• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye

Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye

Ubwanditsi 15 Dec 2016 POLITIKI

Uko ibintu bigenda byigaragaza mu Burundi n’uko Perezida Petero Nkurunziza agiye kujya mu bibazo bikomeye ku buryo n’imbonerakure ze zizamukuraho amaboko nareba nabi zimwihitanire !

Ibibazo byo mu Burundi byatangiye muri Mata umwaka ushize aho Nkurunziza yafataga icyemezo cyo kwiyamamariza manda ya gatatu, binyuranye n’amasezerano ya Arusha n’itegeko nshinga. Ibi byakurikiwe n’ubwicanyi bwa buri munsi binatuma abantu bagera ku bihumbi 300 bahunga igihugu.

Amahanga yakomeje kwamagana ibibera mu Burundi ariko ugasanga ubutegetsi bwa Nkurunziza butabyitayeho. AU yashatse kohereza ingabo muri icyo gihugu ariko Bujumbura irabyanga, LONI nayo yashatse koherezayo abapolisi, ubutegetsi muri icyo gihugu nabyo bukomeza kubyangira kugeza n’ubu !

Umuryango wa Afurika yunze ubumwe(AU) utangaje yuko ushaka kohereza ingabo mu Burundi , Bujumbura yavuze yuko niziza izabifata nk’uko yatewe hanyuma izakirane amasasu. Izo ngabo kutoherezwa ubutegetsi bwa Nkurunziza bugomba kuba bwarabifashe nk’aho AU yabutinye, bubyina insinzi !

Ariko ukuri uko kumeze n’uko AU itigeze itinya Nkurunziza, ahubwo benshi mu bakuru b’ibihugu biyigize bakoze imibare babona igisubizo kibabuza gushyigikira ibyo kohereza ku ngufu ingabo mu Burundi.

Uko kwifata ngo ntiboherezeyo ingabo u Burundi butabishaka ntabwo kwari ugutinya yuko koko zari kwakirizwa amasasu ahubwo kwari ugutinya urugero rwari kuba rutanzwe kandi nabo byazashobora kubabaho kuko beshi muri abo bategeka ibihugu bya Afurika badatandukanye cyane na Petero Nkurunziza. Ni ba Yahya Jammeh wa Gambia n’abandi nka Adris Deby wa Tchad, ubu ari nawe uyoboye AU !

AU kutohereza ingabo mu Burundi na LONI kudakoresha igitsure gikomeye ngo ba bapolisi babe bakoherezwa mu Burundi leta y’icyo gihugu ntibibonemo intsinzi, ahubwo yitegure ingaruka mbi zabyo. Niba kandi ubutegetsi bwa Nkurunziza bwarebaga kure bwakabaye bumaze kubona yuko izo ngaruka mbi zatangiye kwigaragaza.

Iki gihugu cy’u Burundi ahanini kiriho kubera inkunga z’amahanga. Izo nkunga zitariho ubuzima bwahagarara. Umwe mu baterankunga bakuru b’u Burundi ni umuryango w’ibihugu by’u Bulayi (EU).

Uyu muryango warangije guhagarika inkunga wahaga leta y’u Burundi, ukanavuga yuko uzakomeza gukora ibishoboka byose ngo ubutegetsi bwa Nkurunziza buzakomeze kubura amafaranga y’amahanga (foreign currency) atuma butumiza ibintu hanze ! Amerika nayo yarangije gukura u Burundi ku rutonde rw’ibihugu byoroherezwa kohereza ibicuruzwa muri icyo gihugu.

Ahantu u Burundi bwari busigaye bukura amafaranga y’amahanga agaragara ni mu basirikare n’abapolisi bwoherezaga kubungabunga amahoro mu bindi bihugu. Icyo gihugu cy’u Burundi ni kimwe mu bihugu byari bifite abapolisi muri Central Africa (CAR) ariko mu kwezi gushize LONI yarivumbuye yanga yuko abari bacyuye igihe basimbuzwa abandi !

Abasirikare b’u Burundi nabo bari muri CAR uwo muryango w’abibumbye urabashinja kuba batitwara neza kuburyo batangiye gukorwaho iperereza kureba yuko baba batarijanditse mu bikorwa by’iyicarubozo n’ibindi byaha bihanwa n’amategeko mpuzamahanga. Bigaragaye yuko abo basirikare b’u Burundi bakoreye ubugizi bwa nabi abo bagombaga gutabara bishobora gutuma LONI isaba Bujumbura gukura abasirikare bayo muri CAR nk’uko byagendekeye ba bapolisi twavugaga !

Ahandi u Burundi bufite abasirikare bo ni muri Somalia mu butumwa bwa AU.

Umuterankunga mukuru w’ingabo zose za AU muri Somalia ni ya EU yarangije gufata icyemezo cyo gukomanyiriza u Burundi. EU ubu ivuga yuko AU nidashaka uburyo bw’uko amafaranga yagenerwaga abasirikare kuva mu Burundi atanyura mu maboko y’ubutegetsi bw’icyo gihugu izahagarika iyo nk’unga.

Uko u Burundi rero bugenda bukomanyirizwa niko leta igenda ibura amafaranga yo gukoresha mu bintu bya ngombwa, ahamaze gukubitika cyane hakaba ari mu rwego rw’uburezi n’ubwo no mu zindi nzego atari shyashya. Bimaze kugaragara yuko u Burundi bumaze gukena cyane.

-5016.jpg

Perezida Petero Nkurunziza

Uko u Burundi rero buzagenda burushaho gukena, leta idafite amafaranga yo gukoresha ni nako ubutegetsi buzagenda bunanira Nkurunziza kugeza n’aho n’imbonerakure ze zizamukuriraho amaboko kuko azaba atagifite ibyo azishukisha, nareba nabi zibe zanamwihitanira !

Casmiry Kayumba

2016-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abakuru b’ibihugu barimo Ali Bongo

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abakuru b’ibihugu barimo Ali Bongo

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Ubwanditsi 05 Sep 2024
Fayulu utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora agiye kujuririra urukiko rurinda Itegeko Nshinga

Fayulu utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora agiye kujuririra urukiko rurinda Itegeko Nshinga

Ubwanditsi 12 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bill Gates yavuze ikosa rikomeye yakoze ubwo yari mu buyobozi bwa Microsoft
IKORANABUHANGA

Bill Gates yavuze ikosa rikomeye yakoze ubwo yari mu buyobozi bwa Microsoft

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Umunyamerika w’umutinganyi wari warakoze ubukwe n’umunyarwanda yapfuye
HIRYA NO HINO

Umunyamerika w’umutinganyi wari warakoze ubukwe n’umunyarwanda yapfuye

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Umudagekazi w’imyaka 93 yashyizwe muri gereza azira guhakana jenoside yakorewe Abayahudi: Kuki Ingabire Victoire n’abandi bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bo bakomeza kwidegembya?
Amakuru

Umudagekazi w’imyaka 93 yashyizwe muri gereza azira guhakana jenoside yakorewe Abayahudi: Kuki Ingabire Victoire n’abandi bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bo bakomeza kwidegembya?

Ubwanditsi 04 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru