• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Ubwanditsi 04 Dec 2016 Mu Mahanga

Kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame na Madamu bahuye n’abana bato basaga 200 baturutse mu turere twose tw’igihugu, mu gikorwa ngarukamwaka gihuza abana n’abayobozi bakuru b’Igihugu hagamijwe kubifuriza iminsi mikuru myiza ya Noheli n’Ubunani.

Ni ibirori byaranzwe n’imikino inyuranye y’abana, harimo abagaragaje ubuhanga mu kuvuga amazina y’inka, imivugo, kubyina, n’indi mikino yagenewe gufasha abana kwidagadura no gusabana.

Perezida Kagame yashimye Unity Club yateguye iyi gahunda, avuga ko ari ikimenyetso cy’uko bashaka kuzirikana aba bana, kugira ngo uburere babona mu mashuri no mu ngo, buhabwe umwanya hamwe n’umuco w’Abanyarwanda.

Ati “Birashimishije kubona abana bato nk’abangaba bahoze bivuga, bakora byinshi, muri iki gihe ndetse abenshi batazi cyangwa batashobora, n’abakuru muri twe. Imivugo, kwivuga, kuririmbira inka… ntabwo ari benshi babishobora ariko ni umuco wacu. Kubona rero abana b’imyaka 8, 10, bashobora kujya imbere yacu bakadukorera ibi birori, nagira ngo mbashimire.’’

Yasabye ababyeyi gukomeza guteza umuco imbere, uburere bwiza, abana bagakurira mu mashuri ariko ubumenyi bwiza bukaba ubushingira ku muco. Perezida Kagame yavuze ko bahuye n’abana ngo babifurize gusoza neza umwaka wa 2016 no gutangira neza umushya wa 2017, bakabigiramo amahirwe yaba abana ubwabo, ababyeyi n’abarimu.

Ati “Twagira ngo tubonereho uyu mwanya tubifurize ibihe byiza, ubuzima bwiza, tunabifuriza ko mwakomeza akazi keza, kurera neza ni ukubaka igihugu. Igihugu cyacu gikomeze kigire uburezi bwiza, kibe igihugu gitera imbere mu majyambere y’igihe tugezemo, ariko dukomeze dushingire kucyo turi cyo, ku muco wacu duhereye ku bana.’’

“Dukomeze tubashyiremo kwizera, kumva ko mu gihe kiri imbere aho bazaba bafite uruhare runini, bishoboka, kandi aribo bazageza igihugu ibyo byiza byose bishoboka, mu bihe biri imbere.”

Perezida Kagame yasabye aba bana kugeza ubu butumwa ku bandi bana batitabiriye iki gikorwa, ndetse hari n’ubwo hazabaho igihe cyo kubasanga aho bari.

Ati “Bana rero mwese muri hano, abahungu, abakobwa, ndabashimiye cyane kandi ndagira ngo mbabwire ko uyu mwanya twawuhaye n’agaciro kawo, mukomereze aho, ubwo aho mugana naho igihugu kibatezeho byinshi, mukomeze mugire ubuzima bwiza.’’

Abatanyurwa bategereje iki…

Umwana uhagarariye abandi ku rwego rw’igihugu, Uwase Hirwa Honorine, yafashwe n’ikiniga ubwo yashimiraga Perezida Kagame ibyo adahwema gukorera Abanyarwanda n’abana by’umwihariko, yibaza icyo abanenga imiyoborere y’u Rwanda bashingiraho.

Ati “Gukurira mu Rwanda rufite umutekano, u Rwanda rufite urukundo, tugakurira mu Rwanda ruturinze, rurinda ababyeyi guhohoterwa, rurinda abana rukabaha agaciro ndetse n’uburenganzira bwabo, ruha ijambo buri wese mu rugero rwose, none n’abana tukaba dufite inteko yacu, ni iki cyatuma tudashima?’’

Yavuze ko kuba abana bose bafite uburere, bajya mu mashuri kandi abakoze neza bagashimirwa binyuze muri Imbuto Foundation, atumva impamvu yatuma badashima.

Uyu munsi mukuru ngarukamwaka uhuza abana bari hagati y’imyaka 7 na 12 mu gihe cy’iminsi mikuru, baturuka mu turere twose tw’igihugu, basanzwe bahura na Madamu Jeannette Kagame ariko uyu munsi wabaye umwihariko bahura na Perezida Kagame.

Abo bana baturuka mu turere basabana n’ab’abakozi bo mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, Imbuto Foundation na Unity Club ihuza abari n’abahoze muri guiverinoma. Batoranywa harebwe uko bitwaye mu ishuri hakazirikanwa n’abo mu miryango itishoboye cyangwa abafite ubumuga bwihariye.

Ngabo Cedric uturuka mu karere ka Kicukiro wiga muwa Gatandatu ku Ishuri ribanza ry’Umubano, yavuze ko yashimishijwe no “kubonana na Perezida kuko ni ubwa mbere namubona. Nari nsanzwe mubona kuri televiziyo, ariko nyine uko namubonaga ntabwo yahindutse.’’

-4908.jpg

-4905.jpg

-4907.jpg

-4906.jpg

2016-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kacyiru : Ni iki cyateye inyubako ya Bizimungu gufatwa n’inkongi y’umuriro

Kacyiru : Ni iki cyateye inyubako ya Bizimungu gufatwa n’inkongi y’umuriro

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda

Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 11 Sep 2016
Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro

Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 29 Jan 2016
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

Ubwanditsi 15 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tanzania: Umuherwe Mo Dewji wari warashimuswe yabonetse
Mu Mahanga

Tanzania: Umuherwe Mo Dewji wari warashimuswe yabonetse

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame
Amakuru

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ubwanditsi 03 Dec 2021
Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi  bakuru ba RNC
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Ubwanditsi 15 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru