• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda

Mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda

Editorial 27 Oct 2016 Mu Mahanga

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda riributsa abatwara abagenzi kwitonda bakubahiriza amategeko y’umuhanda cyane cyane mu gihe abanyeshuri bitegura kuva ku mashuri yabo no gutangira ibiruhuko guhera mu cyumweru gitaha.

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) George Rumanzi, yavuze ko impanuka zishobora kwiyongera bitewe n’umuvuduko ukabije wa bamwe mu batwara ibinyabiziga baba bifuza gukora ingendo nyinshi; mu gihe abanyeshuri bava ku mashuri yabo bajya mu biruhuko ndetse n’urujya n’uruza rw’abagenzi mu mpera z’umwaka.

CP Rumanzi yagize ati:” ingamba zarafashwe zo kugenzura ko ingendo zikorwa neza n’imodoka zitwara abanyeshuri bajya mu biruhuko ndetse mu mihanda yo mu Ntara niho twibanda cyane tureba ko umutekano wo mu muhanda ugenda neza bityo tugafatira ibihano abanyamakosa”.

Nk’uko byemejwe na Minisiteri y’uburezi, ibiruhuko by’abanyeshuri biteganyijwe gutangira hagati y’itariki ya 1 na 3 Ugushyingo.

Amashuri yo mu Mujyi wa Kigali n’ayo mu turere twa Huye,Nyanza,Muhanga na Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo ndetse n’ayo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke mu Ntara y’iBurengerazuba azafunga tariki ya 1 Ugushyingo.

Andi mashuri yo mu turere tundi two mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’u Burengerazuba nayo azafunga tariki ya 2 Ugushyingo. Mu gihe amashuri yo mu Ntara y’I Burasirazuba n’Amajyarugura yo azafunga tariki ya 3 Ugushyingo.

CP Rumanzi yakomeje agira ati:” iyi ni gahunda ya Leta kandi igomba kubahirizwa na buri wese ku buryo abahuriye muri iki gikorwa barimo abatwara ibinyabiziga, ibigo by’amashuri,ababyeyi ndetse natwe Polisi; dusabwa twese ubufatanye mu kureba ko umutekano w’ibinyabiziga n’ababigendamo mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri wubahirizwa. Ntitwifuza kongera ibihano kubera abanyamakosa,ariko nibiba ngombwa tuzabikora tugamije kurinda impanuka no kubungabunga umutekano w’abaturage”.

Yavuze kandi ko byagaragaye ko abatwara abagenzi bagendera ku muvuduko ukabije bagamije gutanguranwa abagenzi ndetse bakifuza gukora n’ingendo nyinshi kugira ngo bakorere n’amafaranga menshi, ibi rero bikaba ari bimwe mu bitera impanuka.

Yongeye kandi kwihanangiriza abatwara abagenzi barengeje imyanya yagenwe kubireka no kubahiriza ubwishingizi bw’abagenzi baba bemerewe gutwara.

Yagaye kandi bamwe mu bashoferi baba barwanira abagenzi bashaka kubashyira mu modoka no kubakuramo vuba vuba kuburyo hari igihe bakomereka bityo abasaba kubireka.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda CP Rumanzi, yasabye kandi by’umwihariko amashyirahamwe atwara abagenzi kujya bagenzura abashoferi b’ibinyabiziga byabo ndetse bagafasha mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zose zo kubungabunga umutekano wo mu muhanda.

Ishyirwaho ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda yavuze kandi ko batangiye no gushyira mu bikorwa iyubahirizwa ry’Iteka rya Perezida N° 25/01 ryo ku wa 25/02/2015 rigena ishyirwaho n’ikoreshwa ry’Akagabanyamuvuduko modoka zitwara abagenzi n’izikora ibikorwa by’ubucuruzi mu rwego rwo gukumira impanuka z’imodoka za hato na hato zihitana ndetse zikanakomeretsa abantu.

Yagize ati:” nka Polisi y’u Rwanda, twagize umwanya uhagije wo kuganira na RURA,Minisiteri y’ibikorwa remezo, ndetse n’abatwara abagenzi; kubirebana n’uko utugabanyamuvuduko twashyirwa mu modoka, ariko birababaje kuba hari bamwe mu batwara abagenzi babyanze;tugeze igihe cyo gushyira mu bikorwa ibyo amategeko ateganya.”

“Imodoka zose zizatwara abanyeshuri bajya mu biruhuko zigomba kubahiriza ibyavuzwe hejuru no kuba zifite utugabanyamuvuduko, kandi tuzabigenzura ko byubahirijwe”.

Utwo twuma twerekana ko imodoka itagomba kurenza km60/h ndetse igipimo kikaba gishobora no kumanuka kugera kuri km25/h; kuburyo igipimo ntarengwa iyo kitubahirijwe bigaragara.

-4492.jpg

Abanyeshuri

Harimo kandi ububiko muri mudasobwa bwereka umugenzuzi cyangwa ushinzwe umutekano wo mu muhanda uko umuvuduko w’ikinyabiziga wari umeze ndetse n’amakosa y’ikinyabiziga.

RNP

2016-10-27
Editorial

IZINDI NKURU

Rurageretse hagati ya Turukiya na Amerika, abaturage bari kubigenderamo

Rurageretse hagati ya Turukiya na Amerika, abaturage bari kubigenderamo

Editorial 09 Oct 2017
Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Editorial 24 Oct 2017
Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Editorial 30 Mar 2021
Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Editorial 06 Oct 2022
Rurageretse hagati ya Turukiya na Amerika, abaturage bari kubigenderamo

Rurageretse hagati ya Turukiya na Amerika, abaturage bari kubigenderamo

Editorial 09 Oct 2017
Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Editorial 24 Oct 2017
Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Editorial 30 Mar 2021
Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Editorial 06 Oct 2022
Rurageretse hagati ya Turukiya na Amerika, abaturage bari kubigenderamo

Rurageretse hagati ya Turukiya na Amerika, abaturage bari kubigenderamo

Editorial 09 Oct 2017
Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Editorial 24 Oct 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru