• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Museveni yahagurukiye abarimu ba Makerere bigaragambije bigatuma Kaminuza ifungwa

Perezida Museveni yahagurukiye abarimu ba Makerere bigaragambije bigatuma Kaminuza ifungwa

Ubwanditsi 05 Nov 2016 Mu Rwanda

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu, Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yavuze amagambo akarishye ku barimu ba Kaminuza ya Makerere baherutse kwigaragambya bigatuma uyu mukuru w’igihugu yanzura ko Kaminuza ifungwa. Perezida Museveni yahagurukiye aba barimu, ashimangira ko ibi adashobora kubyihanganira.

Kuwa Kabiri tariki 1 Ugushyingo 2016, nibwo Kaminuza ya Makerere yafunzwe nyuma yo kuba isibaniro ry’abanyeshuri bigaragambyaga binubira kuba nta barimu babigisha babona. Impamvu y’ibura ry’abarimu, nayo ni iy’uko abo nabo bari bigaragambije bavuga ko hashize igihe kirekire badahabwa agahimbazamusyi kabo.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, Perezida Museveni yavuze ko Leta ya Uganda yagiye ikora ibishoboka byose ikazamura imishahara y’abarimu bo muri Kaminuza, bityo akaba atumva ukuntu bananirwa kwihangana mu gihe Leta irimo kugerageza gukemura ikibazo cy’abo cy’agahimbazamusyi bataboneye igihe.

Perezida Museveni ati: “Iyo si imyitwarire myiza, biragayitse kubona abarimu batigisha, bakanasabwa ko basubira mu kazi bakabyanga. Twagombaga gufunga Kaminuza tukabanza gufata umwanzuro. Gusa ndashaka kubabwira ko tutazongera kwihanganira iki kinyabupfura gicye. Birarangiye ibi, nta mikino. Ntabwo wakwihanganira umuntu ushaka gutesha umutwe Leta, umuntu uvuga ngo niba mutampaye amafaranga nonaha nanjye ngiye guteza impagarara mu gihugu. Oya, oya ibyo si imuco myiza.”

Perezida Museveni yabwiye abanyamakuru ko ashaka ko Kaminuza ya Makerere yongera gufungurwa mu gihe cya vuba kugirango abanyeshuri badakomeza gutakaza amasomo yabo.

-4575.jpg

Perezida Yoweri Museveni mu kiganiro n’Abanyamakuru

Muri iki kiganiro kandi, mu bindi Perezida yagarutseho harimo n’ibijyanye no guca abacuruzi babunga mu mihanda, nk’abo mu Rwanda dusanzwe twita abazunguzayi, ubusanzwe muri iki gihugu bakaba bacuruzaga nta kibazo. Ubu ariko nabo bagiye guhagarikwa, kuko Museveni yabwiye abayobozi b’umujyi wa Kampala gukaza ingamba zizatuma ubucuruzi bwo ku mihanda bucika, kuko bubangamira abacururiza mu maduka baba batanze imisoro yabo ngo nabo bacuruze batere imbere.

2016-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 Jun 2017
U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

Ubwanditsi 21 Sep 2021
Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Ubwanditsi 29 Jul 2020
Ntabwo u Burundi bwari gusinyana amasezerano y’ubucuruzi na EU buri  mu kato

Ntabwo u Burundi bwari gusinyana amasezerano y’ubucuruzi na EU buri mu kato

Ubwanditsi 14 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.
Amakuru

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
“Umubano w’u Rwanda n’ibindi bihugu wifashe neza kereka uburundi nibwo tugifitanye akabazo” Louise Mushikiwabo
Mu Mahanga

“Umubano w’u Rwanda n’ibindi bihugu wifashe neza kereka uburundi nibwo tugifitanye akabazo” Louise Mushikiwabo

Ubwanditsi 10 Feb 2016
U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa
Amakuru

U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa

Ubwanditsi 26 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru