• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Igisirikare cya Uganda cyafatiye M23 ibyemezo bikakaye

Igisirikare cya Uganda cyafatiye M23 ibyemezo bikakaye

Ubwanditsi 10 Mar 2017 ITOHOZA

Mu gihe hari amakuru amaze iminsi acicikana mu binyamakuru hibazwa umukino Leta ya Uganda yaba irimo gukina n’abarwanyi ba M23 bajya guhungabanya umutekano muri Congo bakagaruka muri Uganda, igisirikare cya Uganda cyatangaje ko kitazihanganira aba barwanyi mu gihe bazaba bagarutse.

Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, Gen David Muhoozi, avuga ko umurwanyi wese wa M23 watorotse akava muri Uganda agasubira muri Congo, naramuka agarutse muri Uganda azafatwa agafungwa.

Uyu muyobozi w’ingabo za Uganda avuga ko abarwanyi 40 ba M23 baherutse gufatwa n’igisirikare cya Uganda (UPDF) bazagezwa imbere y’urukiko rukuru rwa Mbarara. Bashinjwa kwinjira ku butaka bwa Uganda bafite intwaro.

Igisirikare cya Uganda cyatangarije ikinyamakuru New vision dukesha iyi nkuru ko abo barwanyi 40 bafashwe bagicumbikiwe na polisi y’igihugu. Bagombaga kwerekanwa ku wa kabiri w’iki cyumweru ariko ntibyakunda bitewe n’uko polisi igikora iperereza.

Mu Ugushyingo 2013, nibwo Gen Sultani Makenga, umuyobozi w’abarwanyi ba M23 yambukanye n’abandi barwanyi 1500 bavuye muri Congo bahungira Uganda.

Mu kwezi gushize nibwo byatangajwe ko bamwe mu barwanyi batorotse bagasubira muri Congo, bitangazwa ko basabaga kujya iwabo gutangira ubundi buzima. Bamwe bagezeyo barafatwa.

Bitangazwa kandi ko mu batorotse harimo na Gen Sultani Makenga ndetse ko yanagezeyo akagaba ibitero. Gusa Uganda yo ikavuga ko abatorotse nibagaruka bazafungwa. Gen David Muhoozi ati: “Uganda yari ibarinze hano, kuri abo bifuza gusubira iwabo gutangira ubuzima bushya, tuzabafasha”.

Yakomeje agira ati: “Ariko ntabwo tuzemera ko Uganda ikoreshwa hagamijwe kwihorera, niba barahisemo gusubira muri Congo nyuma bakagaruka muri Uganda, tuzabafata”.
M23 ni umwe mu mitwe y’inyeshyamba yagabye ibitero mu 2012 na 2013 bikomeye ndetse byagiye bifata ibice bitandukanye bya Congo.

Uyu mutwe kandi wagiye ushinjwa ibyaha birimo gufata abagore n’abakobwa ku ngufu, ubwicanyi bwakorewe abasivile, kwinjiza mu gisirikare abana bato. Gen Bosco Ntaganda wabaye umuyobozi muri uyu mutwe wa M23, ubu we akaba afungiye i The Hague mu Buholandi.

-6068.jpg

Gen David Muhoozi, Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda na Gen. Makenga

Nyuma yo kwemera bagashyira intwaro hasi mu mpera za 2013, M23 yagiranye amasezerano na Leta ya Kabila. Kugeza magingo aya M23 ishinjwa Leta kudashyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano ari nayo mpamvu bakomeza gushimangira ko batazahwema kugaba ibitero ku butaka bwa Congo mu gihe bazaba batubahiriza ibiyakubiyeho.

2017-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika  yasabye abaturage bayo kuva muri Congo

Amerika yasabye abaturage bayo kuva muri Congo

Ubwanditsi 30 Sep 2016
Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose

Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose

Ubwanditsi 28 Mar 2019
Uganda: Hafashwe Umunyarwanda wagendaga asaba imisanzu yo kuzifashisha mu gutera u Rwanda

Uganda: Hafashwe Umunyarwanda wagendaga asaba imisanzu yo kuzifashisha mu gutera u Rwanda

Ubwanditsi 11 Feb 2018
Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Ubwanditsi 21 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi
Amakuru

Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi

Ubwanditsi 28 Sep 2024
U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa
Amakuru

U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa

Ubwanditsi 26 Apr 2024
Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire
Amakuru

Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire

Ubwanditsi 02 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru