• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho

Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho

Ubwanditsi 07 Nov 2016 ITOHOZA

Rene Claude Mugenzi Alias Kirabiranya, n’umunyaRwanda kavukire ariko wavukiye mu Burusiya ahitwa Pyatigovski muli 1976, nubwo ubu akunda kuba Umwongereza kurusha Umwamikazi wabo.

Kuruhande rumwe ntashaka kuba Umunyarwanda ariko agashishikarizwa no kurwanya Leta y’Urwanda ubwe yifuza gutandukana nayo, ngo iyo umwise Umunyarwanda atabifitemo inyungu yaguhitana.

We ngo n’Umwongereza w’Umunyarwanda ntabwo ari Umunyarwanda w’Umwongereza.

Icyo dukwiye kumubaza gusa nuko abona aho imitekerereze nkiyo icyo izamufasha
cyane cyane ko politiki y’iburayi na Amerika isigaye yarakaze ku bantu nkawe biyomeka kumpu zabo. Batangiye gutahura no guta muri yombi abigira ba nyirigihugu kurusha ba kavukire, ikizakurikiraho ubwo muracyumva.

Ahubwo icyo dukwiye kwibaza niba umwongereza utuye Mu Rwanda nubwo yaba yarabonye ubwenegihugu bw’Urwanda, yatinyuka guhaguruka agashaka ibigambo by’ibihimbano kurwanya Leta y’Ubwongereza! Ese Leta y’Urwanda yabyemera!

Ahubwo ntiwasanga kibaye ikibazo cya Politike hashakishwa uburyo ni imfashanyo zihabwa Urwanda zafatirwa. Ntanubwo cyaba ikibazo kibihugu bibiri gusa, ahubwo cyafata intera mpuzamahanga.

Reka ibyo tube tubicumbikishije aha, Rene Mugenzi yaje kugira ibibazo bikomeye muriyi minsi biturutse kubusambo, no gukekwa ko yaba ari nkozi y’ibibi aho atuye.

Ibibazo bya Mugenzi byatangiye mbere gato aho akekwa kunyereza icyo yise infashanyo ya Foundation ya baringa yashyizeho. Ibintu byaje gukomera aho atangiye kubeshya ko afite umutekano mucye. Icyo gihe ngo yaba yarabonye abamurinda.

-4569.jpg

Rene Mugenzi

Ukuntu yiyemera rero abona biryoshye noneho ati sinaba umuntu ukomeye muriki gihugu. Ubwo atangira gushaka guhatanira umwanya w’Ubudepite. Nkuko bisanzwe iyo umuntu ashaka bene ubwo buyobozi aragenzurwa kugirango amenyekane neza.

Igenzura ryakozwe basanze hari ibyo yabeshye asaba ubwenegihugu. Yahishe icyo ise yakoraga mu Burusiya nuko yagiyeyo kuko yari azi ko byamukoraho.

Mu byukuri ise yari yaragiyeyo kuri buruse ya leta y’u Burusiya, yiga kuri Lumumba University, icyo gihe yarizwi cyane ko ari uburyo bwo gushaka abakorera urwego rw’iperereza rwaho rwari ruzwi nka KGB. Uwo muryango waje kugumayo igihe kirekire, bikaba byaramuteye impungenge ko bamukeka kuba yakorera urwo rwego rw’ubutasi bityo bikamuviramo kubura ubwenegihugu.

Hashize igihe kitari kirekire bitahuwe ko umwirondoro yatanze utari wuzuye, kandi byarakozwe kubwende bwe. Iki ni ikintu gikomeye cyane, kuko kutavugisha ukuri bituma utagirirwa ikizere, kandi ko mubyukuri hari ibyihishe inyuma.

Muzi uburyo ibihugu by’Ubwongereza n’Uburusiya bihangana cyane kubijyanye n’ubutasi hagati yabo. Abakuru bazi amateka y’ikirangirire cya sinema James Bond, byinshi ibyo byerekanarwa akora byari guhangana kw’izo nzego zabo z’ubutasi. Mwene wacu rero yakinishije ibidakinishwa, kubeshya warangiza ugashaka ubuyobozi. Ibyo arimo azabiryozwa niba bitazamukoraho.

Ibindi byamugaragayeho n’ubusambo no kunyereza umutungo w’icyo yise ishyirahamwe London Centre for Social Impact. Ngo amafaranga yose yabonye ayakuye mu bongereza yarayarigishije. Yavugaga ko agiye gufasha abatishoboye, agaharanira demokrasi. Ariko byaje kugaragaza ko mubyukuri yayakoresheje ubwe hamwe na murumuna we, ariko nawe ntiyishoboye, yarayifashishije! Icyo yaregwa n’ubutekamutwe, naho kutishobora byo n’ukuri.

Hari n’ubundi buriganya bugishakishwa gihamya kubijyanye n’amazina ye ndetse n’ayababyeyi yandikishije ageze mu Bwongereza, nabyo nibiboneka tuzabibagezaho.

Ibi byose bisobanuye ko aho bukera baramupakiza atahe iwabo, niba azajya mu burusiya ntawubizi, ariko Putin uri hariya ntiyamwemera, ubwo n’ugutaha mu Rwanda.

Ashatse yatangira gufunga utwangushye ntazabe nka Leopord Munyakazi wishinze Himbara, Rudasingwa naya nshoreke yabo Jennifer Frieberg.

Cyiza Davidson

2016-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Canada : Umunyarwanda Robert Kayinamura  ufite abavandimwe muri FDLR yitabye Imana ( Yavuguruwe )

Canada : Umunyarwanda Robert Kayinamura ufite abavandimwe muri FDLR yitabye Imana ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 13 Feb 2017
Ikinyamakuru Red Pepper cyazize guhishura umugambi mubisha ku Rwanda ucurirwa I Kampala wari waragizwe ibanga.

Ikinyamakuru Red Pepper cyazize guhishura umugambi mubisha ku Rwanda ucurirwa I Kampala wari waragizwe ibanga.

Ubwanditsi 03 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 30 Mar 2016
Dr Frank Habineza  we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka
Mu Rwanda

Dr Frank Habineza we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Ubwanditsi 19 Jul 2017
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Ubwanditsi 29 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru