• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi   |   07 Jun 2025

  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Nta terambere rishoboka bikozwe n’umuntu umwe kabone nubwo yaba Perezida-Kagame

Nta terambere rishoboka bikozwe n’umuntu umwe kabone nubwo yaba Perezida-Kagame

Editorial 13 Mar 2017 POLITIKI

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rwo gukorera hamwe mu rugamba rw’iterambere ahamya ko ridashobora kugerwaho buri wese atabigizemo uruhare yuzuza neza inshingano ze.

Ibi umukuru w’igihugu yabivugiye muri Kaminuza ya Harvard muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki 10 Werurwe, ubwo yaganiraga n’abanyeshuri bayigamo mu ishami ry’Iterambere Mpuzamahanga (Centre for International Development).

Agaruka ku iterambere ry’u Rwanda, Perezida Kagame yavuze ko atari ibitangaza yerekana intambwe rumaze gutera bigizwemo uruhare n’abarutuye, kuko babanje kwiyumvamo ubushobozi.

Ati “Aho duhagaze ugereranyije n’abandi ku Isi, turacyari bato, ariko birashoboka gutera imbere nidufata mu nshingano ahazaza hacu. Nta terambere rishoboka bikozwe n’umuntu umwe kabone nubwo yaba ari Perezida, iterambere rigerwaho bitewe n’uko buri wese ari gukora ibyo asabwa.”

“Agaciro ni uburyo bwo kuzamura urwego rwo kurema icyizere mu bantu barushaho kumva ko bashoboye. Agaciro ni ukumva ko dushoboye mu gihe duhagurutse tukavuga tuti ‘tugiye gukora iki ubwacu’. Iterambere ry’u Rwanda si igitangaza, ni ikintu gishoboka kandi gishobora gukorwa aho ari ho hose.”

Umukuru w’Igihugu yongeyeho ko impamvu hari ibyagenze nabi, ari uko Abanyarwanda batojwe kwiyumvamo intege ndetse hari undi muntu uzabafasha ibyo bagomba gukora bagategereza abaza kuberekera.

Ibibazo byarushaho kuba bibi igihe Abanyafurika batabigizemo uruhare

Perezida Kagame yibukije ko Afurika nta yandi mahitamo ifite uretse kubona ibisubizo by’ibibazo biyugarije kandi idategereje undi uzayibikemurira.

Ati “Isi iri guhinduka mu buryo bwihuse nubwo aho iri kugana hadasobanutse neza, izi mpungenge zugarije isi ziri mu bisunika Abanyafurika kugira ngo bahitemo ibiyifitiye inyungu aho gutegereza ko hari undi ugomba kubibakorera. Ibibazo byinshi byarushaho kuba bibi igihe Abanyafurika baba batabigizemo uruhare mu bihugu nka Somalia, Repubulika ya Centrafrique no muri Gambia.”

Perezida Kagame agaruka ku mavugurura yabaye mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yagaragaje ko hakwiye kuboneka ingamba zihamye zafasha ibihugu biwugize kugira icyerekezo kimwe kiwuganisha ku iterambere. Yagaragaje kandi ko umugabane wa Afurika hari aho ugaragaza intege nke nubwo hari intambwe umaze gutera, bityo kuvuga ko ibintu bidashobora gukorwa byaba atari ukuri.

Igaruka rya Maroc muri AU riratanga imbaraga

Mu nama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe iherutse kubera i Addis Abbaba, muri Ethiopia muri Mutarama uyu mwaka, yahaye umugisha icyifuzo cya Maroc cyo kugaruka muri uyu muryango nyuma yo kuwuvamo [ucyitwa OUA]mu 1984, nyuma y’uko wari umaze kwakira Repubulika ya Sahara kandi igenzurwa na yo [Maroc].

Leta ya Sahara yashinzwe na Polisario, ishyaka ryaharaniraga ubwigenge bwa Sahara (Saguia el Hamra) na Rio de Oro muri Maroc.

Maroc ijya kwivana muri AU [OUA y’icyo gihe] ni umwanzuro wafashwe n’Umwami Hassan II, ariko umuhungu we, Mohammed VI yafashe umwanzuro wo gusubizamo iki gihugu.

Iri garuka ngo ni kimwe mu bizatuma uyu mugabane ubasha kwishakamo ibisubizo ku bibazo biwugarije nk’uko Perezida Kagame yabigaragaje.

Ati “Tugendeye ku igaruka rya Maroc, kuri ubu Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe uhuriwemo na buri gihugu cyo kuri uyu mugabane bwa mbere mu mateka. Iki ni kimwe mu bimenyetso bigaragagaza ibishoboka byinshi ku bibazo bigaragara.”

Si ubwa mbere Perezida Kagame atanga ikiganiro muri Kaminuza ya Harvard, kuko no mu mwaka ushize wa 2016 yatanzemo ikiganiro, aho yagaragaje ko iterambere ahanini rishingiye ku guhindura imyumvire kurusha ko ryaba ryubakiye kuri gahunda za Leta n’inkunga.

-6076.jpg

Perezida Kagame yavuze ko Afurika nta yandi mahitamo ifite uretse kubona ibisubizo by’ibibazo biyugarije idategereje ak’imuhana

Source :Igihe.com

2017-03-13
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza  yatangiye kunuganugwa

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Editorial 13 Jan 2020
Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Editorial 17 Feb 2024
Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize  Kagame.

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize Kagame.

Editorial 08 Jul 2019
Perezida Zuma yanze kwegura

Perezida Zuma yanze kwegura

Editorial 14 Feb 2018
Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza  yatangiye kunuganugwa

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Editorial 13 Jan 2020
Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Editorial 17 Feb 2024
Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize  Kagame.

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize Kagame.

Editorial 08 Jul 2019
Perezida Zuma yanze kwegura

Perezida Zuma yanze kwegura

Editorial 14 Feb 2018
Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza  yatangiye kunuganugwa

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Editorial 13 Jan 2020
Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Editorial 17 Feb 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru