• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho

Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho

Ubwanditsi 07 Nov 2016 ITOHOZA

Rene Claude Mugenzi Alias Kirabiranya, n’umunyaRwanda kavukire ariko wavukiye mu Burusiya ahitwa Pyatigovski muli 1976, nubwo ubu akunda kuba Umwongereza kurusha Umwamikazi wabo.

Kuruhande rumwe ntashaka kuba Umunyarwanda ariko agashishikarizwa no kurwanya Leta y’Urwanda ubwe yifuza gutandukana nayo, ngo iyo umwise Umunyarwanda atabifitemo inyungu yaguhitana.

We ngo n’Umwongereza w’Umunyarwanda ntabwo ari Umunyarwanda w’Umwongereza.

Icyo dukwiye kumubaza gusa nuko abona aho imitekerereze nkiyo icyo izamufasha
cyane cyane ko politiki y’iburayi na Amerika isigaye yarakaze ku bantu nkawe biyomeka kumpu zabo. Batangiye gutahura no guta muri yombi abigira ba nyirigihugu kurusha ba kavukire, ikizakurikiraho ubwo muracyumva.

Ahubwo icyo dukwiye kwibaza niba umwongereza utuye Mu Rwanda nubwo yaba yarabonye ubwenegihugu bw’Urwanda, yatinyuka guhaguruka agashaka ibigambo by’ibihimbano kurwanya Leta y’Ubwongereza! Ese Leta y’Urwanda yabyemera!

Ahubwo ntiwasanga kibaye ikibazo cya Politike hashakishwa uburyo ni imfashanyo zihabwa Urwanda zafatirwa. Ntanubwo cyaba ikibazo kibihugu bibiri gusa, ahubwo cyafata intera mpuzamahanga.

Reka ibyo tube tubicumbikishije aha, Rene Mugenzi yaje kugira ibibazo bikomeye muriyi minsi biturutse kubusambo, no gukekwa ko yaba ari nkozi y’ibibi aho atuye.

Ibibazo bya Mugenzi byatangiye mbere gato aho akekwa kunyereza icyo yise infashanyo ya Foundation ya baringa yashyizeho. Ibintu byaje gukomera aho atangiye kubeshya ko afite umutekano mucye. Icyo gihe ngo yaba yarabonye abamurinda.

-4569.jpg

Rene Mugenzi

Ukuntu yiyemera rero abona biryoshye noneho ati sinaba umuntu ukomeye muriki gihugu. Ubwo atangira gushaka guhatanira umwanya w’Ubudepite. Nkuko bisanzwe iyo umuntu ashaka bene ubwo buyobozi aragenzurwa kugirango amenyekane neza.

Igenzura ryakozwe basanze hari ibyo yabeshye asaba ubwenegihugu. Yahishe icyo ise yakoraga mu Burusiya nuko yagiyeyo kuko yari azi ko byamukoraho.

Mu byukuri ise yari yaragiyeyo kuri buruse ya leta y’u Burusiya, yiga kuri Lumumba University, icyo gihe yarizwi cyane ko ari uburyo bwo gushaka abakorera urwego rw’iperereza rwaho rwari ruzwi nka KGB. Uwo muryango waje kugumayo igihe kirekire, bikaba byaramuteye impungenge ko bamukeka kuba yakorera urwo rwego rw’ubutasi bityo bikamuviramo kubura ubwenegihugu.

Hashize igihe kitari kirekire bitahuwe ko umwirondoro yatanze utari wuzuye, kandi byarakozwe kubwende bwe. Iki ni ikintu gikomeye cyane, kuko kutavugisha ukuri bituma utagirirwa ikizere, kandi ko mubyukuri hari ibyihishe inyuma.

Muzi uburyo ibihugu by’Ubwongereza n’Uburusiya bihangana cyane kubijyanye n’ubutasi hagati yabo. Abakuru bazi amateka y’ikirangirire cya sinema James Bond, byinshi ibyo byerekanarwa akora byari guhangana kw’izo nzego zabo z’ubutasi. Mwene wacu rero yakinishije ibidakinishwa, kubeshya warangiza ugashaka ubuyobozi. Ibyo arimo azabiryozwa niba bitazamukoraho.

Ibindi byamugaragayeho n’ubusambo no kunyereza umutungo w’icyo yise ishyirahamwe London Centre for Social Impact. Ngo amafaranga yose yabonye ayakuye mu bongereza yarayarigishije. Yavugaga ko agiye gufasha abatishoboye, agaharanira demokrasi. Ariko byaje kugaragaza ko mubyukuri yayakoresheje ubwe hamwe na murumuna we, ariko nawe ntiyishoboye, yarayifashishije! Icyo yaregwa n’ubutekamutwe, naho kutishobora byo n’ukuri.

Hari n’ubundi buriganya bugishakishwa gihamya kubijyanye n’amazina ye ndetse n’ayababyeyi yandikishije ageze mu Bwongereza, nabyo nibiboneka tuzabibagezaho.

Ibi byose bisobanuye ko aho bukera baramupakiza atahe iwabo, niba azajya mu burusiya ntawubizi, ariko Putin uri hariya ntiyamwemera, ubwo n’ugutaha mu Rwanda.

Ashatse yatangira gufunga utwangushye ntazabe nka Leopord Munyakazi wishinze Himbara, Rudasingwa naya nshoreke yabo Jennifer Frieberg.

Cyiza Davidson

2016-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Museveni akomeje guhuza  RNC na FDLR akanabafasha kwinjiza abarwanyi babo mu Burundi na Congo ngo begere u Rwanda mu migambi yo kurutera

Uko Museveni akomeje guhuza RNC na FDLR akanabafasha kwinjiza abarwanyi babo mu Burundi na Congo ngo begere u Rwanda mu migambi yo kurutera

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Leta Y’Amerika Iraburira  Buri Wese Wifuza Kugendera Mu Burundi kwitwararika

Leta Y’Amerika Iraburira Buri Wese Wifuza Kugendera Mu Burundi kwitwararika

Ubwanditsi 30 Aug 2018
Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ubwanditsi 24 Jul 2019
Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere – Andrew Mwenda

Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere – Andrew Mwenda

Ubwanditsi 04 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi bwafunze ibiganiro bya BBC n’Ijwi ry’Amerika
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwafunze ibiganiro bya BBC n’Ijwi ry’Amerika

Ubwanditsi 05 May 2018
umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!
Amakuru

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

Ubwanditsi 17 Jun 2022
U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]
IMIKINO

U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

Ubwanditsi 24 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru