• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe

U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe

Ubwanditsi 20 Oct 2016 Mu Mahanga

U Rwanda rwinjiye mu mubare w’ibihugu bisaga 80 byo hirya no hino ku isi byamaze kwemeza burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe. Aya masezerano mpuzamahanga agena uburyo bwo gushyira mu bikorwa ingamba zo gukumira izamuka ry’igipimo mpuzandengo cy’ubushyuhe bw’Isi, kikaguma hasi ya dogere 2 (2°C) ariko intego ikaba ko iki gipimo kigera hasi ya dogere 1.5 (1.5°C).

Nka kimwe mu bihugu byibasiwe n’imihindagurikire y’ikirere, u Rwanda rushishikajwe no gushyiraho ingamba zo kugabanya imyuka yangiza ikirere ndetse no kurushaho kubaka ubudahangarwa ku mihindagurikire y’ibihe. Amasezerano y’ i Paris atanga umurongo wo kugera kuri izi ntego binyuze mu bufatanye bw’Umuryango mpuzamahanga no gushyigikira ibihugu byibasiwe n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Amasezerano y’i Paris yagizwe itegeko mu Rwanda binyuze mu Iteka rya Perezida Ryemeza Burundu Amasezerano y’i Paris ashamikiye ku Masezerano y’Umuryango w’Abibumbye Yerekeye Imihindagurikire y’Ibihe. Ku wa 6 Ukwakira uyu mwaka, u Rwanda rwagejeje ku Munyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye inyandiko igena iyemezwa ry’aya Masezerano. Iyi nyandiko yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo.

Minisitiri Mushikiwabo yatangaje ko u Rwanda rutewe ishema no kwemeza burundu Amasezerano y’I Paris.

Agira ati: “Dutewe ishema no kwemeza burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe. Twizeye ko ubufatanye bw’amahanga buzafasha kugabanya igipimo cy’ubushyuhe bw’isi kikaguma hasi ya dogere 1.5. Binyuze mu Kigega cyo gutera inkunga imishinga yo kurengera ibidukikije (FONERWA), u Rwanda ruri kwereka amahanga ko iyo imishinga yo muri uru rwego icunzwe neza bifasha mu guhanga akazi ndetse no kubaka ubudahangarwa bw’abenegihugu ku mihindagurikire y’ibihe. Twiteguye gukomeza gukorana n’abafatanyabikorwa bacu ndetse n’inshuti mu rugendo twiyemeje rwo kugera ku iterambere rirambye kandi ritangiza ibidukikije.”

Amasezerano y’i Paris yemejwe mu gihe ibihugu byitegura guhurira i Marrakech mu nama ya 22 y’Ibihugu byashyize umukono ku masezerano mpuzamahanga yerekeranye n’imihindagurikire y’ibihe (COP22). Ni mu gihe kandi isi yishimira indi ntambwe amahanga aherutse gutera mu rugamba rwo kurengera ikirere ubwo yemezaga ivugururwa ry’Amasezerano ya Montreal, ivugururwa ryemerejwe i Kigali mu Rwanda.

Kubera iri vugururwa, isi izabasha kugabanya dogere 0.5 (0.5°C) ku gipimo mpuzandengo cy’izamuka ry’ubushyuhe bw’isi mbere y’uko iki kinyejana kirangira. Uyu uzaba ari umusaruro wo guhagarika ikora n’ikoreshwa ry’imyuka ya ‘hydrofluorocarbons’ (HFCs) isanzwe ikoreshwa mu byuma bikonjesha nk’uko byemejwe mu ivugururwa ry’Amasezerano ya Montreal. Iyemezwa ry’iri vugururwa ni kimwe mu bikorwa by’ingenzi byo kurengera ikirere ibihugu bizaharanira gushyigikira no guteza imbere ubwo ababihagarariye bazaba bahuriye mu nama izabera muri Maroc mu kwezi gutaha.

Ibyerekeye Amasezerano y’I Paris

Amasezerano y’i Paris azatangira gukurikizwa tariki 4 Ugushyingo 2016, ni ukuvuga iminsi 30 nyuma y’aho mu bihugu byayemeje ibigera kuri 55 byihariye 55% by’imyuka yose yangiza ikirere bitangiye inyandiko zigena iyemezwa n’iyubahirizwa ryayo. Biteganyijwe ko ubwo hazaba hateranye Inama ya 22 y’Ibihugu byashyize umukono ku Masezerano y’Umuryango w’Abibumbye Yerekeye Imihindagurikire y’Ibihe (COP22) izabera I Marrakesh mu kwezi gutaha, ibihugu byashyize umukono ku Masezerano y’i Paris bizahura bikaganira ku ishyirwa mu bikorwa ryayo.

-4445.jpg

Minisitiri Mushikiwabo yatangaje ko u Rwanda rutewe ishema no kwemeza burundu Amasezerano y’I Paris

Amasezerano y’I Paris ateganya uburyo amahanga afatanyiriza hamwe mu guhangana n’ingaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ibihe ndetse akanagaragaza intambwe buri gihugu gisabwa gutera mu rugamba rwo kugabanya izamuka ry’ubushyuhe bw’isi. Aya Masezerano kandi anateganya inkunga ya miliyari 100 z’amadolari ya Amerika yo gutera inkunga imishinga igamije kurengera ikirere, guteza imbere ikoranabuhanga ritangiza ikirere ndetse no gushyigikira urugendo rugana ku bukungu butangiza ibidukikije.

Imihindagurikire y’ibihe mu Rwanda

Mu Rwanda, ubushyuhe bwazamutse ku gipimo mpuzandengo cya dogere 1.4 (1.4°C) kuva mu mwaka w’1970. Mu gihe nta gikozwe, iki gipimo cyazamuka kugera kuri dogere 2.5 bitarenze umwaka wa 2050. U Rwanda rwatangiye kugerwaho n’ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe n’izamuka ry’ubushyuhe bw’isi, harimo amapfa ndetse n’imyuzure ikunze gutera inkangu mu bice bitandukanye by’igihugu.

communication@fonerwa.

2016-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.

Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.

Ubwanditsi 09 Aug 2024
Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Ubwanditsi 13 Jun 2023
Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane

Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane

Ubwanditsi 08 Dec 2021
CIA yemeje ko Khashoggi yicishijwe n’Igikomangoma cya Arabie Saoudite

CIA yemeje ko Khashoggi yicishijwe n’Igikomangoma cya Arabie Saoudite

Ubwanditsi 17 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana
INKURU NYAMUKURU

Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda
POLITIKI

Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Padiri Mudahinyuka waririmbye “u Rwanda rw’ejo” yatabarutse
Mu Rwanda

Padiri Mudahinyuka waririmbye “u Rwanda rw’ejo” yatabarutse

Ubwanditsi 27 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru