagambo mabi umuntu witabye Imana. Ntibyari ngombwa kuvuga ariya magambo Senateri Mucyo amaze kwitaba Imana cyane cyane yakurushaga agaciro n’ubugabo. Kwica akazi byo ukwiye kubibazwa naho kugaya abubaha bihagije ababayobora, buriya sibo uba ugaya ahubwo uba urwanya ababayobora.

-4417.jpg

Depite Byabarumwanzi Francois

Turasaba ko imyifatire ya Byabarumwanzi yayibazwa, akamburwa ubudahangarwa byaba ngombwa akayihanirwa.

Emmanuel-Kigali Umusomyi wa Rushyashya

2016-10-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bufaransa: Gen. Kabarebe yatanzwe nk’umutangabuhamya wa Ngenzi na Barahirwa baregwa ibyaha bya jenoside

U Bufaransa: Gen. Kabarebe yatanzwe nk’umutangabuhamya wa Ngenzi na Barahirwa baregwa ibyaha bya jenoside

Ubwanditsi 03 May 2018
Urunturuntu hagati ya Perezida Museveni na Nkurunziza

Urunturuntu hagati ya Perezida Museveni na Nkurunziza

Ubwanditsi 23 Jan 2019
Uherutse gufungwa azira gupfobya jenoside yarashwe agerageza gucika bimuviramo urupfu

Uherutse gufungwa azira gupfobya jenoside yarashwe agerageza gucika bimuviramo urupfu

Ubwanditsi 21 Apr 2018
CMI na RNC bibasiye abayoboke b’Itorero ADEPR muri Uganda, banze kuyoboka umugambi wa Kayumba Nyamwasa

CMI na RNC bibasiye abayoboke b’Itorero ADEPR muri Uganda, banze kuyoboka umugambi wa Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 14 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imbwirwaruhame y’ibanga Umwamikazi Elisabeth yavuga habayeho Intambara ya Gatatu y’Isi
Mu Mahanga

Imbwirwaruhame y’ibanga Umwamikazi Elisabeth yavuga habayeho Intambara ya Gatatu y’Isi

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Ese Koko Umunyemari  W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009
INKURU NYAMUKURU

Ese Koko Umunyemari W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Real Madrid izahura na Chelsea, Man City izahura na Bayern Munichen; uko tombola ya 1/4 yose yagenze
Amakuru

Real Madrid izahura na Chelsea, Man City izahura na Bayern Munichen; uko tombola ya 1/4 yose yagenze

Ubwanditsi 17 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru