• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»I Musanze: Abanyonzi baratabaza kubera imisanzu yabo ngo ikiza umuyobozi wabo gusa.

I Musanze: Abanyonzi baratabaza kubera imisanzu yabo ngo ikiza umuyobozi wabo gusa.

Editorial 28 Apr 2017 Mu Rwanda

Abatwara abantu n’ibintu ku magare (bazwi nk’abanyonzi) mu mujyi wa Musanze bibumbiye muri koperative CVM (Cooperative des vélos de Musanze) baravuga ko bamaze imyaka itatu batanga amafaranga y’umusanzu wa buri munsi ariko ko batazi irengero ryayo, bagashinja abayobozi babo kurigisa aya mafaranga kuko umuyobozi wa koperative ubu yabaye umuherwe.

Umwe muri aba banyonzi utifuje ko umwirondoro we utangazwa mu Itangazamakuru, avuga ko buri munsi batanga igiceri cya 100 Frw gusa ngo ntibazi icyo bayatangira.
Ati “ Hari abo tuyaha baba bari mu muhanda, Gusa njye mbona ntacyo byaba bitumariye mu gihe dukomeje kuyatanga umwaka ugashira undi ugataha ntibatubwire icyo bayamaza.”

Uyu ukora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu ku igare avuga ko bajya kwibumbira muri koperative batanze umugabane shingiro bityo ko n’aya mafaranga 100 Frw batanga buri munsi bakwiye kumenya icyo bayatangira.

Ati “ Njye mbona iryo 100 Frw dutanga ari ayo kubakiza kandi tuba twayabonye tuvunitse.”

Avuga ko umuyobozi wabo atigeze aba umunyonzi, agasaba ko bayoborwa n’abo bakorana kuko ari bo bazi agaciro k’ibyo bakora bakaba baharanira inyungu za koperative aho gukurura bishyira nk’uko abari kubayobora bari kubigenza.

Umuyobozi wa CVM, Casmir Ngayaberura ushinjwa n’abo ayobora gukizwa n’imisanzu yabo avuga ko ayo mafaranga 100 bakwa buri munsi abafasha mu gukodesha inzu bakoreramo no guhemba abakozi.

Ngayaberura avuga ko atari we uyabaka ku giki cye ko ahubwo ari umwanzuro wafashwe n’inteko rusange igizwe n’abanyamuryango bose kugira ngo koperative ikomeze kugira imbaraga.

Avuga ko aba banyamuryango ba koperative bashonje bahishiwe kuko muri Kamena bazahabwa ingurube zo korora.

Uyu muyobozi wa CVM wagarutse ku byo ashinjwa ko akomeje gutera imbere mu buryo budasanzwe kubera iyi misanzu y’abo ayobora, avuga ko ubukungu bwe atari ubwa vuba ku buryo yaba ari gukizwa n’abo ayobora.

Ati ” Kuba ndi umukire ni nk’uko abandi bantu benshi bakize si uko nyobora koperative, ndikorera, yewe mfite byinshi nkuramo amafaranga sibo bankijije rwose uretse n’ibyo mu muryango wacu nta mukene ubamo.”

Yagarutse ku kifuzo cyo gutanga amafaranga atubutse. Ati ” Ntabyo bashobora kuko n’ayo make bayatanga bigoranye, ibyo byifuzo bazabitange mu nteko rusange nibyemeza bizashyirwa mu bikorwa kuko ibyo dukora byose biba ari imyanzuro yafashe.”

-6411.jpg

Umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Ndabereye Augustin avuga ko nk’abanyamuryango ba koperative bakwiye gushakira umuti icyo kibazo bagakora bagamije iterambere, byaba ngombwa inteko yabo yaterana ikaba yakwiga ku buryo bwo kuzigama amafaranga.

Uyinjiyemo atanga 20 500 Frw arimo ay’umwamabaro ubaranga, umusoro, ikarita, umugabane-shingiro, n’ikirango cy’igare(plaque).

2017-04-28
Editorial

IZINDI NKURU

Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare

Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare

Editorial 31 Mar 2017
Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Editorial 05 Sep 2017
Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Editorial 11 May 2021
Hateguwe irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mukino wa Sitting Volleyball.

Hateguwe irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mukino wa Sitting Volleyball.

Editorial 18 Jun 2021
Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare

Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare

Editorial 31 Mar 2017
Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Editorial 05 Sep 2017
Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Editorial 11 May 2021
Hateguwe irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mukino wa Sitting Volleyball.

Hateguwe irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mukino wa Sitting Volleyball.

Editorial 18 Jun 2021
Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare

Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare

Editorial 31 Mar 2017
Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Editorial 05 Sep 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru