• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Editorial 26 Mar 2017 Mu Rwanda

Nzamuye Jean Bosco, Ntawumenyumunsi Shaban, Shyirambere Donatien na Dusabeyezu Theophile bafunzwe bacyekwaho guha abapolisi ruswa y’ibihumbi 24 by’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo babakorere ibinyuranyije n’amategeko; ariko ntibyabahiriye kuko bahise bafatwa barafungwa.”

Babiri babanza bafatiwe mu karere ka Rubavu ku wa 24 Werurwe uyu mwaka; uwa gatatu yafatiwe mu karere Kamonyi; naho uwa kane yafatiwe mu ka Muhanga. Babiri ba nyuma bafashwe ku wa 22 z’uku Kwezi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’i Burengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Theobald Kanamugire yavuze ko Nzamuye na Ntawumenyumunsi batanze ruswa kugira ngo be guhanirwa gutwara moto nta ruhushya rwo kuyitwara bafite; bakaba barafatiwe mu murenge wa Gisenyi.

Yagize ati,” Ubwo abapolisi bakora mu Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda bari mu kazi basabye aba bombi uruhushya rwo gutwara moto. Aho kubaha ibyo babasabye babahaye ibyangombwa by’imodoka (Cartes Jaune); babibahana n’amafaranga ya ruswa. Bakibikora bahise bafatwa.”

CIP Kanamugire yavuze ko Nzamuye yatanze ruswa y’ibihumbi bitatu by’amafaranga y’u Rwanda; naho Ntawumenyumunsi yatanze ruswa y’ibihumbi bitanu by’amafaranga y’u Rwanda.

Shyirambere yatanze ruswa y’ibihumbi 10 by’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo ahabwe moto yafashwe atwaye nta rushushya rwo kuyitwara afite; ibyo bikiyongera ku kuba yari atwaye umugenzi utambaye ingofero.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) André Hakizimana yasobanuye uko yabigenje agira ati,”Ahagana saa saba n’igice yahagaritswe n’abapolisi bo mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda kubera ko yari atwaye umugenzi utambaye ingofero. Bamaze kumuhagarika, baje gusanga nta ruhushya rwo gutwara moto afite; hanyuma bajyana iyo moto kuri Sitasiyo ya Runda.”

Yakomeje agira ati,”Nyuma y’isaha imwe iyo moto ifashwe Shyirambere yasanze abo bapolisi kuri iyi Sitasiyo ya Polisi (Runda) aha umwe muri bo iyo ruswa amubwira ko ari Fanta amuhaye kugira ngo amuhe iyo moto; ibyo akaba ari byo byamuviriyemo gufatwa no gufungwa.”

CIP Hakizimana yavuze ko Dusabeyezu yahaye umupolisi ukorera kuri Sitasiyo ya Kiyumba (Muhanga) ibihumbi bitandatu by’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo ye gukurikiranwaho kugura igare ritwarwaho Ikawa ry’iryibano.

Yagize ati,”Iryo gare yariguze ibihumbi 180 by’amafaranga y’u Rwanda. Uwo yariguze na we yari yaritiye. Uwarimugurishije yabeshye nyiraryo ko barimwibye. Dusabeyezu amaze kubona ko ashobora kuryamburwa yahaye iyo ruswa umupolisi wakurikiranaga iyo dosiye kugira ngo abihagarike; ariko ntibyamuhiriye .”

Nzamuye na Ntawumenyumunsi bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi; Shyirambere afungiwe ku ya Runda; naho Dusabeyezu afungiwe ku ya Kiyumba.

CIP Hakizimana yagarutse ku bubi bwa ruswa avuga ko igira ingaruka mbi ku mitangire ya serivisi, ku iterambere n’ubukungu, no ku ishusho rusange y’igihugu.

Yagize ati, “Ruswa ni ikizira muri Polisi y’u Rwanda. Abayitanga kugira ngo bakorerwe ibinyuranyije n’amategeko bamenye ko bazafatwa babihanirwe.”

-6172.jpg

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’i Burengerazuba yibukije ko umuntu utanyuzwe na serivisi ahawe n’umupolisi asabwa kubimenyesha inzego zimukuriye kugira ngo niba yarenganye arenganurwe aho gutanga ruswa.

Yasabye buri wese kwirinda ruswa y’uburyo bwose no gutanga umusanzu mu kuyirwanya atungira agatoki Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe abo acyekaho kuyaka no kuyitanga.

Uhamwe n’iki cyaha ahanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri (2) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza ku icumi (10) z’agaciro ka ruswa yashatse gutanga nk’uko biteganywa n’ingingo ya 640 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

2017-03-26
Editorial

IZINDI NKURU

Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa  Mukayisenga

Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa Mukayisenga

Editorial 12 Jun 2017
Rayon  yarahiye itsemba isano ko  idahawe igikombe yatsindiye  ku mukino uzayihuza na APR ntacyo izafata kuwa Kiyovu

Rayon yarahiye itsemba isano ko idahawe igikombe yatsindiye ku mukino uzayihuza na APR ntacyo izafata kuwa Kiyovu

Editorial 26 May 2017
FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

Editorial 30 Sep 2025
Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Editorial 27 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sylvia Mukankiko si umusazi, ni umurozi urota kumara abadasangiye nawe ubugome
Amakuru

Sylvia Mukankiko si umusazi, ni umurozi urota kumara abadasangiye nawe ubugome

Editorial 19 Nov 2021
Icyo Zari Hassan avuga ku irogwa ry’umugabo we Ivan Ssemwaga
Mu Rwanda

Icyo Zari Hassan avuga ku irogwa ry’umugabo we Ivan Ssemwaga

Editorial 04 Jun 2017
Uganda: Abasirikare bakubise umunyamakuru wa Reuters (Video)
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abasirikare bakubise umunyamakuru wa Reuters (Video)

Editorial 22 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru