• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru

Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru

Ubwanditsi 31 Oct 2016 Mu Rwanda

Igisirikare cy’u Rwanda cyahakanye amakuru yatangajwe n’inzego zitandukanye z’u Burundi zavuze ko hari umuturage w’iki gihugu warasiwe ku kiyaga cya Rweru mu gitondo kuwa Gatandatu tariki 29 Ukwakira 2016.

Guverineri w’Intara ya Kirundo, Melchior Nankwahomba, yatangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abashinwa ko umuturage w’Umurundi yarashwe n’Ingabo z’u Rwanda mu gitondo cyo kuwa Gatandatu. Gusa Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda Lt Col René Ngendahimana yavuze ko ibi bihabanye n’ukuri.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, dukesha iyi nkuru yatangaje ko nta muntu Ingabo z’u Rwanda zigeze zirasa ahubwo ko zarashe mu kirere kugira ngo abarobyi b’Abarundi bari mu gice kitemerewe kurobwamo basobanure impamvu bahari.

-4537.jpg

Lt Col René Ngendahimana

Ati “Nta muntu abasirikare barashe. Hari abantu bagaragaye kuri Rweru ahegereye umupaka w’u Rwanda mu gitondo cyo kuwa Gatandatu. Abasirikare bari bacunze umupaka nkuko bisanzwe, bababonye kuko ari n’ahantu hatemewe kurobwamo, barasa mu kirere bashaka ko bigira hino ngo bababaze icyo bakora mu mazi.”

Yakomeje avuga ko Ingabo z’u Rwanda zarashe mu kirere mu rwego rwo kubihaniza, maze umwe muri abo Barundi ava mu bwato arabegera abasobanurira impamvu.

“Umwe muri abo ava mu bwato aza asanga abo basirikare aje kwisobanura. Banamusanganye amafi yari yarobye muri ayo mazi ariko andi mato abiri abari bayarimo bibira mu mazi basubira hakurya.”

Abajijwe kubivugwa ko hari umuturage w’u Burundi wishwe n’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Ngendahimana yagize ati “ Nta muntu abasirikare bigeze barasa, barashe mu kirere bashaka kubaburira ngo bigire hino kugira ngo bisobanure cyangwa se ngo basubire inyuma. Umwe muri bo araza n’ubu ashobora kuba akiri ku ruhande rwacu. Nta musirikare wigeze arasa umuturage uwo ariwe wese.”

Yashimangiye ko ibyo kuvuga ko hari umusirikare w’u Rwanda wishe umuturage w’u Burundi ari ibintu bimenyerewe. Ati“ibyo turabimenyereye ni bya bindi bisanzwe biba hakurya hariya.”

Ibi bibaye mu gihe mu mpera za Kanama, Abasirikare b’u Rwanda bari ku burinzi mu Murenge Bugarama mu Karere ka Rusizi barashe abaturage babiri b’u Burundi nyuma y’aho ahagana saa cyenda z’ijoro bambutse umupaka bababaza abo ari bo ntibasubize abasirikare bakagira amakenga.

2016-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Alpha Condé yasimbuye Idris Deby ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Alpha Condé yasimbuye Idris Deby ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Ubwanditsi 30 Jan 2017
Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Ubwanditsi 13 Jul 2021
Ingingo z’ingenzi z’urwandiko rwa Rukabu Bizimana Pascal, rusaba guhindura izina

Ingingo z’ingenzi z’urwandiko rwa Rukabu Bizimana Pascal, rusaba guhindura izina

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe

Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe

Ubwanditsi 09 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibigwi by’abanyapolitiki bashyinguye i Rebero bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
POLITIKI

Ibigwi by’abanyapolitiki bashyinguye i Rebero bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Apr 2019
RDC: Igitero Cyagabwe N’inyeshyamba Za ‘Twigwaneho Banyamulenge’ Cyaguyemo Batanu
HIRYA NO HINO

RDC: Igitero Cyagabwe N’inyeshyamba Za ‘Twigwaneho Banyamulenge’ Cyaguyemo Batanu

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.
Amakuru

Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Ubwanditsi 19 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru