• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Koffi Olomide yagize icyo avuga kuri perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Koffi Olomide yagize icyo avuga kuri perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 31 Dec 2016 IMIKINO

Koffi Olomide yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 29 Ukuboza 2016 aho agomba gutarama mu birori byo gusoza umwaka bya Kigali Count Down. Akigera mu mujyi wa Kigali Koffi Olomide yavuze ku rukundo akunda abanyarwandakazi agaruka no ku bahanzi nyarwanda.

Umunyamakuru yabajije Koffi Olomide niba yaba azi umuziki w’abanyarwanda, na we mu kumusubiza agira ati”Eeeehh njya numva umuziki wanyu…” Abajijwe niba hari amazina ya bamwe mu bahanzi yaba azi neza cyangwa indirimbo zabo yagize ati” Ndabakunda bose, simbazi cyane ariko ndabakunda bose, sinshaka guteza urujijo nyuma ngo mvuge bamwe nibagirwe wenda umwe gusa kimwe ni uko abahanzi bose b’abanyarwanda bose mbakunda.”

Koffi waje mu Rwanda ahagurukiye Brazzaville yaje kubazwa na Inyarwanda.com niba rimwe ajya atekereza ko azakorana indirimbo n’umuhanzi w’umunyarwanda. Asubiza iki kibazo Koffi yongeye kugaragaza ko atekereza abanyarwandakazi agira ati “Nibwo nzabikunda cyane nzabyishimira cyane, erega n’umuhanzikazi w’umunyarwanda birashoboka.”

Koffi Olomide yagaragaje ko azi uburanga bw’abanyarwandakazi igihe yabazwaga n’abanyamakuru umwihariko k’u Rwanda bijyanye n’ibindi bihugu yagezemo, maze agira ati “U Rwanda ruzwiho kuba ari igihugu gifite umubare munini w’abakobwa beza.”

Koffi Olomide wirinze gutangaza amafaranga mu byukuri bamuhaye ngo aze mu Rwanda, ubwo yaganiraga n’umunyamakuru yaje kubazwa niba azava mu Rwanda nta kindi gitaramo akoze maze Koffi ubwe abwira umunyamakuru ko abamutumiye aribo basubiza ibyo bibazo. Ku kijyanye n’iki gitaramo Oscar wateguye iki gitaramo yahise ahamya ko hari ikindi gitaramo Koffi azaririmbamo kikazaba tariki 1 Mutarama 2017 aho kizabera gusa hakaba hamenyekana nyuma.

Agaruka ku gitaramo cye Koffi Olomide yatangaje ko nta mubare runaka w’indirimbo azaririmba ahubwo abafana aribo bazamusaba izo aririmba, naho ku ruhande rw’abateguye ibi birori bo ngo bakurikije abantu bari kwaka amatike mbere, biteze byibuza abafana batari munsi y’ibihumbi bibiri (2000) baturutse imihanda yose.

-5217.jpg

Umuhanzi w’icyamamare Koffi Olomide

Koffi Olomide yagize icyo avuga kuri perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Koffi Olomide yabajijwe niba hari icyo azi cyangwa yavuga kuri Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, aha Koffi Olomide yagize ati ” Ni umugabo ukunda igihugu cye cyane, ukorera igihugu cye, ngira ngo mubona ukuntu u Rwanda ruri kwihuta mu iterambere, njye mugomba icyubahiro ku bw’akazi akora,… njye ubwo mperuka hano hari hazwi Hotel ya Mille Collines ntabwo Radisson yari ihari, mu by’ukuri u Rwanda ruri gutera imbere, hari impamvu ikomeye yo gushimira Perezida wanyu. Ni umugabo wubashywe hanze aha, njye ndabivuze ndabizi ko yubashywe cyane hanze aha.”

Yabajijwe iminsi azamara i Kigali maze arasubiza ati : “ Njye sinabimenya biterwa n’abahagarariye inyungu zanjye ndetse n’abateguye urugendo rwanjye.” Abajijwe umubare w’indirimbo azaririmba Koffi Olomide yatangaje ko bizaterwa nizo abantu bazamusaba ati: ” Mfite indirimbo zirenga magana atatu abantu nicbo bambwira izo ndirimba.”

-5218.jpg

Koffi Olomide ategerejwe mu birori byo gusoza umwaka wa 2016 aho azaba ari kumwe n’abanyarwanda mu gutangira umwaka wa 2017 mu ibirori byiswe Kigali Count Down, bikaba bizabera mu mujyi wa Kigali mu busitani bwa Convention Center. Kwinjira muri ibi birori ni 35,000frw na 50,000frw mu myanya y’icyubahiro.

Source : Inyarwanda.com

2016-12-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

Ubwanditsi 17 Feb 2016
Ubuzima bwa Kobe Bryant mu mafoto

Ubuzima bwa Kobe Bryant mu mafoto

Ubwanditsi 30 Jan 2020
Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Ubwanditsi 29 Sep 2025
CHAN 2016:Congo ibaye ikipe ya kabiri ubonye itike ya 1/4

CHAN 2016:Congo ibaye ikipe ya kabiri ubonye itike ya 1/4

Ubwanditsi 22 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gasogi United yatewe mpaga na Rayon  inacibwa miliyoni 2 z’Amafaranga y’u Rwanda nk’amande
Amakuru

Gasogi United yatewe mpaga na Rayon inacibwa miliyoni 2 z’Amafaranga y’u Rwanda nk’amande

RUSHYASHYA 22 Mar 2026
Abarwayi bane ba COVID-19 bagaragaye mu Rwanda, umubare w’abanduye ugera kuri 40
HIRYA NO HINO

Abarwayi bane ba COVID-19 bagaragaye mu Rwanda, umubare w’abanduye ugera kuri 40

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Imyambarire y’umuhanzi Shebaah yateje ururondogoro i Kigali
Mu Rwanda

Imyambarire y’umuhanzi Shebaah yateje ururondogoro i Kigali

Ubwanditsi 24 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru